Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngirente Avuga Icyo u Rwanda Rukora Mu Kurinda Ikibaya Cy’Uruzi Rwa Congo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Ngirente Avuga Icyo u Rwanda Rukora Mu Kurinda Ikibaya Cy’Uruzi Rwa Congo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 July 2023 7:52 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yabwiye Abakuru b’ibihugu bituriye uruzi rwa Congo ko u Rwanda rushyigikiye umuhati wabyo wo kubungabunga amazi yarwo.

Hari mu nama yahagarariyemo Perezida Paul Kagame yayobowe na Perezida wa Congo Brazzaville Denis Sassou Nguesso.

Dr Ngirente yavuze ko u Rwanda rufite ubushake bwo gukomeza gushyigikira no gushyira mu bikorwa ibiyakubiyemo.

Mu ijambo yabagejejeho, yavuze ko aho isi igeze muri iki gihe buri wese yibonera ingaruka zo kutita ku bidukikije ngo birindwe ibibyangiza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “ Imihindagurikire y’ikirere ni ikibazo kireba isi. Iyi nama ni ingenzi mu kuganira uko ikibaya cy’Uruzi rwa Congo cyabungwabungwa…”

Minisitiri w’intebe w’u Rwanda Dr. Edouard Ngirente usanzwe ari umuhanga mu by’ubukungu avuga ko iyo ikibaya nka kiriya kirinzwe neza, bigira akamaro mu busugire bw’urusobe rw’ibinyabuzima kandi nabyo bikazamura ubukungu bw’isi muri rusange.

Avuga ko ikibaya gikikije uruzi rwa Congo kirimo ishyamba rinini rifatanya n’andi manini ku isi harimo n’ishyamba rya Amazone mu kuyungurura umwuka abantu bahumeka.

Kubungabunga ikibaya nka kiriya kandi ngo bigira akamaro binyuze mu gushyira mu bikorwa ibikubiye mu masezerano y’i Paris agamije kugabanya ibyuka bihumanya ikirere.

Imwe mu ngamba zifasha mu gutuma ikirere kidashyuha ni ukubungabunga amashyamba kimeza.

- Advertisement -

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yabwiye abandi banyacyubahiro ko u Rwanda rufite gahunda yo gukomeza gutera amashyamba kugeza ubwo azaba ageze kuri 30% y’ubuso bwose bw’u Rwanda.

Inama yo kuri uyu wa Kabiri taliki 18, Nyakanga, 2023 yari yatumijwe na Perezida Denis Sassou Nguesso ngo abayitabiriye baganire uko ibintu byifashe muri iki gihe bityo hategurwe n’Inama y’Abakuru b’ibihugu bifite ibibaya bikora ku nzuzi nini ku isi izabera i Brazzaville mu Congo Brazzaville hagati y’italiki ya 26 n’iya 28, Ukwakira, 2023.

Perezida Nguesso niwe wayoboye iyi nama

Bayise Summit of Heads of State and Governments the Three Basins of Biodiversity Ecosystems and Tropical Forests (S3B EBFT).

Ibyo biyaba ni ibikora ku ishyamba za Amazone, irya Congo, irya Borneo n’iya Mekong.

TAGGED:AmashyambafeaturedIbidukikijeIsiNgirenteUruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kera Kabaye Kigali Pélé Stadium Yabonye Abazajya Bayisukura
Next Article Rwamagana: Guta Inshingano Byatumye Visi Meya Yeguzwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?