Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ndasaba Abapolisi Kuba Intangarugero Mu Kubahiriza Amategeko- Min Ugirashebuja
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Ndasaba Abapolisi Kuba Intangarugero Mu Kubahiriza Amategeko- Min Ugirashebuja

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 November 2021 1:54 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri Dr Emmanuel Ugirashebuja  wari uhagarariye Perezida wa Repubulika mu muhango wo guha ipeti rya Police Constable abapolisi  barenga 2000 yavuze ko Abapolisi b’u Rwanda bagomba kuba intangarugero mu kubahiriza amategeko kugira ngo abaturage babarebereho.

Minisitiri Ugirashebuja yasabye abapolisi barangije amasomo y’ibanze agenerwa umuntu ugiye muri Polisi y’u Rwanda kwibuka ko ari bo bagomba kubaha amategeko bakayakurikiza kuko ari nabo bashinzwe kureba ko atubahirijwe.

Ati: “Mugomba kwirinda icyo ari cyo cyose cyakwangiza isura nziza ya Polisi y’u Rwanda.

Dr Ugirashebuja yavuze ko Leta y’u Rwanda iharanira ko Polisi igera ku bushobozi bucyenewe kugira ngo ibumbatire umutekano w’abaturage n’ibyabo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Abapolisi barenga 2000 nibo baratangije amasomo yabo

Ibi kandi ngo biracyanewe cyane muri iki gihe kuko abaplisi b’u Rwanda boherezwa no mu mahanga kuhabungabunga umutekano.

Umuyobozi w’Ishuri rya Polisi ry’i Gishari Commissioner of Police( CP) Robert Niyonshuti yavuze ko hari abanyeshuri bamwe batarangije amasomo  bahabwaga kubera impamvu zirimo n’imyitwarire idahwitse.

CP Niyonshuti avuga ko hari n’abatararangije amasomo bagera kuri 57 kubera uburwayi.

Yunzemo ko inshingano z’ishuri ayoboye ari uguha abinjiye muri Polisi ubumenyi bwose bacyeneye kugira ngo bazakore akazi kabo.

Avuga ko batojwe mu buryo bw’ubumenyi no mu buryo bwo gukomeza imibiri yabo ndetse no gukoresha imbunda.

- Advertisement -

Abanyeshuri 57 ntibarangije amahugurwa kubera uburwayi, imyitwarire mibi  n’ibindi

Muri bo harimo abanyeshuri barenga 100 bo muri NISS.

Bize ubumenyi mu bikorwa bya gisirikare, ikoreshwa ry’imbaraga z’umubiri n’imbunda, ubutabazi bw’ibanze, imyitwarire iboneye n’ibindi.

CP Robert Niyonshuti  yavuze ko yizeye ko amasomo bahawe azatuma baba abapolisi beza.

CP Robert Niyonshuti

Yababwiye ko icyo bakoze ari ugutangira akazi kuko amashuri ari imbere.

Abapolisi barangije amasomo ni ab’icyiciro cya 17 bakaba ari 2319, muri bo abagore ni  450.

TAGGED:featuredMinisitiriPolisiUgirashebuja
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Arasaba Leta Y’u Rwanda Kongera Imari Yageneraga Inzego Zita Ku Bana
Next Article Abagore Bo Muri FPR-Inkotanyi Bahuye Ngo Bagire Ibyo Basuzuma
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?