Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muri Amerika Abantu 19 Bahiriye Mu Igorofa Barapfa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Muri Amerika Abantu 19 Bahiriye Mu Igorofa Barapfa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 January 2022 10:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abakora mu rwego rushinzwe ubutabazi  baraye barwana no kuzimya umuriro wibasiye abaturage babaga mu nzu nini bakodesha mu Mujyi wa New York. Abenshi mu bantu 19 bapfuye ni abimukira bakomoka muri Gambia.  Hari abandi 32 bajyanywe mu bitaro by’i New York nk’uko Meya w’uyu Mujyi  Eric Adams yabitangarije BBC.

Umupolisi uyobora ishami rishinzwe kuzimya inkongi muri New York witwa Commissioner Daniel Nigro avuga ko ubwo barebaga muri buri nzu yagezemo umuriro, buri nzu bayisanzemo byibura umurambo umwe.

Ni inzu igeretsse inshuro 19, bivuze ko muri buri nzu igeretse hari umuntu wahaguye kubera umwotsi wamuzibiranyije ukaza kwiyongeraho n’umuriro waje uwuherekeje.

Uyu mugabo yabwiye NBC ko mu myaka 30 ishize, ari bwo bahuye na kiriya cyago gihitanye abantu benshi icyarimwe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibi bibaye hashize igihe gito muri Leta ya Philadelphia inkongi yishe abandi bantu 12, barimo abana umunani.

Inkongi yibasiye abo muri New York yatangiye saa tanu z’ijoro.

Abashinzwe kurwanya inkongi bagera kuri 200 barahuruye ngo batabare itarahitana benshi ariko bahagera irangije kwica abantu 19 abandi 32 bajyanwa kwa muganga.

Kugeza ubu harakekwa ko intsinga zishaje ari zo zashyushye ziteza uriya muriro.

Abashinzwe kuzimya inkongi bagerageje kuyizimya ariko iranga ihitana abantu 19, abandi 32 bajyanwa kwa muganga

Ikindi Polisi ivuga ni uko ubwo uriya muriro wadukaga muri iriya nyubako, rimwe mu madirishya y’icyumba cya mbere wadutsemo ryari rifunguye bituma umwotsi ukwira henshi.

- Advertisement -

Uwabonye ariya makuba ari kuba, avuga ko hari abaturage yabonye bazunguza amaboko batabaza ngo hagire ubatabara inkongi itarabageraho.

Hari n’abashatse gusimbuka ariko babura imbaraga kubera ko bari bafite umwuka mucye.

Kugeza ubu abantu 63 nibo bagizweho ingaruka n’uriya muriro ariko muri bo abantu 32 nibo bajyanywe mu bitaro.

Ikindi gikomeye ni uko abibasiwe n’uriya muriro babaga muri iriya nyubako hafi ya bose bakomoka muri Gambia, kandi bakaba ari Abisilamu.

Iriya nkongi kandi yatumye abantu bibaza niba muri uriya Mujyi uri mu ya mbere ikomeye muri Amerika hatarimo inzu zubatswe zisondetse cyangwa zikaba zishaje cyane k’uburyo zicyeneye gusanwa.

TAGGED:AmerikafeaturedInkongiInzuNew York
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Sena Y’u Rwanda Igiye Kureba Niba Imidugudu Leta Yubakira Abaturage Iba Idasondetse
Next Article Umuyobozi Wa Polisi Ya Mozambique Ari Mu Biganiro N’Ubuyobozi Bwa Polisi Y’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?