Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umwarimu Muri Kaminuza ati: ‘Ibiganiro Byacu Byavaga Kubyo Bechir Ben Yahmed Yanditse’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi Rusange

Umwarimu Muri Kaminuza ati: ‘Ibiganiro Byacu Byavaga Kubyo Bechir Ben Yahmed Yanditse’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 May 2021 5:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwarimu wigisha amateka muri za Kaminuza Prof Antoine Nyagahene avuga ko ubwo bigaga Kaminuza mu myaka ya 1970- 1980 ibiganiro byabo ku bibazo bya Politiki, amateka n’ubukungu byashingiraga ku nyandiko Bechir Ben Yahmed(BBY) yandikaga.

Yahmed yaraye atabarutse azize COVID-19, agwa mu bitaro biri i Paris mu Bufaransa aho yari asanzwe aba.

Prof Nyagahene avuga ko mu bihe byabo nta Google cyangwa Wikipedia yabagaho, bityo isoko yabo y’ubumenyi ikaba yari ibitabo n’inyandiko zasohokaga mu binyamakuru bikomeye nka Jeune Afrique.

Ubumenyi bakuragamo nibwo bifashishaga mu bushakashatsi bakoraga, bakabuheraho bandika inyandiko za gihanga.

Ikindi Prof Antoine Nyagahene avuga ni uko bifashishaga Jeune Afrique kuko yo yari hafi yabo kandi ikaboneka mu nzu z’ibitabo kurusha uko ibindi binyamakuru byo mu Isi ivuga Icyongereza byari buboneke.

Yabwiye Taarifa ko kuri uyu wa Kabiri ubwo yumvaga urupfu rwa Bechir Ben Yahmed yumvise ababaye kuko yari umuntu abantu bose bize mu gihe cye bafatanga nk’umuhanga mu gusesengura ibibera muri Afurika no muri Aziya cyane cyane iyo mu Burasirazuba bwo Hagati.

Ngo yari umwe mu ntiti zo mu bihe bye zikiriho.

Kuba yapfuye rero, ngo ni igihombo ku gisekuru cy’ubu n’icyo mu ntiti zize muri za Kaminuza mu gihe cye.

Ubusanzwe ngo mu gihe cya Bechir hari intiti zari zitsimbaraye ku k’ejo, zumvga ko ibintu bigomba gukorwa kinyafurika.

Izi ntiti rero zaje guhura n’igisekuru cy’izindi zari zifite ubushake bwo gukurikiza ibihe byari bigezweho bityo biba ngombwa ko ibisekuru byombi( iby’intiti) bigira aho bihuriza byungurana ubumenyi cyane cyane ku nyungu z’abari bakiri bato.

BBY yari afite inyandiko yabanzaga muri Jeune Afrique yari yarise Ce que je crois(Icyo ntekereza)

Intiti Antoine Nyagahene avuga ko ikindi gishimishije muri iki gihe ari uko urubyiruko rw’ubu rwakangutse rukabona ko igihe cyarwo cyo kwitegerereza Afurika rushaka cyageze.

Kuri we, urubyiruko rw’ubu ntirutekererezwa n’abo hanze gusa ngo ruterere iyo, ahubwo narwo rukora uko rushoboye rugashakira ibihugu byarwo n’Afurika muri rusange umuti w’ibibazo bihari.

Ibi ngo ni umurange wa Bechir Ben Yahmed n’ abandi nkawe kandi azahora abyibukirwaho.

TAGGED:BechirfeaturedNyagahene
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RwandAir Igiye Gusubukura Ingendo I Lusaka N’I Johannesburg
Next Article N’ubwo Guhangana Na COVID-19 Byashyizwemo Ingufu, Inzira Iracyari Ndende-Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?