Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muri Sudani Intambara Yubuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Muri Sudani Intambara Yubuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 April 2023 2:42 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu murwa mukuru wa Sudani witwa Khartoum hiriwe imirwano hagati y’ingabo n’abarwanyi bitwara gisikare. Hari hashize iminsi hari umwuka w’intambara.

Intandaro y’ibi byose ni ikibazo cyakomeje kuburirwa umuti cyerekeranye n’uburyo abasirikare bari k’ubutegetsi bagomba kubuha abasivili.

Abaturage bavuga ko amasezerano abasirikare bari k’ubutegetsi bahaye abaturage avuga igihe giteganyijwe ko ngo bazabasubize ubutegetsi ari ibinyoma.

Bashinja abasirikare kubarerega, igihe kigakomeza kwicuma.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Reuters yanditse ko imirwano yo kuri uyu wa Gatandatu yabereye hafi y’ikigo cya gisirikare kiri Khartoum rwagati.

Abarwanyi bahanganye na Leta bagize umutwe witwa Rapid Support Forces( RSF) bavuga ko bigaruriye ikibuga cy’indege ndetse n’Ibiro by’Umukuru w’igihugu biri mu maboko yabo.

Nta ruhande rudafite aho rubogamiye ruragira icyo rutangaza kubivugwa n’abo barwanyi.

Umuvugizi w’ingabo za Sudani witwa Brig Gen Nabil Abdallah yabwiye AFP ko abarwanyi ba RSF bamaze igihe bagaba ibitero mu bigo bya gisirikare biri hirya no hino mu gihugu.

Gen Nabil ati: “ Imirwano irakomeje hirya no hino ariko ingabo zacu ziri gukora akazi kazo ko gutuma igihugu gitekana.”

- Advertisement -

Hari amakuru avuga ko no mu Majyaruguru ya Sudani intambara iri kubica.

Ni mu Mujyi witwa Merowe.

Umutwe urwanya Leta ya Sudani uyobowe na Gen Mohamed Hamdan Dagalo n’aho ingabo za Sudani ziyobowe na Gen  Abdel Fattah al-Burhan.

Aba basirikare bakuru ntibumvikana ku ngengabihe nyayo y’igihe abasirikare bazahera abasivile ubutegetsi ndetse n’umuntu ukwiye kuzaba umugaba w’ingabo zizaba zahujwe.

TAGGED:AbarwanyiIngaboIntambaraSudani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyarugenge: Bibye Umugiraneza Amafaranga Yari Agiye Kwishyurira Abana
Next Article Irushanwa Ku Kirango Cya Stade Amahoro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?