Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Musanze: Polisi Yabatunguye Bari Gukora Inzoga Zitemewe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Musanze: Polisi Yabatunguye Bari Gukora Inzoga Zitemewe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 December 2025 11:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu Tariki 24, Ukuboza, 2025, Polisi ikorera mu Karere ka Musanze k’ubufatanye n’inzego z’ibanze n’abaturage, bafatiye mu cyuho abagabo babiri bari ‘gukora’ inzoga zitujuje ubuziranenge.

Basanganywe litiro zisaga 1250 za muriture, ubu bukaba bumwe mu bwoko bw’inzoga zitemewe zikorerwa mu Ntara y’Amajyaruguru.

Ubusanzwe inzoga zemewe n’amategeko ‘zirengwa’ ariko izitemewe zo ‘zirakorwa’, zigakorwa mu binyabutabire byangiza cyane inyama z’umubiri w’abazinywa.

Ni mu bikorwa byo kurwanya ikwirakwizwa ry’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge bikorerwa mu bice bitandukanye, mu rukerera rw’uyu munsi nibwo mu Midugudu ya Bugesi  mu Kagari ka Mburabuturo na Susa muri Kivugiza mu Murenge wa Muko mu Karere ka Musanze hafatiwe ibyo binyobwa.

Abaturage bongeye kwibutswa ko bakwiye kwirinda kunywa ibitujuje ubuziranenge kuko usibye kuba imvano y’uburwayi butandukanye biba n’intandaro y’umutekano muke n’urugomo.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru Inspector of Police Ignace Ngirabakunzi avuga ko amakuru y’uko abagabo bafashwe bari basanzwe bakora izo nzoga, yatanzwe n’abaturage.

Ati: “Amakuru twamenye ni uko ababikora bo badashobora kubinywa cyangwa ngo babihe abana babo kuko baba bazi ingaruka zabyo. None niba ukora ibyo binyobwa yirinda kubinywa kuko bitujuje ubuziranenge, undi muturage we atinyuka ate kubinywa? Twese dukwiye kumenya ububi bwabyo, tukabirwanya kugeza bicitse.”

Asaba abaturage gukomeza gufatanya n’inzego mu kurwanya ibi binyobwa kuko kubikoresha bigira ingaruka nyinshi bityo kurwanya ababikora bikaba umusanzu wa buri wese.

Polisi ivuga ko ahantu hagaragara ibinyobwa nka muriture n’ibindi bitujuje ubuziranenge ari ho higanza ibyaha byijyanirana n’amakimbirane mu miryango.

Muri rusange, abaturage basabwa kwigengesera mu gihe cy’iminsi mikuru, bakirinda ibisindisha bikomeye kuko byatuma hari abarangiza n’abatangira umwaka nabi.

Ubusanzwe Akarere ka Musanze nta rutoki rwinshi kagira.

Aho ruri ni mu Mirenge ituranye na Nyabihu ahitwa Nkotsi, aha hakaba hafi y’Imirenge ya Rugera na Vunga muri Nyabihu izwiho urutoki.

Inzoga zikorerwa muri Musanze nta mineke zengwamo ahubwo zikorwa mu ruvange rw’ifumbire, amajyane, isukari bakavanga n’amazi ashyirwamo umusemburo bita pakimaya usanzwe ukoreshwa mu mandazi.

TAGGED:InkoranoIntaraInzogaMusanzeNgirabakunzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya
Next Article BRD Yahawe Umuyobozi Mushya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Musanze: Polisi Yabatunguye Bari Gukora Inzoga Zitemewe

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

Minisitiri W’Umutekano Asaba Abaturage Kuzirikana Ko Umutekano Ugira Ikiguzi

Hashyizweho Itsinda Rizakurikirana Uko Kuhira Imyaka Bizakorwa Muri Kayonza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Ntizemerewe Gucumbikirwa Mu Miryango 

Kagame Yibukije Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Ko Ruswa Ikiri Ikibazo

Umukobwa Wo Mu Ruhango Bamusanze Mu Cyumba Cy’Umusore Yapfuye

Ikawa Niyo Yinjirije u Rwanda Menshi Mu Bihingwa Rwagurishije Mu Mahanga

You Might Also Like

Mu Rwanda

Guverineri W’Intara y’Amajyaruguru Asaba Abaturage Kwitabira Gutera Ibiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyarwandakazi Bafite Ubumuga Bwo Kutabona Barataka Kubera Ihohoterwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

RDB Yongereye Amasaha Yo Gufungura Utubari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

DJ Toxxyk Akurikiranyweho Kugonga Umupolisi Agapfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?