Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngoma: Inka Y’Uwarokotse Jenoside Yaciwe Itako
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ngoma: Inka Y’Uwarokotse Jenoside Yaciwe Itako

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 April 2022 8:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Rwakayango, Akagari ka Nyamirambo, Umurenge wa Karembo mu Karere ka Ngoma hari amakuru yamenyekanye y’uko abantu bataramenyekana batemye itako ry’ikimasa cy’uwarokotse Jenoside barikuraho inyama.

Bene urugo babibonye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere taliki 11, Mata, 2022 bagiye gukama basanga ikimasa cyabo cyapfuye, itako ryabaye inyama, ikiraro cyuzuye amaraso.

Amakuru yatanzwe n’inzego z’ibanze muri kariya gace, avuga ko kiriya kimasa cyari icy’umuturage witwa Fréderic Gahikire washakanye na Christine Nyirahirwe.

Abagizi ba nabi basanze kiriya kimasa mu kiraro bagitema akaguru k’iburyo bakuraho inyama ku itako barigendera.

Kubera kuva amaraso menshi cyaje gupfa.

Ahagana 07h 00′ za mu gitondo nibwo byamenyekanye ubwo umwana yari agiye gukama asanga ikimasa bagitemye bagikuraho inyama nkeya ku itako cyapfuye.

Byabereye mu Murenge wa Karembo, Akagari ka Nyamirambo.

Ikindi kivugwa ko ni uko nyiracyo ari umuturage wacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’i Burasirazuba Superintendent of Police ( SP) Hamdun Twizeyimana yabwiye Taarifa ko biriya byabaye ariko Urwego rw’Ubugenzacyaha rwatangiye gushakisha uwaba cyangwa ababa babigizemo uruhare.

Iki gikorwa  gikozwe mu gihe Abanyarwanda bibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Urwego rw’ubugenzacyaha ruherutse gusaba Abanyarwanda kwibuka ko ikibahuza ari cyo cy’ingenzi kurusha ibindi byose.

TAGGED:AbatutsifeaturedIkimasaInkaJenosideNgomaUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rutsiro: Bafatanywe Ibilo 38 Bya Gasegereti Bacukuye Bitemewe
Next Article Afurika Y’Epfo: Urugomo Rukorerwa Abimukira Rwubuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?