Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngirente Avuga Icyo u Rwanda Rukora Mu Kurinda Ikibaya Cy’Uruzi Rwa Congo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Ngirente Avuga Icyo u Rwanda Rukora Mu Kurinda Ikibaya Cy’Uruzi Rwa Congo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 July 2023 7:52 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yabwiye Abakuru b’ibihugu bituriye uruzi rwa Congo ko u Rwanda rushyigikiye umuhati wabyo wo kubungabunga amazi yarwo.

Hari mu nama yahagarariyemo Perezida Paul Kagame yayobowe na Perezida wa Congo Brazzaville Denis Sassou Nguesso.

Dr Ngirente yavuze ko u Rwanda rufite ubushake bwo gukomeza gushyigikira no gushyira mu bikorwa ibiyakubiyemo.

Mu ijambo yabagejejeho, yavuze ko aho isi igeze muri iki gihe buri wese yibonera ingaruka zo kutita ku bidukikije ngo birindwe ibibyangiza.

Ati: “ Imihindagurikire y’ikirere ni ikibazo kireba isi. Iyi nama ni ingenzi mu kuganira uko ikibaya cy’Uruzi rwa Congo cyabungwabungwa…”

Minisitiri w’intebe w’u Rwanda Dr. Edouard Ngirente usanzwe ari umuhanga mu by’ubukungu avuga ko iyo ikibaya nka kiriya kirinzwe neza, bigira akamaro mu busugire bw’urusobe rw’ibinyabuzima kandi nabyo bikazamura ubukungu bw’isi muri rusange.

Avuga ko ikibaya gikikije uruzi rwa Congo kirimo ishyamba rinini rifatanya n’andi manini ku isi harimo n’ishyamba rya Amazone mu kuyungurura umwuka abantu bahumeka.

Kubungabunga ikibaya nka kiriya kandi ngo bigira akamaro binyuze mu gushyira mu bikorwa ibikubiye mu masezerano y’i Paris agamije kugabanya ibyuka bihumanya ikirere.

Imwe mu ngamba zifasha mu gutuma ikirere kidashyuha ni ukubungabunga amashyamba kimeza.

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yabwiye abandi banyacyubahiro ko u Rwanda rufite gahunda yo gukomeza gutera amashyamba kugeza ubwo azaba ageze kuri 30% y’ubuso bwose bw’u Rwanda.

Inama yo kuri uyu wa Kabiri taliki 18, Nyakanga, 2023 yari yatumijwe na Perezida Denis Sassou Nguesso ngo abayitabiriye baganire uko ibintu byifashe muri iki gihe bityo hategurwe n’Inama y’Abakuru b’ibihugu bifite ibibaya bikora ku nzuzi nini ku isi izabera i Brazzaville mu Congo Brazzaville hagati y’italiki ya 26 n’iya 28, Ukwakira, 2023.

Perezida Nguesso niwe wayoboye iyi nama

Bayise Summit of Heads of State and Governments the Three Basins of Biodiversity Ecosystems and Tropical Forests (S3B EBFT).

Ibyo biyaba ni ibikora ku ishyamba za Amazone, irya Congo, irya Borneo n’iya Mekong.

TAGGED:AmashyambafeaturedIbidukikijeIsiNgirenteUruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kera Kabaye Kigali Pélé Stadium Yabonye Abazajya Bayisukura
Next Article Rwamagana: Guta Inshingano Byatumye Visi Meya Yeguzwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Abaturiye CIMERWA Bagiye Kwimurwa

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?