Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Umunyamategeko Yakatiwe Gufungwa Imyaka 15
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muhanga: Umunyamategeko Yakatiwe Gufungwa Imyaka 15

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 December 2025 8:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ingoro y'urukiko rwisumbuye rwa Muhanga. Ifoto: IGIHE
SHARE

Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwakatiye Umunyamategeko waregwaga n’ubushinjacyaha  gusambanya umwana w’umukobwa igifungo cy’imyaka 15 n’impozamarira ya Miliyoni Frw 1.

Taarifa Rwanda yamenye ko uwo munyamategeko wahamijwe icyo cyaha yitwa Me Kanani Boniface, akaba yashinjwaga n’Ubushinjacyaha kugirira nabi uwo mwana ubwo yari afite imyaka 15 y’ubukure ndetse amutera inda.

Hagati aho habayeho kubihishira kugeza ubwo hari abunguye uwo mwana inama yo kurega.

Ababyeyi b’uyu mwana kandi barembeye mu nzu nk’uko uwo mwana tutavuga amazina yigeze kubibwira itangazamakuru.

Uwamugiriye nabi yamufatanyije n’ubukene bw’iwabo.

K’umugoroba wo kuri uyu Kabiri Tariki 30, Ukuboza, 2025 nibwo uru rubanza rwasomwe, Urukiko rutegeka ko uwahamwe n’icyo cyaha ahita atangira igifungo cye.

Undi bareganwaga witwa Violette Mizero waregwaga ubwinjiracyaha binyuze mu kubera icyitso uwo munyamategeko, yahanishijwe gufungwa imyaka itanu.

Ubushinjacyaha bushobora kujuririra imyaka y’igihano cyatanzwe bushingiye ko ubusanzwe icyaha nk’iki gihanishwa igifungo kirenze iriya myaka ndetse gishobora kugera ku gifungo cya burundu.

Muri Kanama, 2025 ubwo urubanza ruheruka rwabaga, rwashyizwe mu muhezo nyuma y’impaka nyinshi hagati y’Ubushinjacyaha n’abunganzi batatu bari ku ruhande rw’uregwa.

Haburanishwaga k’ubujurire ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye rukaba rwakurikiranaga icyo cyifuzo cy’uwo munyamategeko usanzwe wunganira abandi.

Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Muhanga bwahise bwasaba ijambo bumaze kubona ko iburanisha rigiye gutangira kandi hari bamwe mu bo mu muryango w’uregwa iki cyaha n’abandi bantu harimo n’itangazamakuru n’abunganizi mu mategeko batari baje kunganira mugenzi wabo, buvuga ko ibintu byabera mu muhezo.

Bwashingiraga ku ngingo ya 26/2018 irengera umwana, bukemeza ko iburanisha ribera mu muhezo kuko uwakorewe icyaha ari umwana, bityo ko imibereho bwite ye igomba kubahwa no kurindwa.

Abunganizi batatu bavugaga ko nta mwana uri mu rukiko ndetse ko n’uwo Ubushinjacyaha bwitwaza ko yahohotewe, ubu atakiri umwana ku buryo iburanisha ribera mu muhezo.

Bavugaga ko mu manza zivugwamo abana nta na rumwe Ubushinjacyaha bwigeze busaba ko ruburanishirizwa mu muhezo  kuko zose zaberaga mu ruhame.

Abunganizi bongeyeho ko ibivugwa ‘uyu munsi’ ari iburanisha ku ifunga n’ifungurwa, kandi ko itegeko rivuga ko ribera mu ruhame kugira ngo rubanda rumenye ukuri.

Mu gusubiramo amagambo y’umwe mu bunganizi, UMUSEKE wanditse ko yagize ati: “Ni twebwe, abashinjacyaha n’uregwa, umwana uvugwaho gusambanywa ntabwo ahari, ni iki ubushinjacyaha butinya? Mureke ukuri kujye ahagaragara kuko niryo hame.”

Nyuma y’impaka, Urukiko rwemeje ko iburanisha ribera mu muhezo, rutegeka ko abantu bose bari baje gukurikirana iburanisha basohoka.

Mbere yaho, hari Tariki 15, Nyakanga, 2025, Urukiko Rw’Ibanze rwa Nyamabuye rwari rwemeje ko hari impamvu zikomeye zituma uwo mwunganizi mu mategeko afungwa iminsi 30 y’agateganyo ngo iperereza rikomeze.

Isomwa ry’iki cyemezo ryabaye uregwa icyaha cyo gusambanya umwana ndetse n’abunganizi badahari.

TAGGED:featuredIndaMuhangaUmunyamategekoUmwanaUrubanzaUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rutaremara Agaya Ababyeyi Bahariye Abayaya Uburere Bw’Abana
Next Article Menya Ahaza Kurasirwa Ibishashi Birangiza 2025
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingwe: Inyamaswa Ibayeho Icunganwa N’Intare

Guinée: Bidasubirwaho Mamadi Doumbouya Yatsinze Amatora

Asanga Hakwiye Kujyaho Itorero ‘Ryihariye’ Ry’Abagabo

Menya Ahaza Kurasirwa Ibishashi Birangiza 2025

Muhanga: Umunyamategeko Yakatiwe Gufungwa Imyaka 15

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

Kirehe: Abimuwe Kubera Urugomero Rwa Rusumo Bagiye Gutaha Inzu Nshya

Bunyoni Ararembye

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rutaremara Agaya Ababyeyi Bahariye Abayaya Uburere Bw’Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyeshuri Barasubira Ku Ishuri Guhera Kuri Uyu Wa Gatandatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kamonyi: Abagabo Bahaye Umwana Inzoga Bose Irabica

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Guinée: Doumbouya Yatsinze Amatora 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?