Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nduhungirehe Ati: ‘Nzakoresha Ubunararibonye Mfite Mu Kubanisha u Rwanda N’Amahanga’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nduhungirehe Ati: ‘Nzakoresha Ubunararibonye Mfite Mu Kubanisha u Rwanda N’Amahanga’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 June 2024 3:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Amb Olivier Nduhungirehe yatangaje ko agiye kuzakoresha ubunararibonye afite mu by’ububanyi n’amahanga kugira ngo akomeze kubanisha igihugu cye n’amahanga.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame niwe waraye ahaye Olivier Nduhungirehe inshingano nshya zo kuyobora Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, iyi ikaba imwe muri Minisiteri zikomeye kuko iba ishinzwe gukurikirana uko igihugu kibanye n’amahanga.

Kuri X, Nduhungirehe yanditse ati: “  Mfashe uyu mwanya ngo nshimire Nyakubahwa Perezida wa Repubulika ku cyizere yangiriye angira Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane. Mwijeje kuzakoresha uburambe mfite mu bubanyi n’amahanga no muri politiki, ndetse n’imbaraga zanjye zose mu guteza imbere umubano mwiza w’u Rwanda n’amahanga, nshingiye kuri byinshi byiza byagezweho na Nyakubahwa Minisitiri Vincent Biruta ndetse n’umuryango wacu wa MINAFFET”.

Amb. Olivier Nduhungirehe ni umugabo w’imyaka 49, umenyerewe muri Politiki y’u Rwanda by’umwihariko mu bubanyi n’amahanga.

Yubakanye na Ingabire Virginie, bafitanye abana.

Amashuri abanza yayize mu Rwanda muri APE Rugunga, ayisumbuye ayiga muri Ecole Belge i Kigali.

Kaminuza yize ibijyanye n’amategeko mu Bubiligi muri Kaminuza yitwa Université Catholique de Louvain, ari naho yize icyiciro cya gatatu cya kaminuza, mu ishami ry’icungamutungo rijyanye n’imisoro muri Univerisité Libre de Bruxelles.

Nduhungirehe  yari umwe mu bari bahagarariye u Rwanda mu kanama k’umutekano ku isi (UNSC) mu mwaka wa 2014, ubusanzwe akaba aba mu Ishyaka rya PSD.

Muri 2004 nibwo Minisitiri Nduhungirehe yagarutse mu Rwanda avuye kwiga mu Bubiligi, ahita ajya kwigisha muri Kaminuza ya UNILAK, aho yamaze ukwezi kumwe gusa, kuko yahise ajya gukora muri Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda nk’umujyanama wihariye wa Minisitiri ushinzwe guteza imbere imari n’ishoramari, icyo gihe Minisi yari Prof.Nshuti Manasseh.

Mu myaka yatambutse yigeze kubwira  Izuba Rirashe ati: “Muri 2005 nagizwe Umunyamabanga wihariye wa Minisitiri Murekezi wari uw’ubuhinzi, muri uwo mwaka nabaye umwe mu bagize akanama gashinzwe kuvugurura amategeko y’ubucuruzi, ari nako kashyizeho amategeko anyuranye nk’ashyiraho inkiko z’ubucuruzi n’amategeko agenga ubukemurampaka mu by’ubucuruzi”.

Nyuma yaho gato ni bwo Inama y’Abaminisitiri yo mu kwa gatatu 2007 yamwohereje kuba umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda muri Ethiopia, ahamara imyaka itatu.

Mu kwezi kwa gatanu mu mwaka wa 2010, Inama y’Abaminisitiri yamusabiye  kuba umujyanama wa mbere mu Muryango w’Abibumbye, i New York, akorana na Ambasaderi Eugène Gasana Richard.

Mu mwaka wa 2012 u Rwanda rwatorewe kuyobora Akanama k’umutekano ku Isi, icyo gihe Nduhungirehe  abayo Minisitiri mujyanama.

Mu mwaka wa 2015, Inama y’Abaministiri yamugize umuyobozi w’agateganyo ushinzwe imiryango mpuzamahanga wakoreraga muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga.

Nyuma y’aho, Perezida wa Repubulika yagize Nduhungirehe, Ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi anaruhagararira mu muryango w’ibihugu by’u Burayi (EU).

Amb Nduhungirehe yakoze indi mirimo myinshi irimo kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ushinzwe ibikorwa bya EAC umwanya yavuyeho ajya guhagararira u Rwanda mu Buholandi.

TAGGED:featuredMinisitiriNduhungireheRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article G7 Irigirwamo Uko Imitungo Y’Uburusiya Yafatiriwe Yahabwa Ukraine
Next Article Kenya: Umupolisi Mukuru Yarasiwe Mu Rukiko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Ebola Yagarutse Muri DRC

Musanze: Polisi Yafunze Ahengerwaga Inzoga Yitwa Karigazoke

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?