Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Myaka 7 Icyayi Cyinjirije u Rwanda Arenga Miliyoni $600 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Mu Myaka 7 Icyayi Cyinjirije u Rwanda Arenga Miliyoni $600 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 May 2024 3:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imibare itangwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, NAEB, ivuga ko mu myaka irindwi ishize, icyayi cyinjije mu isanduku ya Leta Miliyari Frw zisaga 650 ni ukuvuga arenga miliyoni $ 600.

Icyayi ni kimwe mu bihingwa ngengabukungu bikomeye mu Rwanda kuko gihora gisimburana n’ikawa ku mwanya wa mbere mu bihingwa ngengabukungu u Rwanda rwohereza hanze.

Ibihugu u Rwanda rukunze koherereza icyayi ni ibyo muri Aziya nka Pakistan, Ubushinwa na Leta zunze ubumwe z’Abarabu.

Hagati aho kandi u Rwanda rwifatanyije n’amahanga kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe icyayi wizihirijwe mu ruganda rwa Pfunda ruri mu Karere ka Rubavu.

Abahinga icyayi bavuga ko cyabateje imbere kuko hari abarunze miliyoni nyinshi bakuye mu buhinzi bwacyo.

Uwamahoro Josee ni umwe muri abo baturage.

Avuga ko atangira guhinga, yashoye miliyoni Frw 2 yari yagujije.

Avuga ko yatangiye guhinga icyayi mu mwaka wa 2017.

Gukomeza gushora mu cyayi no kucyitaho byazamuye urwego rw’imibereho ye.

Yaguze isambu ya miliyoni Frw 13 kandi ku kwezi abona umusaruro wa miliyoni Frw 1 ku kwezi.

Icyayi gisarurwa buri kwezi nk’uko abahinzi bacyo babyemeza.

Uwo musaruro uri mu bituma abaturage bitabira kugihinga.

Abahinga icyayi ahitwa Rubaya mu Karere ka Ngororero bavuga ko kibinjiriza Miliyari Frw 2 , abanyamuryango ba koperative zigihinga bagakungahara.

Zirimabagabo Jean Bosco ni umwe muri bo.

Avuga ko amafaranga yakuraga mu buhinzi bw’icyayi yakomeje kwiyongera bituma arushaho kugishyiramo amafaranga n’imbaraga.

Umuyobozi mukuru wungirije ushinzwe ibikorwa muri NAEB Urujeni Sandrine yashimye uruhare abahinzi b’icyayi bagira mu guteza imbere ubukungu.

Sandrine Urujeni

Icyo asaba abahinzi b’icyayi ni ukongera ubwiza bwacyo binyuze mu gukoresha neza ifumbire no kurinda ko cyakwangizwa n’ibyonnyi.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Mulindwa Prosper asaba abaturage gukomeza kubyaza umusaruro umutekano igihugu gifite kugira ngo bakomeze bahinge biteze imbere.

Meya Mulindwa Prosper

Mulindwa yaboneyeho gusaba abaturage kuzitabita ‘neza’ amatora ari hafi gukorwa mu Rwanda.

Avuga ko bagomba kuzatora Umukuru w’igihugu uzakomeza kubaha amahoro n’amajyambere bakeneye ngo bakomeze iterambere.

TAGGED:AmadolarifeaturedIcyayiMulindwaPfunda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Elon Musk Arashaka Uwamurangira Ikindi Kigo Agura
Next Article Mwarimukazi Nyiramahirwe Yaje Ahetse Umwana Aje Gutanga Kandidatire
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?