Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muri Centrafrique Hatangiye Inama Y’Umushyikirano Igamije Ubwiyunge
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Muri Centrafrique Hatangiye Inama Y’Umushyikirano Igamije Ubwiyunge

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 March 2022 4:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Mbere taliki 21, Werurwe, 2022 muri Repubulika ya Centrafrique hatangiye ibiganiro bigamije guhuza uruhande rwa Leta n’abatavuga rumwe nayo mu rwego rwo gushyiraho inkingi zakubakirwaho amahoro arambye. Icyakora abatavuga rumwe na Leta ntibitabiriye.

Bavuga ko badashobora kwitabira Inama nk’iriya kandi ibyo basabye ko byashyirwa ku rutonde rw’ibyigwa bitarashyizweho.

Kuri iki Cyumweru taliki 20, Werurwe, 2022 nibwo abatavuga rumwe na Leta batangaje ko batazitabira iriya Nama y’Umushyikirano kuko abayiteguye birengagije ibyo babasabye.

Inama y’Umushyikirano igamije ubwiyunge muri Repubulika ya Centrafrique yateraniye mu Ngoro y’Inteko ishinga amategeko ya kiriya gihugu.

Yitabiriwe n’abantu bagera ku ijana barimo n’abahoze bayobora kiriya gihugu barimo Michel Djotodia na Cathérine Samba-Panza n’undi muyobozi w’ingabo wahoze mu nyeshyamba witwa Abdoulaye Hissène.

Uwayoboye Inama yateguye iriya Nama usanzwe ari na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu witwa Obed Namsio yavuze ko kuba abo mu ruhande rutavuga rumwe na Leta batitabiriye iriya nama bibabaje.

Perezida Touadéra we avuga ko n’ubwo abatavuga rumwe na Leta batitabiriye iriya nama, ariko kuba yateranye ubwabyo ari intambwe nziza, izoyengeraho izindi.

Iriya nama izamara iminsi itatu.

Abitabiriye iriya  nama babwiye RFI ko hari icyizere ko hari imyanzuro ifatika kandi yubaka bazageraho mu gihe cy’iminsi itatu bagiye kumara baganira.

TAGGED:CentrafriquefeaturedInamaRwandaUmushyikirano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ambasaderi W’u Bushinwa Mu Rwanda Ucyuye Igihe Yasezeye Perezida Kagame
Next Article Byatangajwe Ko u Burusiya Bumaze Gupfusha Abasirikare Hafi 10,000 Muri Ukraine
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Muzaze Dushimire Imana Ibyiza Yagejeje Ku Gihugu-Amb Murigande

Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Uburundi Bugiye Kubaka Gariyamoshi

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Gisagara: Abashakanye Baravugwaho Kwica Umuntu Muri 2021 Bamuta Mu Bwiherero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC:Abasirikare Basabiwe Gufungwa Imyaka 15 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?