Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nidufatanya tuzatsinda imbogamizi k’umutekano muri EAC- Gen J.Jacques Mupenzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nidufatanya tuzatsinda imbogamizi k’umutekano muri EAC- Gen J.Jacques Mupenzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 December 2020 9:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka Lt Gen Jean Jacques Mupenzi wari umushyitsi mukuru mu muhango wo gutangiza ibiganiro by’abakuru b’ingabo zigize Umutwe w’ingabo zihora ziteguye gutabara (East African Standby Force), yavuze ko ubufatanye buhamye ari bwo buzatuma umutekano usesuye ugerwaho.

Gen Mupenzi yashimye bagenzi be uruhare bagira mu kugarura amahoro n’ubwo hakiri umutekano muke mu duce two mu Ihembe ry’Afurika no muri bimwe mu bihugu bya EAC nka DRC.

Yagize ati: “ Agace dutuyemo gakomeje kugaragaramo umutekano muke cyane cyane mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Kongo ndetse no mu Ihembe ry’Afurika. Ubufatanye buhamye n’imbaraga tubishyiramo nibyo bizatuma dutsinda imbogamizi ku mutekano muke.”

Yavuze ko ikindi gikenewe ari ugukurikiza umuyoboro bahawe n’Abayobozi bo muri Afurika yunze ubumwe kuko ari bo bashinzwe gushyiraho Politiki zigamije amahoro n’iterambere ry’Afurika.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Lieutenant General Jean Jacques Mupenzi yarangije ijambo rye asaba ibihugu byose bigize uriya mutwe w’ingabo kubahiriza ibyo byiyemeje kugira ngo intego zawo zigerweho.

Umuyobozi w’Umutwe w’Ingabo zo mu Karere k’Afurika y’i Burasirazuba zihora ziteguye gutabara(EASF) Brigadier Gen   Shifewaw Zaifa Gatechew ukomoka muri Ethiopia yabwiye itangazamakuru ko n’ubwo muri aka karere hakiri umutekano muke, ariko bakora uko bashoboye kugira ngo hagaruke amahoro.

Avuga ko bikorwa binyuze mu kuganira n’abafata ibyemezo bya Politiki ariko nabo bagahora biteguye  ko aho byaba ngombwa ko batabara babikora bidatinze.

Abari muri iyi nama bararebera hamwe uko ingengo y’imari y’umwaka ushize yakoreshejwe n’uko iy’umwaka utaha izakoreshwa nyuma babifateho ibyemezo.

Barareba kandi uko icyorezo COVID-19 cyagize ingaruka ku mikorere yabo n’icyakorwa ngo bakomeze akazi kabo n’ubwo iki cyorezo cyaba kitaracika.

- Advertisement -

Iyi nama ibaye ku nshuro ya 28 ikaba izarangira taliki 17 Ukuboza, 2020 nyuma yayo ku wa Gatanu taliki 18, Ukuboza, 2020 hakazaba inama izahuza ba Minisitiri b’ingabo nab’umutekano bo mu bihugu bigize ririya huriro.

Nta ntumwa u Burundi bwohereje
CG Rwigamba Georges uyobora RCS
Umuyobozi wungirije wa Polisi y’u Rwanda DIGP Juvenal Marizamunda
Lynder Nkuranga, umuyobozi mukuru wungirije mu rwego rw’igihugu rw’iperereza(NISS) ushinzwe iperereza ryo hanze
Uganda yari ihagarariwe

Photos@Kigali Today(Flickr)

TAGGED:EASFfeaturedIngaboKigaliMupenziNkurangaZaifa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda yasabye Google guhagarika imbuga za YouTube ivuga ko zangisha Leta abaturage
Next Article ‘Umukiliya utishimye’ yandikiye MTN ibaruwa mu nyuguti zitukura ayinenga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?