Abaturage icyenda barimo ab’igitsina gabo batandatu n’ab’igitsina gore batatu bishwe n’inkuba yabakubise bavuye guhinga mu kibaya cy’Akagera bakugama mu kazu k’umutekano ikaba ari ho ibakubitira.
Mu bapfuye harimo abana babiri umwe afite imyaka umunani, undi afite imyaka itanu.
Yabakubise bageze ahitwa Mbuye imvura irahabafatira bajya kugama aho hantu nibwo bahahuriraga n’ako kaga.
Kuri uyu wa Mbere nibwo iri bushyingurwe nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi.
Abo baturage bari bavuye mu kibaya cy’akagera guhinga, bageze i musozi ahitwa Mbuye hagwa imvura irimo inkuba, bugama mu kazu k’imboni z’umutekano ari naho yabakubitiye.
Byabereye mu Mudugudu wa Murama, Akagari ka Kibimba, Umurenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma.
Muri rusange abantu iyo nkuba yakubise ni 18 ariko hapfa abantu icyenda.

Abapfuye:
- UWARIBONYE Emmanuel w’imyaka 34, ukomoka mu Mudugudu wa Murama, Akagari ka Kibimba
- HABIYAREMYE Jean w’imyaka 32 wo mu Mudugudu wa Remera, Akagari ka Kigoma
- NSHIMIYIMANA Eric w’imyaka 37 wo mu Mudugudu wa Murama, Akagari ka Kibimba
- NKUNDIMANA w’imyaka 27 wo mu Mudugudu wa Akaziba, Akagari ka Kibimba
- NIYOMUNGERI Elroi w’imyaka umunani, iwabo ni mu Mudugudu wa 08 wa Murama, mu Kagari ka Kibimba
- ISHIMWE Jean Claude w’imyaka 25 wo mu Mudugudu w’Abiyunze, muri Jarama
- MUTONI w’imyaka 25 wo mu Mudugudu wa Mubaha, Akagari ka Kigoma
- BENEGUSENGA Claudine w’imyaka itanu, iwabo ni mu Mudugudu wa 05 Iramiro, AKagari ka Kigoma na
- UWAMARIYA w’imyaka 37 nawe muri Iramiro, muri Kigoma.
Taarifa Rwanda yashatse kuvugana n’Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma Niyonagira Nathalie mu rwego rwo kumenya ubufasha buri buhabwe abo mu miryango yabuze ababo ariko ntibyakunze ko atwitaba ngo agire icyo abivugaho.
Ibi bibaye mu gihe ikigo cy’igihugu cy’ubumenyi bw’ikirere, Meteo Rwanda, mu mpera za 2025 cyatangaje ko muri Mutarama 2026 hateganyijwe imvura iri hagati ya milimetero 50 na 300, ikaba iri hejuru gato y’impuzandengo y’isanzwe igwa muri uku kwezi.
Byavugwaga ko iziyongera cyane cyane mu bice by’Intara y’Uburengerazuba, iy’Amajyaruguru, iy’Amajyepfo, Umujyi wa Kigali, no mu bice bimwe na bimwe by’Intara y’Uburasirazuba.
Ubusanzwe imvura isanzwe igwa mu kwezi kwa Mutarama iri hagati ya milimetero 26 na 269.
Mu gice cya mbere n’icya gatatu cy’ukwezi kwa Mutarama 2026, hateganyijwe imvura izaba iri ku kigero cy’impuzandengo y’isanzwe igwa muri ibyo bice, naho mu gice cya kabiri hateganyijwe imvura iri hejuru gato y’impuzandengo y’imvura isanzwe igwa.
Kubona imvura iguye ukujya kwihisha munsi y’igiti, mu nzu yitaruye izindi, ukitwikira umutaka kandi inkuba ziri gukubita ni ukwishyira mu kaga.
Minisiteri y’ibikorwa by’ubutabazi, MINEMA, ivuga ko inkuba ari cyo kiza kica Abanyarwanda benshi kandi hafi buri mwaka.


