Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nkusi Arthur Yihanganishije Umukunzi We Ushinja Dr Kayumba Gushaka Kumufata Ku Ngufu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Nkusi Arthur Yihanganishije Umukunzi We Ushinja Dr Kayumba Gushaka Kumufata Ku Ngufu

Last updated: 28 March 2021 7:51 am
Share
SHARE

Umunyarwenya Nkusi Arthur yihanganishije umukunzi we Fiona Muthoni Ntarindwa, ushinja Dr Kayumba Christopher wahoze ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda gushaka kumukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato.

Ku wa 17 Werurwe nibwo Salva Kamaraba yanditse kuri Twitter ubutumwa bwa mugenzi we ushinja Dr Kayumba gushaka kumuhohotera amwigishaga muri kaminuza mu 2017.

Ku wa Gatanu Ntarindwa ukora kuri televiziyo CNBC yemeje ko ubwo butumwa ari ubwe, avuga ko bifata igihe gushyira ahabona ihohoterwa wakorewe kubera ko “uba wumva uri wenyine, nta muntu ushobora kukumva cyangwa ngo yizere ibyo uvuga.”

Umukunzi we Nkusi Arthur na we w’umunyamakuru, yifashishije Twitter yagize ati “Nshuti, ntewe ishema n’imbaraga n’umuhate wagize! Ndakwizera. Ndagushyigikiye.”

Babe, I’m so proud of your strength and courage! I believe you. I support you. https://t.co/pokuCkqJPx

— Arthur Nkusi (@ArthurNkusi) March 27, 2021

Uretse kuba ari umunyamakuru, Fiona Ntarindwa yanitabiriye Miss Rwanda 2015 na Miss Africa 2017.

Mu 2017 nibwo ngo yasabye kwimenyereza umwuga mu Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, RBA, ku ibaruwa yanditse ashyiraho Kayumba wamwigishaga.

Dr Kayumba ngo yahamagaye Ntarindwa kuri telefoni ari ku wa Mbere mu gitondo, amubwira ko kuri RBA bamubajije niba yamubarangiramo umuntu wahabwa umwanya wo kwimenyereza umwuga. 

Ngo yamurangiye i Remera ngo amusangeyo amugire inama amuhe n’ibaruwa azitwaza, agiye kumureba azi ko ari mu biro, yisanga ageze mu rugo rwe.

Uwo mukobwa ngo yasanze Kayumba asa n’uwasinze, ashatse guhita agenda undi atangira gukoresha imbaraga.

Ati “Yarankuruye ansunikira ku ntebe ashaka kumpatira kuryamana na we. Narabyanze, ambwira nabi anantera ubwoba ko azangiza ejo hanjye hazaza n’amahirwe yose nari mfite yo kuba umunyamakuru mu Rwanda.”

Kubw’amahirwe yaramucitse kubera ko Kayumba ngo yari yasinze.

Ni ibibazo byateye Mutoni ihungabana, noneho kubera ko yari n’umuyobozi w’abanyeshuri biganaga, yahuraga kenshi na Kayumba kandi badashobora kurebana mu maso cyangwa kuvugana.

Ati “Mu ishuri byarangoraga cyane kwiga, kugeza ubwo byageze no ku kibazo yabazaga mu ishuri najya gusubiza ntampe amahirwe, cyangwa njye nagira icyo mbaza ntansubize, akakinyura ku ruhande.”

Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, ruheruka guhamagaza Dr Kayumba, ahatwa ibibazo kuri ibyo birego ashinjwa.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Dr Kayumba yagaragaje ko atari azi umukobwa wamureze, ndetse ko ibyo avuga ari ibinyoma. Ahubwo ngo yiteguye kumujyana mu nkiko amushinja gusebanya.

Ati “Uzabaze abazi neza iby’ihohoterwa bazakubwira ko uwahohotewe adashaka no kumva izina ry’uwamuhohoteye uretse no kumuhamagara cyangwa ngo amutumire mu biganiro ayobora. Biteye isoni kubeshya ko namuhohoteye 2017 agakomeza kuntumira mubiganiro, 2018, 2019.”

Kayumba yanavuze ko bakomeje kuvugana, ashaka no gukora mu kinyamakuru cye.

Fiona Ntarindwa ni umunyamakuru wa CNBC
Nkusi Atrhur akora kuri Radio Kiss FM
Nkusi na Fiona bamaze igihe batangaje ko bakundana
TAGGED:Dr Kayumba ChristopherfeaturedFiona Muthoni NtarindwaNkusi Arthur
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ninde Utakorera Ubutasi Igihugu Cye Akunda?
Next Article AU Yasabye U Rwanda Kongera Amasezerano Yo Kwakira Impunzi Zaheze Muri Libya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Abatanga Ubutabera Bajye Basura Amahanga Barebe Uko Bigenda-Sosiyete Sivile

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tchad: Hadutse Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?