Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ntabwo Kugaruka Ku Igifaransa Mu Rwanda Ari Ikibazo Ku Bwongereza-Amb Lomas
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Ntabwo Kugaruka Ku Igifaransa Mu Rwanda Ari Ikibazo Ku Bwongereza-Amb Lomas

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 June 2021 1:05 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibi ni ibyemezwa na Ambasaderi w’u Bwongereza ucyuye igihe mu Rwanda Madamu Jo Lomas mu kiganiro yahaye abanyamakuru, agira ngo ababwire ibyo atashye akoreye igihugu cye mu Rwanda.

Ambasaderi  Jo Lomas yavuze ko mu myaka irenga itatu yari amaze ahagarariye igihugu cye, yakoze byinshi birimo ibikorwa by’iterambere, avuga ko kimwe mu byo yishimira ari uburyo u Bwongereza bwafashije u Rwanda kwitegura CHOGM n’ubwo itaraba kubera COVID-19.

Yavuze ko u Rwanda ari umufatanyabikorwa mwiza w’u Bwongereza haba mu iterambere cyangwa mu bindi bifitiye ibihugu byombi akamaro.

Muri byinshi yagarutseho yavuze u Bwongereza bwagizemo uruhare mu iterambere ry’u Rwanda harimo gufasha ubuhinzi, uburezi n’ibindi.

Ibice u Bwongereza bwateyemo u Rwanda inkunga

Ntabwo duhanganye n’u Bufaransa mu Rwanda…

Jo Lomas yabajijwe niba kuba u  Bufaransa bugarutse  mu Rwanda nta mpungenge bibateye, yavuze ko nta kibazo Abongereza bafitanye n’Abafaransa mu Rwanda ahubwo ngo ni akarusho ku Rwanda.

Kuri we, kuba u Rwanda ari igihugu kivuga Icyongereza n’Igifaransa ubwabyo ni akarusho kuko bizarufasha kwagura amarembo.

U Bufaransa bwiyemeje kongera kuba umufatanyabikorwa w’u Rwanda

Yatanze urugero rw’uko kuba Louise Mushikiwabo ayobora Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa ari iby’agaciro ku Rwanda kandi n’u Rwanda rukaba rusanzwe ruri muri Commonwealth.

Kuba BBC Itarakomerwa Ntibidushimisha…

 Madamu Jo Lomas yabajiijwe niba kuba BBC itarakomorerwa ngo yongere ikorere mu Rwanda atari ikibazo, yasubije ko ari kimwe mu bintu agiye bidatunganye ariko akemeza ko yasize hari ibiganiro kandi yizeye ko bizakomeza.

Radio BBC yahagaritswe mu Rwanda mu mwaka wa 2015 nyuma ya filimi mbarankuru yatumye havuka umwuka mubi hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza.

Leta y’u Rwanda kuva icyo gihe yahise ifata umwanzuro w’uko iriya Radio y’Abongereza itazongera kuvugira ku mirongo ya FM mu Rwanda.

 Dusize umubano w’u Rwanda n’u Burundi uri kuzamuka…

Indi ngingo yavuzeho ni iy’uko asize u Rwanda n’u Burundi bibanye neza n’ubwo hakiri ibitaranoga.

Madamu Lomas yari ahagarariye u Bwongereza mu Rwanda no mu Burundi.

Yavuze ko u Burundi buri gukora uko bushoboye ngo bujye mu murongo w’iterambere no ukubana neza n’abaturanyi, by’umwihariko u Rwanda, kandi ngo u Bwongereza buzakomeza gukorana n’ubuyobozi bw’ibihugu  byombi kugira ngo umubano w’ibihugu byombi urusheho kunoga.

Jo Lomas avuze ibi mu gihe hatarashira igihe kinini hari abantu bateye u Rwanda baturutse i Burundi nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda.

N’ubwo u Burundi bwabihakanye, ibikoresho byeretswe itangazamakuru byerekana ko hari imirambo y’abantu barashwa bava mu Burundi bateye u Rwanda ndetse hari n’ibikopo birimo ibiribwa byanditseho ko bisanzwe bigenewe ingabo z’u Burundi ndetse ko zabiguze mu Bushinwa.

Madamu Jo Lomas azasimburwa na Bwana Omar Daair.

TAGGED:AmbasaderiBurundiBwongerezaCHOGMfeaturedLomasRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Abafaransa Bashaka Gufasha U Rwanda Guca Abigana Amashusho Y’Abandi
Next Article Umuturage Wa Uganda ‘Yiyise Umunyarwanda’ Ngo Atekere Umutwe Ab’I Dubai
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?