Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nta Gishengura Nko Kutamenya Aho Abawe Bari- Hon Mukabalisa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nta Gishengura Nko Kutamenya Aho Abawe Bari- Hon Mukabalisa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 April 2023 3:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’Inteko ishinga amategeko, Umutwe w’Abadepite, Hon Donatille Mukabalisa yabwiye abagiye kwibuka Abatutsi biciwe i Kinazi mu mwaka wa 1994 ko abantu bafite ababo batazi aho biciwe ngo babashyingure, bashengurwa n’agahinda.

Abafite ababo biciwe i Kinazi n’inshuti zabo baraye yo mu ijoro ryo kwibuka ryakurikiwe no gushyingura imibiri igera kuri 40.

Perezida w’Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda Hon Donatille Mukabalisa wari umushyitsi mukuru yongeye kwibutsa abazi aho imibiri y’Abatutsi bazize Jenoside yajugunywe ko bahavuga kugira ngo abahafite ababo baruhuke umutima.

Yagize ati: “  Iyo ubashije gushyingura uwawe uba uruhutse kuko nta kintu gishengura umutima nko kuba utazi aho abawe bari. Gushyingura uwawe bitanga ituze.Tuzakomeza kugaragaza ukuri kwacu, kugeza igihe ikinyoma kizaba kitagifite umwanya”.

Abatutsi biciwe i Kinazi bishwe urupfu rubi kubera ko hari abaharokokeje bavuga ko hari impunzi z’Abarundi zabaga hafi aho  zokeje zimwe mu nyama z’imibiri y’Abatutsi zikazirya.

Urwibutso rwa Kinazi ruruhukiyemo imibiri y’Abatutsi bagera ku 65.000.

Hahoze ari muri Komini Ntongwe muri Perefegitura ya Gitarama.

Abahiciwe bari Abatutsi bari bavuye mu bice bitandukanye birimo ahitwa Gisari, Kibanda, Kinazi, Rutabo, Nyakabungo, Nyarurama  n’ahandi.

Abarokokeye i Kinazi bavuga ko muri iki gihe biyubatse kandi bafite icyizere cyo kubaho no gutera imbere kurusha ikindi gihe icyo ari cyo cyose.

Bashimira Inkotanyi zabarokoye kandi bakavuga ko batazigera batatira igihango bagiranye nazo.

TAGGED:AbatutsifeaturedHuyeIntambaraJenosideKinaziMukabalisaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Y’u Rwanda Yahuguye Iya Sudani Y’Epfo
Next Article ‘Mwana Ukundwa’: Gahunda Yo Kugabanya Igwingira Muri Nyamasheke
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?