Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ni Iki Leta Iteganya Mu Gukumira Inkangu Ziyongera Mu Bihe By’Imvura?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ni Iki Leta Iteganya Mu Gukumira Inkangu Ziyongera Mu Bihe By’Imvura?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 November 2023 3:50 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Intara y’Uburengerazuba n’iy’Amajyaruguru zikunze kwibasirwa n’inkangu mu gihe cy’imvura nyinshi. Iyo zidafunze imihanda ngo urujya n’uruza ruhagarare, hari ubwo zihitana abahisi n’abagenzi baba abari ku binyabiziga cyangwa bagendesha amaguru.

Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubwokorezi, Rwanda Transport Development Agency, Imena Munyampenda yabwiye Taarifa ko mu mihanda mishya iri kubakwa hazashyiraho uburyo bwo kugabanya ubuhaname bw’ahakikije imihanda mu rwego rwo kugabanya ubukana bw’amazi aritura imisozi.

Ahereye ku mihanda mishya yuzuye n’iri hafi kuzura mu bice bya Muhanga-Nyange-Rubengera, Munyampenda avuga ko mbere yo gutangira kuyubaka babanza gukora inyigo ku buhaname buzaba buyikikije n’icyakorwa ngo butazaba intandaro y’inkangu.

Yabwiye Taarifa ati: “ Mbere y’uko imirimo nyirizina yo kubaka umuhanda itangira, habanza gukorwa inyigo ijyanye n’uko ahantu umuhanda uzanyura hateye, ubutaka bwaho n’ibindi bitandukanye kugira ngo amakuru avuyemo azifashishwe mu kumenya ahantu runaka n’imirimo igomba kuhakorwa.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Imena Munyampenda

Avuga ko by’umwihariko, ahantu hahanamye, hari ubutaka bworoshye kandi hakunda kugwa imvura nyinshi ku buryo biteza inkangu (landslides) nko ku muhanda wa Rubengera-Muhanga uri kuvugururwa no kwagurwa ndetse no ku yindi mishinga yo kubaka, kuvugurura no kwagura imihanda itandukanye, hari ibikorwa  ngo hirindwe inkangu.

Ibi birimo kugabanya ubuhaname bw’ahantu hashobora guteza inkangu, gushyira inkuta aho bikenewe, kuhatera ibyatsi, ibiti n’amashyamba kuko imizi yabyo ifata ubutaka, gukora imiyoboro y’amazi yaba iyihagaze (imanukira mu misozi) ndetse n’iyitambitse mu mpande z’umuhanda.

Imena Munyampenda avuga ko ibyo byunganirwa n’ubukangurambaga bukorerwa abaturage bubasaba gusibura imirwanyasuri, kuyiteraho ibyatsi bifata ubutaka, gusibura imiferege imanura amazi hirindwa ko yaba menshi agasenya umuhanda n’ibindi.

U Rwanda rufite intego yo gushyira imihanda ahabugenewe henshi uko bishoboka mu rwego rwo koroshya ubuhahirane.

Muhanga: Imihanda Ihuza Amajyepfo N’Uburengerazuba Igeze Kure Ikorwa

- Advertisement -
TAGGED:featuredInkanguMunyampendaUmusozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inteko Y’Umuco Iti: ‘ Twari Tuzi Ko Imbwa Ariyo Irya Umuntu, Umuntu Atarya Imbwa!”
Next Article U Rwanda Rwahisemo Kuba Igihugu Buri Wese Yakwifuza Gusura- Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?