Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nicolas Sarkozy Wayoboye u Bufaransa Yakatiwe Gufungwa Umwaka Umwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Nicolas Sarkozy Wayoboye u Bufaransa Yakatiwe Gufungwa Umwaka Umwe

admin
Last updated: 30 September 2021 1:42 pm
admin
Share
SHARE

Urukiko rw’i Paris rwakatiye Nicolas Sarkozy gufungwa umwaka umwe, nyuma yo kumuhamya ibyaha byo gukoresha amafaranga y’umurengera ubwo yiyamamarizaga gukomeza kuyobora u Bufaransa mu 2012, ariko agatsindwa na François Hollande.

Urukiko rwafashe iki cyemezo kuri uyu wa Kane, mu gihe mu mezi atandatu ashize nabwo Sarkozy w’imyaka 66 yahawe ikindi gifungo cy’umwaka umwe, mu rubanza yaregwagamo ibyaha bya ruswa.

Yahamijwe ko mu guhatanira gukomeza kuyobora u Bufaransa nubwo bitamuhiriye, yakoresheje amafaranga yenda gukuba kabiri miliyoni 22.5 z’amayero zateganywaga n’itegeko nk’umubare ntarengwa.

Ayo mafaranga ngo yakoreshwaga mu gutegura ibikorwa byo kwiyamamaza, ubundi aza guha akazi Bygmalion nk’igishinzwe ibikorwa bye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Icyo kigo cyashinjwe ko cyagendaga gitanga inyemezabwishyu zidahuye n’ukuri, hagamijwe guhishira ikiguzi nyayo cy’ibikorwa bye byo kwiyamamaza.

Umucamanza yahamije Sarkozy ko yari abizi neza ko abashinzwe kumwamamaza barimo kurenza ingano y’amafaranga yateganyijwe n’itegeko, ariko ntiyafata umwanya ngo abikurikirane.

Ubushinjacyaha bwari bwasabye ko yahanishwa igifungo cy’amezi atandatu muri gereza n’andi mezi atandatu asubitse, n’ihazabu y’amayero 3,750.

Mu cyemezo cy’urukiko ariko ntabwo Sarkozy azafungwa, ahubwo rwamwemereye ko uriya mwaka ashobora kuwumara ari hanze.

Umunyamategeko Thierry Herzog wunganira Sarkozy yahise atangaza ko bazajuririra kiriya gihano. Ntabwo Sarkozy yari mu rukiko ubwo icyemezo cyatangazwaga.

- Advertisement -

Mu gihe urukiko mu bujurire rwakomeza kumuhamya icyaha, bivuze ko kiriya gihe Sarkozy yakimara iwe mu rugo, akambikwa igikomo gituma aho ari hagenzurwa.

TAGGED:AmatorafeaturedNicolas SarkozyParis
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Idamange Yakatiwe Imyaka 15 Y’Igifungo
Next Article Agahinda Ko Kurerwa N’Umubyeyi Ufite Uburwayi Bwo Mu Mutwe BUKOMEYE
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?