Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nel Ngabo, Umwe Mu Bahanzi B’Abahanga u Rwanda Rufite
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Nel Ngabo, Umwe Mu Bahanzi B’Abahanga u Rwanda Rufite

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 November 2022 9:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uyu musore ntaramara igihe kinini mu muziki w’Abanyarwanda b’ubu ariko uko bigaragara arakunzwe. Afite ijwi ryiza kandi n’interuro zigize indirimbo ze zumvikanisha ko ziba zikozwe neza n’ubwo hari bamwe mu bakuze batumva amwe mu magambo ye urugero nko ‘gushaka iminanda’.

Ni rimwe mu magambo agize indirimbo yise NYWEEE!

Ufatiye urugero kuri iyi ndirimbo, ubona ko mu myandikire ye hari aho atanga inama zagirira urubyiruko rukiri ku ntebe y’ishuri cyangwa rufite akazi.

Ni inama zisaba abantu kuzinduka bakajya gushaka amafaranga(ibyo  Ngabo yise iminanda).

Avuga ko umusore cyangwa inkumi yazindutse ikajya mu kazi, iyo amafaranga abonetse hari bamwe batangira kubyibazaho, bagatangira kumuryanira inzara, ibi akaba yarabigereranyije no kuvuga ngo ‘Nyweee!’

Ati: “ Tubira ibyuha baruteba, dutigita[tuzinduka] bakiryanye, iyi mihanda iradukanda, turi gushaka ‘iminanda’ none baravuga ngo ‘Nywee!’…”

Nel Ngabo kandi aherutse gukorana indi ndirimbo n’umuraperi witwa Fireman bise ‘Muzadukumbura’.

Iyi nayo afitemo inyikirizo ibaza abantu igihe bazamenyera akamaro k’abahanzi.

Bisa n’aho yabwiraga abakunda umuziki w’Abanyarwanda ko bagombye guha agaciro abahanzi babo, bakabashimira aho kugira ngo bazabashimire ari uko bapfuye.

Arababaza ati: “…Ese muzemera twapfuye?”

Umwe mu bagore bakoze umuziki mu myaka myinshi ishize witwa Butera Knowless aherutse kubira kimwe mu bitangazamakuru byo mu Rwanda ko nawe ashima imiririmbire ya Nel Ngabo.

Knowless yavuze ko muri iki gihe iyo atekereje umuhanzi yumva bakorana indirimbo, Ngabo ari we umuza mu mutwe bwa mbere , ubwo abandi bakaza nyuma.

Ntatinya no kuvuga ko uyu musore ari mu bahanzi batanu asanga bahiga abandi muri iki gihe umuziki nyarwanda ugezemo.

N’ikimenyimenyi baherutse gukorana indirimbo bise ‘Mahwi’.

Indirimbo nshya ‘Mahwi’ ya Butera Knowless na Nel Ngabo mu buryo bw’amajwi yakozwe na Ishimwe Clement( uyu ni umugabo wa Knowless) n’aho  amashusho yayo yafashwe, anatunganywa na Meddy Saleh.

Indirimbo Mahwi iri mu njyana ya Zouk:

TAGGED:ButerafeaturedKnowlessNgaboUmuziki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyuma Y’Ibiganiro Na Kagame, João Lourenço Yaganiriye Na Tshisekedi
Next Article Guverinoma Y’ u Rwanda Isaba Amadini Kuyifasha Mu Kurwanya Imirire Mibi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?