Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muri UN Impaka Ni Nyinshi Ku Guha Intwaro Centrafrique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Muri UN Impaka Ni Nyinshi Ku Guha Intwaro Centrafrique

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 February 2021 12:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
The United Nations Security Council meets about the situation in Syria at United Nations Headquarters in the Manhattan borough of New York City, New York, U.S., February 28, 2020. REUTERS/Carlo Allegri
SHARE

Ibihugu bigize Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku isi ntibivuga rumwe ku ngingo yo gukomorera Centrafrique ikabona intwaro. Ibi ariko byarakaje Leta ya Centrafrique, yo ikavuga ko bidakwiye ko ikomeza kubaho itagira ingabo zo kuyirindira umutekano

Ku rubuga rwa Facebook rwa Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ya Centrafrique handitse ko itishimiye kuba ikomeje gukomanyirizwa n’amahanga kandi ari igihugu kigomba kurinda ubusugire bwacyo.

Centrafrique igaya amahanga ko atayiha agaciro ngo igire ingabo zayo, ikabigereranya n’uko amahanga yatereranye u Rwanda ubwo UN yakuraga ingabo zayo muri iki gihugu bigatuma Abatutsi barenga Miliyoni bicwa  mu mezi atatu.

Impaka ziri mu Kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku isi ziri mu ngeri ebyiri.

USA, u Bwongereza n’u Bufaransa ntibashaka ko kiriya gihugu gikomorerwa mu gihe u Bushinwa n’ u Burusiya bwo bibishaka.

Leta zunze ubumwe z’Amerika zivuga ko kugira ngo Centrafrique ikomorerwe bisaba ko habanza gusuzumwa niba nta byagenze nabi mu matora aheruka kugira ngo nibiba ngombwa ko gukomanyirizwa bikurwaho, bizakorwe mu mucyo kandi binogeye bose.

U Bufaransa bwo buvuga ko gukomanyirizwa bitakurwaho igihe cyose Centrafrique itaragaragaza ubushobozi bwayo bwo kwicungira umutekano.

U Bushinwa n’u Burusiya bemeza ko gukuriraho Centrafrique ikomanyirizwa mu by’intwaro byayifasha  kwiyubaka nk’igihugu, ikirindira umutekano.

U Burusiya bwongeraho ko bikwiriye ko abarwanya Leta bafatirwa ibihano.

TAGGED:CCentrafriquefeaturedUSA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ntiwagira Agaciro Hari Abo Ugitegeye Amaboko- Tito Rutaremara
Next Article FERWAFA Yasobanuye Urugendo Rw’Amavubi Muri Cameroun
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?