Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nairobi: Inyeshyamba Zirasaba DRC Kuziha Imbabazi Amahoro Agahinda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Nairobi: Inyeshyamba Zirasaba DRC Kuziha Imbabazi Amahoro Agahinda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 December 2022 9:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru aturuka i Nairobi avuga ko abarwanyi bari mu biganiro na Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo biri kubera i Nairobi muri Kenya barasaba ko bahabwa imbabazi na Leta ku byaha bakoze kugira ngo nabo bemererwe gufasha hasi intwaro.

Ni abarwanyi 200 bahagarariye imitwe 50 y’inyeshyamba mu yindi irenga 120 ikorera mu Burasirazuba bwa DRC.

Mu masaha ya nyuma ya saa sita kuri uyu wa Gatatu buri mutwe bitewe n’aho ukorera wavuganye n’Umuhuza Uhuru Kenyatta umubwira ibyo wumva byakurikizwa kugira ngo weemere gushyira intwaro hasi.

Uhuru Kenyatta, Umuhuza mu biganiro biri kubera i Nairobi.

Muri iyo mitwe ariko M23 ntirimo kuko itigeze itumirwa, ikintu ivuga ko kitari gikwiye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ku byerekeye guhabwa imbabazi, Intumwa ya Perezida Tshisekedi yitwa Sèrge Tshibangu yavuze ko guhabwa imbabazi bitazakora mu buryo rusange kandi budafite ikindi bushingiyeho.

Ngo buri ruhande ruzasuzumwa ukwarwo harebwe igikwiye.

RFI ivuga ko yagize ati: “ Ntabwo ibiganiro bya Nairobi bikwiye kuba ahantu ho gusabira imbabazi mu gihiriri. Dufite abantu bacu bishwe kandi abari hano turabyemeranyaho. Ntabwo imbabazi zikwiye kugera kuri bose icyarimwe nk’aho ari ibintu by’ubufindo. Niyo bahabwa imbabazi byaba ari iby’inzibacyuho ariko bakazakurikiranwa.”

Sèrge Tshibangu

Hagati aho Sosiyete Sivile yo ivuga ko imbabazi rusange zidakwiye kuko buri mutwe ufite uruhare mu bibi byakorewe muri kiriya gihugu.

Umwarimu wa Politiki mpuzamahanga muri Kaminuza y’u Rwanda Dr Ismael Buchanan avuga ko gusaba imbabazi iyo bikozwe bivuye ku mutim w’abazisaba bigira akamaro.

- Advertisement -

Avuga ko amahoro ahenda kandi kuyageraho  bisaba ko abafashe intwaro bazishyira hasi.

Ati: “ Iyo abafite uruhare mu ntambara bemeye gushyira intwaro hasi, bagasaba imbabazi kiba ari ikintu gikomeye mu biganiro nka biriya biri kubera i Nairobi. Ni intambwe ikomeye iyo itewe ariko nanone bisaba kuzareba niba ababivuze koko bazabishyira mu bikorwa.”

Dr Buchanan avuga ko mu mishyikirano mpuzamahanga gusaba imbabazi bigira ubumere kandi ko iyo ushaka amahoro hari ibyo bigomwa.

Avuga ko n’ubwo hari abapfushije ababo bashaka ubutabera, ariko iyo basabwe gutanga imbabazi kugira ngo amahoro ahinde, bituma nta bandi bapfa.

Ni ngombwa kandi kuzirikana ko uwapfuye aba atazazurwa ahubwo ko haba hagomba kurindwa ko n’abandi bamukurikira bitewe no gutsimbarara ku k’ejo.

Ku rundi ruhande, Buchanan avuga ko iyo hari abakoze ibyaha by’intambara, bitwikiriye gusaba no guhabwa imbabazi, icyo gihe ikibazo cyabo gisuzumwa ku ruhande, bagakurikiranwa mu nkiko mu buryo bwabo ariko amahoro yo akaba yaragarutse .

TAGGED:DRCfeaturedKenyattaM23Nairobi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Jiang Zemin Wigeze Kuyobora u Bushinwa Yapfuye
Next Article 42% By’Abanyarwanda Bakennye Ni Abahinzi – MINALOC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?