Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muri Ibi Bihe Byo Gufunga Amaduka Kare, Abacuruzi Barabe Maso
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Muri Ibi Bihe Byo Gufunga Amaduka Kare, Abacuruzi Barabe Maso

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 July 2021 8:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kubera ko ingamba zo kwirinda icyorezo COVID-19 muri iki gihe zisaba abacuruzi n’abandi gufunga serivisi saa kumi n’imwe z’umugoroba, abacuruzi by’umwihariko bagomba kuba maso kuko hari abiyitirira Polisi cyangwa DASSO bakabafungira amaduka ngo batinze gufunga.

Aba bantu bakura umutima umucuruzi bamubwira ko abaha akantu bitaba ibyo bagafunga iduka rye.

Biherutse kuba mu tugari twa Muti na Buhoko mu Murenge wa Gashonga, Akarere ka Rusizi aho abasore babiri bafashwe na Polisi nyuma yo guhuruzwa n’abaturage bari  bamaze kumenya ko umwe muri bo(abo basore) yiyitaga umupolisi kandi basanzwe bamuzi.

Abo basore bafashwe ku wa Kane tariki 01, Nyakanga, 2021 saa moya z’umugoroba.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umwe afite imyaka 35 undi akagira imyaka 21.

Abaturage bavuga ko bariya basore bazengurukaga mu nsisiro(quartiers) basaba abacuruzi gukinga bavuga ko bakora mu nzego z’umutekano bari mu bikorwa byo kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiriza yo kurwanya COVID-19.

Aba basore bafashwe biyitiriye Polisi na DASSO

Bamaze kubona ko umwe muri bariya basore basanzwe bamuzi, bamusabye kubereka ikarita y’uko ari umupolisi arayibura.

Batazuyaje, bahise bitabaza Polisi iraza ifata abo bantu bayiyitiriraga hamwe na DASSO.

Umwe muri bo yari afite ingufuri nyinshi yakingishaga inzugi z’abo ashatse.

- Advertisement -

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’i Burengerazuba Chief Superintendent of Police( CIP) Bonaventure Twizere Karekezi avuga ko atari ubwa mbere bariya basore bakoze bene biriya bikorwa kuko ngo tariki ya 30 Kamena bari babikoze mu isanteri ya Vubiro ihuriramo utugari twa Buhokoro na Muti two mu Murenge wa Gashonga.

Aha ho hari n’abaturage bambuye amafaranga umwe bamuciye amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 10( Frw 10 000) undi bamuca ibihumbi 2 ( Frw 2000)bababwira ko nibatayabaha ‘babafungisha amapingu.’

CIP Karekezi yakanguriye abaturage kuba maso bakirinda ababashuka biyitirira inzego z’umutekano, ariko nabo abasaba kutabaha icyuho bakajya bubahiriza amabwiriza yo kurwanya iki cyorezo cya COVID-19 hakiri kare bitabaye ngombwa ko hagira uza kubibibutsa.

Bakimara gufatwa Polisi yahise ibashyikiriza Urwego rw’Igihugu rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Gashonga.

Kwiyitirira urwego bihanwa gute?

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange  Ingingo ya 281 ivuga ko  ‘Umuntu wese wiyitirira urwego’ rw’umwuga wemewe n’ubutegetsi, impamyabushobozi, impamyabumenyi zitangwa n’urwego rubifitiye ububasha cyangwa ubushobozi buhabwa umuntu wujuje ibyangombwa bashyizweho n’urwego rubitiye ububasha, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’ukwezi kumwe (1) ariko kitageze ku mezi atandatu (6) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atanu (500.000 FRW) ariko atarenze miliyoni imwe (1.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

TAGGED:AbacuruziAmadukafeaturedIcyorezoKarekeziPolisiRusizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Bitaro Bya Kibagabaga Ibintu ‘Byahindutse’
Next Article Abibye Equity Bank Bakoresheje ATM, Uko Operation Yo Kubafata Yagenze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?