Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 September 2025 1:20 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Bivugwa ko yiyahuye kubera ubusinzi bw'uwo bashakanye.
SHARE

Mu Mudugudu wa Bannyisuka, Akagari ka Nyarubuye, Umurenge wa Musanze, Akarere ka Musanze haravugwa urupfu rwa mutwarasibo wiyahuye abitewe no kutihanganira ubusinzi bw’umugore we.

Hari inyandiko bavuga ko ari we wasize uyanditse ikubiyemo icyamuteye kwiyambura ubuzima.

Amakuru Taarifa Rwanda yahawe n’umwe mu banyamakuru bakorera muri Musanze avuga ko muri iyo baruwa( atabashije kugumana kuko inzego zayijyanye) hari handitsemo ko uwo mugabo yari yayigeneye umuhungu we.

Yamwandikiye ko ‘agiye atabanga’ ahubwo ko ari Nyina wamujujubije kubera ubusinzi.

Handitsemo ko uwo mugore ataha hejuru ya saa sita z’ijoro, yagera mu rugo akabuza abantu gusinzira kandi akaba anywera amafaranga y’urugo harimo nayo kwishyurira abana.

Mu byo yibuka byari byanditsemo, umunyamakuru waduhaye amakuru ku byabaye ku wa Kane tariki 04, Nzeri, 2025 avuga ko hari ahagira hati: “Mwana wanjye ndagiye ariko simbaga. Nyoko yantesheje umutwe kandi ndabizi ngiye mwari munkeneye”.

Ikindi ni uko uwo Mutwarasibo wari ufite imyaka 43 y’amavuko mbere yo kwiyahura yabanje kwandikira Umukuru w’Umudugudu ubutumwa bumusezera, amubwira ko ‘umugeni agiye’.

Abamugeze ho bwa mbere bagasanga yapfuye, bavuga ko basanze apfukamye mu ijosi rye harimo umugozi kandi atwikirije igitenge.

Ikindi ni uko umuhungu wa nyakwigendera wahawe ubutumwa na Se, nawe hari ubundi yoherereje Nyina amusaba kuzita kuri barumuna be.

Abaturanyi bavuga ko umuryango wabereyemo iryo shyano wari umaze igihe mu makimbirane, bakemeza ko ahanini yaturukaga ku businzi bw’umugore.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musanze,Twagirimana Edouard nawe yabwiye itangazamakuru ko basanze koko uriya mugabo yapfuye.

Ubugenzacyaha bwatangiye iperereza kuri iki kintu.

TAGGED:featuredKwiyahuraMusanzeUmugaboUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ebola Yagarutse Muri DRC
Next Article Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Ubwongereza: Abantu Biciwe Mu Rusengero Rw’Abayahudi

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Drone Y’Ingabo Za DRC Yagabye Igitero Ku Birindiro Bya AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?