Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngororero: Aravugwaho Kwica Umugore We Bapfa Ingurube
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ngororero: Aravugwaho Kwica Umugore We Bapfa Ingurube

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 April 2022 12:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Ngororero, Umurenge wa Kavumu hari amakuru avuga ko umugabo witwa Nzamurambaho yishe umugore we witwa Gakuru Janvière amukubise umuhini n’ibuye mu mutwe. Amakuru twamenye ni uko mu minsi ishize uyu mugore yagurishije ingurube umugabo we atabizi.

Bari batuye mu Mudugudu wa Kaziba, Akagari ka Gitwa.

Umugore wishwe yari afite imyaka 32 y’amavuko kandi asize abana batatu, umukuru muri bo afite imyaka 12 , umwana muto akagira imyaka ine.

Babanaga kandi mu buryo bukurikije amategeko nk’uko hari umuturanyi wabo wabibwiye Taarifa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu minsi ishize, Gakuru Janvière yagurishije ingurube umugabo we atabizi, aho abimenyeye birabateranya.

Nyuma yo gutongana bigakomera, umugore yarahukanye ajya iwabo mu Kagari ka Akamurinzi kari mu Murenge wa Kavumu muri Ngororero.

Bidatinze, Nzamurambaho yagiye kumucyura, undi arataha ariko ntarare ku buriri bumwe n’uwo bashakanye.

Umugore yararanaga n’abana be.

Amakuru dufite kandi avuga ko umugabo we yamwishe amusanze ku buriri aho yari aryamanye n’abana.

- Advertisement -

Urupfu rw’uyu mugore abaturage batubwiye ko rwabaciyemo igikuba kuko nta makimbirane bari basanzwe  bazi muri ruriya rugo.

Ikindi ni uko bombi( umugabo n’umugore) batanywaga inzoga, bityo ngo umujinya wateye uriya mugabo kwica uwo bashakanye ukaba watangaje kandi ukanga benshi.

Inzego z’umutekano n’ubuyobozi bw’ibanze bageze aho byabereye bakoresha abaturage inama barabahumuriza.

Abana b’uyu muryango bajyanywe mu muryango wa Se kugira ngo ubabungabunge.

Uvugwaho kwica umugore we, yahise acika, ubu ari gushakishwa ngo agezwe mu butabera.

Muri aka Kagari kandi mu mwaka wa 2021 nabwo umugabo yishe umugore we amuziza ko ‘yamucaga inyuma.’

TAGGED:featuredIngurubeIsukaNgororeroNzamurambahoUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Indege Ya Habyarimana Igwa Ntitwahise Tubimenya-Tito Rutaremara
Next Article Amafoto:Intwaro Abanyaburayi Boherereje Ukraine
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?