Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngororero: Aravugwaho Kwica Umugore We Bapfa Ingurube
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ngororero: Aravugwaho Kwica Umugore We Bapfa Ingurube

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 April 2022 12:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Ngororero, Umurenge wa Kavumu hari amakuru avuga ko umugabo witwa Nzamurambaho yishe umugore we witwa Gakuru Janvière amukubise umuhini n’ibuye mu mutwe. Amakuru twamenye ni uko mu minsi ishize uyu mugore yagurishije ingurube umugabo we atabizi.

Bari batuye mu Mudugudu wa Kaziba, Akagari ka Gitwa.

Umugore wishwe yari afite imyaka 32 y’amavuko kandi asize abana batatu, umukuru muri bo afite imyaka 12 , umwana muto akagira imyaka ine.

Babanaga kandi mu buryo bukurikije amategeko nk’uko hari umuturanyi wabo wabibwiye Taarifa.

Mu minsi ishize, Gakuru Janvière yagurishije ingurube umugabo we atabizi, aho abimenyeye birabateranya.

Nyuma yo gutongana bigakomera, umugore yarahukanye ajya iwabo mu Kagari ka Akamurinzi kari mu Murenge wa Kavumu muri Ngororero.

Bidatinze, Nzamurambaho yagiye kumucyura, undi arataha ariko ntarare ku buriri bumwe n’uwo bashakanye.

Umugore yararanaga n’abana be.

Amakuru dufite kandi avuga ko umugabo we yamwishe amusanze ku buriri aho yari aryamanye n’abana.

Urupfu rw’uyu mugore abaturage batubwiye ko rwabaciyemo igikuba kuko nta makimbirane bari basanzwe  bazi muri ruriya rugo.

Ikindi ni uko bombi( umugabo n’umugore) batanywaga inzoga, bityo ngo umujinya wateye uriya mugabo kwica uwo bashakanye ukaba watangaje kandi ukanga benshi.

Inzego z’umutekano n’ubuyobozi bw’ibanze bageze aho byabereye bakoresha abaturage inama barabahumuriza.

Abana b’uyu muryango bajyanywe mu muryango wa Se kugira ngo ubabungabunge.

Uvugwaho kwica umugore we, yahise acika, ubu ari gushakishwa ngo agezwe mu butabera.

Muri aka Kagari kandi mu mwaka wa 2021 nabwo umugabo yishe umugore we amuziza ko ‘yamucaga inyuma.’

TAGGED:featuredIngurubeIsukaNgororeroNzamurambahoUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Indege Ya Habyarimana Igwa Ntitwahise Tubimenya-Tito Rutaremara
Next Article Amafoto:Intwaro Abanyaburayi Boherereje Ukraine
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Somalia: Al Shabaab Yagabye Igitero Aho Abarwanyi Bayo Bafungiye

Abagendera Muri Rwandair Bazajya Bareberamo ‘Filimi Nyarwanda’

Abaturiye CIMERWA Bagiye Kwimurwa

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Kigali: U Rwanda Ruraganira Na Afurika Uko Politiki Ya ICT Yahuzwa

Abanya Venezuela Bari Guhabwa Intwaro Zo Kuzahangana Na Amerika

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Perezida Kagame Yashimiye Abanyarwanda Bafannye Igare

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Tigers BBC Yatwaye Bwa Mbere Igikombe Cya Rwanda Cup

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaImibereho Y'Abaturage

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?