Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nicolas Sarkozy Wayoboye u Bufaransa Yakatiwe Gufungwa Umwaka Umwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Nicolas Sarkozy Wayoboye u Bufaransa Yakatiwe Gufungwa Umwaka Umwe

Last updated: 30 September 2021 1:42 pm
Share
SHARE

Urukiko rw’i Paris rwakatiye Nicolas Sarkozy gufungwa umwaka umwe, nyuma yo kumuhamya ibyaha byo gukoresha amafaranga y’umurengera ubwo yiyamamarizaga gukomeza kuyobora u Bufaransa mu 2012, ariko agatsindwa na François Hollande.

Urukiko rwafashe iki cyemezo kuri uyu wa Kane, mu gihe mu mezi atandatu ashize nabwo Sarkozy w’imyaka 66 yahawe ikindi gifungo cy’umwaka umwe, mu rubanza yaregwagamo ibyaha bya ruswa.

Yahamijwe ko mu guhatanira gukomeza kuyobora u Bufaransa nubwo bitamuhiriye, yakoresheje amafaranga yenda gukuba kabiri miliyoni 22.5 z’amayero zateganywaga n’itegeko nk’umubare ntarengwa.

Ayo mafaranga ngo yakoreshwaga mu gutegura ibikorwa byo kwiyamamaza, ubundi aza guha akazi Bygmalion nk’igishinzwe ibikorwa bye.

Icyo kigo cyashinjwe ko cyagendaga gitanga inyemezabwishyu zidahuye n’ukuri, hagamijwe guhishira ikiguzi nyayo cy’ibikorwa bye byo kwiyamamaza.

Umucamanza yahamije Sarkozy ko yari abizi neza ko abashinzwe kumwamamaza barimo kurenza ingano y’amafaranga yateganyijwe n’itegeko, ariko ntiyafata umwanya ngo abikurikirane.

Ubushinjacyaha bwari bwasabye ko yahanishwa igifungo cy’amezi atandatu muri gereza n’andi mezi atandatu asubitse, n’ihazabu y’amayero 3,750.

Mu cyemezo cy’urukiko ariko ntabwo Sarkozy azafungwa, ahubwo rwamwemereye ko uriya mwaka ashobora kuwumara ari hanze.

Umunyamategeko Thierry Herzog wunganira Sarkozy yahise atangaza ko bazajuririra kiriya gihano. Ntabwo Sarkozy yari mu rukiko ubwo icyemezo cyatangazwaga.

Mu gihe urukiko mu bujurire rwakomeza kumuhamya icyaha, bivuze ko kiriya gihe Sarkozy yakimara iwe mu rugo, akambikwa igikomo gituma aho ari hagenzurwa.

TAGGED:AmatorafeaturedNicolas SarkozyParis
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Idamange Yakatiwe Imyaka 15 Y’Igifungo
Next Article Agahinda Ko Kurerwa N’Umubyeyi Ufite Uburwayi Bwo Mu Mutwe BUKOMEYE
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?