Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Hari Abagizi Ba Nabi Biyise ‘Abamonyo’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Muhanga: Hari Abagizi Ba Nabi Biyise ‘Abamonyo’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 September 2024 10:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Kiyumba mu Karere ka Muhanga haravugwa abantu biyise Abamonyo batega abantu batashye mu kabwibwi bakabambura utwabo bakanabakubita bikomeye.

Bamwe mu batuye ako gace bakoresha umuhanda uva mu isoko rya Rucyeri bavuga ko abo bagizi ba nabi ari benshi kandi iyo hari ushatse kubarwanya bamuteraniraho bakamukorera ibya mfura mbi.

Batera abantu ibyuma bakabakomeretsa bikomeye.

Egide Maniriho yabwiye bagenzi bacu ba Imvaho Nshya ati: “ Urahita uri umuturage bakubonana agasakoshi bagahita bakakwambura bakagatwara, agatelefone na ko ntibashobora kukagusigira baragatwara”.

Yabwiye umunyamakuru ko abo bantu nawe bamuciye urwaho bamwambura icyuma afatisha amajwi.

Ikindi giteye abo baturage impungenge ni uko hafi y’aho ubwo bwambuzi bukorerwa, hari umugezi ku buryo iyo hari umuturage ushatse kubarwanya bashobora kuwumutamo.

Ndetse ngo mu gihe gito gishize hari umugore wahaciye baramwambura abarwanyije baramufata bamuta muri uwo mugezi.

Icyakora abantu baramutabaye bamukuramo agihumeka.

Uhatuye witwa Karangwa ati: “ Aba bantu biyise Abamonyo hari umubyeyi uherutse kuva kuri Mbuye ahura nabo ku buryo bamwambuye bamuta mu mugezi avuza induru ku bw’amahirwe atabarwa n’abandi bari bahanyuze”.

Avuga ko we n’abandi bahatuye batewe impungenge cyane n’abo bantu biyise Abamonyo.

Polisi yarabahagurukiye…

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo Superintendent of Police (SP) Emmanuel Habiyaremye avuga ko abatuye muri icyo gice badakwiye kugira ubwoba kuko ikibazo cy’abo bantu cyahagurukiwe.

Avuga ko hari bamwe muri bo bafashwe, ubu bari gukurikiranwa.

SP Habiyaremye ati: “ lcyo nabwira abo baturage ni uko muri kariya gace tugendeye ku makuru  twahawe na Polisi ihakorera hafashwe abantu 22 barimo n’abahungabanyaga umutekano”.

Yaboneyeho gusaba abakora ibyo bikorwa kubireka kuko Polisi n’izindi nzego bakorana bya hafi mu gutuma Abanyarwanda bose batekana.

Asaba abahatuye kongera imikoranire na Polisi kugira ngo iby’abo Bamonyo bimenyekane neza kandi bikurikiranwe.

Ku rundi ruhande, ku rundi ruhande igiteye abaturage impungenge kurushaho ni uko abo bagizi ba nabi iyo barangije kubahemukira bahita bahungira mu yindi mirenge nka Kayenzi na Kayumba muri Kamonyi.

Bivuze ko icyo kibazo kirenze ubuyobozi bw’Umurenge umwe n’AKarere kamwe.

Ifoto@ Imvaho Nshya

TAGGED:AbagiziAbamonyoKamonyiMuhangaNabiPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Menya Ibice By’Umujyi Wa Kigali Byugarijwe N’Ibiza By’Imvura
Next Article Kigali: Abibiraga Abantu Kuri MoMo Bafashwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?