Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muri Pologne Bibutse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Hashimwe Uwihaye Imana Wabahishe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Kwibuka 28

Muri Pologne Bibutse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Hashimwe Uwihaye Imana Wabahishe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 May 2022 7:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bari kumwe na bagenzi babo batuye muri Pologne, Abanyarwanda baba yo bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaya wa 1994. Baboneyeho no gushimira umufurere( ni umwe mu bihaye Imana) witwa  Stanislaw Urbaniak wahishe bamwe mu Batutsi bahoze batuye muri Ruhango.

Uyu wihaye Imana yakoze igikorwa cy’ubutwari kuko hari bagenzi be nabo bavugaga ko bihaye Imana ariko bagize uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

Muribo harimo umufurere witwa Athanase wahoze akora mu Kigo kita ku bafite ubumuga cy’i Gatagara, ubu ni mu Murenge murenge wa Mukingo, Akarere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo.

Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yakozwe mu minsi 100 ihitana abantu 1,000,000.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubwo muri Pologne bibukaga abayiguyemo  kuri uyu wa Kane, taliki 12, Gicurasi, 1994,hari Ambasaderi w’u Rwanda i Varsovie witwa Prof Anastase Shyaka, hari umujyanama wa Perezida wa Pologne witwa Hon. Jakub Kumoch, Abanyarwanda baba muri Pologne n’inshuti zabo.

Mu biganiro byahatangiwe, hagarutswe ku byago Abatutsi bahuye nabyo ubwo bahigwaga kubura hasi kubura hejuru ngo bashire ariko nanone haganiriwe n’urugendo Abanyarwanda muri rusange bakoze ngo bivane mu ngaruka zayo.

Ambasaderi Shyaka yagize ati: “ Mu myaka 28 ishize, u Rwanda rwerekanye ko kuva mu bibazo ukagera mu bisubizo kandi birambye ari ikintu gishoboka. Abanyarwanda berekanye ko ari  abantu bashobora kwigira , bagakora bagamije kwiteza imbere kandi byose bakabishobozwa n’ubuyobozi bwiza..”

Ambasaderi w’u Rwanda i Varsovie Prof Anastase Shyaka

Shyaka wahoze ari Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu mbere yo kugirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri Pologne avuga ko kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ari inshingano ku Banyarwanda ariko nanone bagaharanira gukora bakiteza imbere.

Abitabiriye uriya muhango bashimye ubutwari bwa Furere Stanislaw Urbaniak ukomoka muri Pologne wahishe Abatutsi bahigwaga bahoze batuye muri mu Ruhango bamwe bakarokoka.

- Advertisement -

Ubutwari bwe bwaje gutuma agirwa Umurinzi w’Igihango, hakaba hari mu mwaka wa 2015.

 

TAGGED:featuredJenosideKwibukaPologneShyakaUwihaye Imana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubufatanye Bwa Canal + Business N’Amahoteli Mu Rwego Rwo Kwakira CHOGM
Next Article Mbere Ya CHOGM, Abamotari Baragirwa Inama…
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Misa Ya Mbere Ya Papa Leo XIV Yasomewe Ku Mva Ya Papa Francis

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?