Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngororero: Abana Bavukana Bishwe N’Urukuta Rwabagwiriye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Ngororero: Abana Bavukana Bishwe N’Urukuta Rwabagwiriye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 May 2024 6:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kubera imvura nyinshi yari imaze iminsi igwa amazi akinjira mu nkuta z’inzu, rumwe muri zo rwagwiriye abana bavukana barapfa. Ni abo mu Murenge wa Ndaro, Akarere ka Ngororero mu Ntara y’Amajyaruguru.

Ni urupfu ruvuzwe nyuma y’uko Minisitiri ushinzwe gukumira ibiza n’ubutabazi, (Rtd) Gen Albert Murasira atangaje ko hagati ya Werurwe na Mata, 2024 ibiza byahitanye abantu 49 , abenshi bakaba barazize inkuba.

Abana bahitanywe n’urukuta bo mu Murenge wa Ndabo ni Nyiransabimana Séraphine  w’imyaka 18 y’amvuko na murumuna we Ingabire Marienne w’Imyaka icyenda y’amavuko.

Umunyamabanga w’uyu Murenge yabwiye bagenzi ba UMUSEKE bakorera i Muhanga ko  abo bana bari abakobwa kandi bari baryamye ahagana saa kenda z’amanywa  nibwo urukuta rwamanukaga  rubagwira bari ku buriri rubahitana.

Ati: “Abo bakobwa bombi bahise bapfa, abandi bari baryamye mu kindi cyumba ntacyo babaye ni bazima.”

Avuga ko abo bana bahitanywe n’ibiza ari aba Nkeramihigo Védaste w’Imyaka 53 y’amavuko na Nyirarugero Julienne w’Imyaka 42 y’amavuko, bakaba basigaranye musaza wabo gusa.

Umukuru muri aba yigaga mu mwaka wa  gatatu w’amashuri yisumbuye, undi akaba yigaga mu mwaka wa kabiri w’amashuri abanza.

Ubuyobozi bw’Umurenge buvuga ko imihango yo gushyingura bariya bana yaraye ibaye ku mugoroba wo kuri uyu Gatanu taliki 03, Gicurasi, 2024, inzego zutandukanye z’Akarere ka Ngororero zirimo ubuyobozi bw’Akarere, ingabo, Polisi ndetse na DASSO bakaba bari baje gufata mu mugongo umuryango wagize ibyago.

TAGGED:AbanaDASSOfeaturedNgororeroPolisiUmurengeUrukuta
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article I Goma Hatewe Ibisasu Abahanganye Bitana Ba Mwana
Next Article Serwakira Ikomeye Irototera Kenya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

DJ Toxxyk Hari Ibyo Yemeye Mu Rukiko Ibindi Arabihakana

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Umutoza W’Amavubi Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Amerika Yafashe Ubwato Bibiri Bw’Abarusiya Bwajyaga Muri Venezuela

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?