Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngoma: Abanyeshuri Ba Kaminuza Bashumbushije Uwarokotse Jenoside Uherutse Kwicirwa Inka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ngoma: Abanyeshuri Ba Kaminuza Bashumbushije Uwarokotse Jenoside Uherutse Kwicirwa Inka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 April 2022 8:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’inkuru Taarifa yanditse y’uko hari abantu bitwikiriye ijoro bagatema ikimasa akaguru bakagakuraho inyama kikicwa no kuva, hari itsinda ry’Abanyeshuri biga muri Kaminuza y’u Rwanda bamushumbushije.

Kiriya kimasa cyari icy’umuturage witwa Fréderic Gahikire washakanye na Christine Nyirahirwe.

Batuye mu Mudugudu wa Rwakayango, Akagari ka Nyamirambo, Umurenge wa Karembo mu Karere ka Ngoma.

Gahikire yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bene urugo babonye ko ikimasa cyabo kishwe mu gitondo cyo ku  wa Mbere taliki 11, Mata, 2022 bagiye gukama basanga  itako ryabaye inyama, ikiraro cyuzuye amaraso.

Hari ahagana 07h 00′ za mu gitondo  ubwo umwana umwana yugururaga ngo binikize imbyeyi.

Umuyobozi w’Umuryango w’Abanyeshuri biga muri Kaminuza y’u Rwanda witwa DUSAF yitwa Gentil Rwikaza avuga ko nyuma yo kumva akaga uriya mugabo n’umuryango we bahuye nako, we na bagenzi be basanze bagomba gukora uko bashoboye bakamushumbusha.

Ati: “ Twaricaye na bagenzi banjye twigana tubana muri DUSAF twishakamo amafaranga turaterateranya dushaka n’abandi baterankunga, tugura inka yo gushumbusha Gahikire.”

Gentil Rwikaza

Rwikaza avuga ko igitekerezo cyo kumushumbusha bakigize kubera ko bumva ko bikwiye gushumbusha umuntu wahuye na biriya byaho kandi ngo banabikoze muri iyi minsi 100 Abanyarwanda bari kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

- Advertisement -

Avuga ko we na bagenzi be ndetse n’abo bakoranye kugira ngo iriya nka iboneke, bateranya Frw 420,000 bagura inka.

Bavuye i Huye bajya gushumbusha umuturage w’i Ngoma mu Burengerazuba bw’u Rwanda.

Uwashumbushijwe yashimye umutima mwiza bariya banyeshuri bamweretse.

Yavuze ko ubwo basangaga ikimasa cye cyavuye amaraso kigabya, igikuba cyacitse.

Yabwiye RBA ko ubwo yatabazaga, abantu bamutabaye bwangu, kandi ngo byamweretse ko ‘abana n’abantu bazima.’

Fréderic Gahikire

Ikindi ni uko na mbere y’uko aba banyeshuri bamushumbusha, hari bamwe mu baturanyi be bari bamugobotse bamuha ikimasa.

Umuryango DUSAF ni Ihuriro rigari ry’abanyeshuri biga muri Kaminuza y’u Rwanda, baturuka  mu  Turere dutandukanye.

Mu magambo arambuye ni District University Students Association Forum.

Umwe mu bahoze muri DUSAF witwa  Welcome Sebanani yabwiye Taarifa ko DUSAF yashinzwe intego nkuru ari uko abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda bagira uruhare mu Iterambere ry’Uturere baturukamo n’iry’igihugu muri rusange.

Ni Ihuriro ryatangiye mu mwaka wa 2003 ariko ribona ubuzima gatozi mu mwaka wa 2009.

Abo muri iri Huriro bashinze n’Ikigega cyo kucishamo inkunga n’ubwizigame kiswe University Students Agaciro Fund.

Ngoma: Inka Y’Uwarokotse Jenoside Yaciwe Itako

 

TAGGED:DUSAFfeaturedInkaJenosideKaminuzaNgoma
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nimwiza Meghan Yitandukanyije N’Abategura Irushanwa Rya Miss Rwanda
Next Article Ikirere Kibi Cyatumye Indege Ya RwandAir Igushwa Mu Gishanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?