Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ntabwo Kugaruka Ku Igifaransa Mu Rwanda Ari Ikibazo Ku Bwongereza-Amb Lomas
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Ntabwo Kugaruka Ku Igifaransa Mu Rwanda Ari Ikibazo Ku Bwongereza-Amb Lomas

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 June 2021 1:05 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibi ni ibyemezwa na Ambasaderi w’u Bwongereza ucyuye igihe mu Rwanda Madamu Jo Lomas mu kiganiro yahaye abanyamakuru, agira ngo ababwire ibyo atashye akoreye igihugu cye mu Rwanda.

Ambasaderi  Jo Lomas yavuze ko mu myaka irenga itatu yari amaze ahagarariye igihugu cye, yakoze byinshi birimo ibikorwa by’iterambere, avuga ko kimwe mu byo yishimira ari uburyo u Bwongereza bwafashije u Rwanda kwitegura CHOGM n’ubwo itaraba kubera COVID-19.

Yavuze ko u Rwanda ari umufatanyabikorwa mwiza w’u Bwongereza haba mu iterambere cyangwa mu bindi bifitiye ibihugu byombi akamaro.

Muri byinshi yagarutseho yavuze u Bwongereza bwagizemo uruhare mu iterambere ry’u Rwanda harimo gufasha ubuhinzi, uburezi n’ibindi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Ibice u Bwongereza bwateyemo u Rwanda inkunga

Ntabwo duhanganye n’u Bufaransa mu Rwanda…

Jo Lomas yabajijwe niba kuba u  Bufaransa bugarutse  mu Rwanda nta mpungenge bibateye, yavuze ko nta kibazo Abongereza bafitanye n’Abafaransa mu Rwanda ahubwo ngo ni akarusho ku Rwanda.

Kuri we, kuba u Rwanda ari igihugu kivuga Icyongereza n’Igifaransa ubwabyo ni akarusho kuko bizarufasha kwagura amarembo.

U Bufaransa bwiyemeje kongera kuba umufatanyabikorwa w’u Rwanda

Yatanze urugero rw’uko kuba Louise Mushikiwabo ayobora Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa ari iby’agaciro ku Rwanda kandi n’u Rwanda rukaba rusanzwe ruri muri Commonwealth.

Kuba BBC Itarakomerwa Ntibidushimisha…

- Advertisement -

 Madamu Jo Lomas yabajiijwe niba kuba BBC itarakomorerwa ngo yongere ikorere mu Rwanda atari ikibazo, yasubije ko ari kimwe mu bintu agiye bidatunganye ariko akemeza ko yasize hari ibiganiro kandi yizeye ko bizakomeza.

Radio BBC yahagaritswe mu Rwanda mu mwaka wa 2015 nyuma ya filimi mbarankuru yatumye havuka umwuka mubi hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza.

Leta y’u Rwanda kuva icyo gihe yahise ifata umwanzuro w’uko iriya Radio y’Abongereza itazongera kuvugira ku mirongo ya FM mu Rwanda.

 Dusize umubano w’u Rwanda n’u Burundi uri kuzamuka…

Indi ngingo yavuzeho ni iy’uko asize u Rwanda n’u Burundi bibanye neza n’ubwo hakiri ibitaranoga.

Madamu Lomas yari ahagarariye u Bwongereza mu Rwanda no mu Burundi.

Yavuze ko u Burundi buri gukora uko bushoboye ngo bujye mu murongo w’iterambere no ukubana neza n’abaturanyi, by’umwihariko u Rwanda, kandi ngo u Bwongereza buzakomeza gukorana n’ubuyobozi bw’ibihugu  byombi kugira ngo umubano w’ibihugu byombi urusheho kunoga.

Jo Lomas avuze ibi mu gihe hatarashira igihe kinini hari abantu bateye u Rwanda baturutse i Burundi nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda.

N’ubwo u Burundi bwabihakanye, ibikoresho byeretswe itangazamakuru byerekana ko hari imirambo y’abantu barashwa bava mu Burundi bateye u Rwanda ndetse hari n’ibikopo birimo ibiribwa byanditseho ko bisanzwe bigenewe ingabo z’u Burundi ndetse ko zabiguze mu Bushinwa.

Madamu Jo Lomas azasimburwa na Bwana Omar Daair.

TAGGED:AmbasaderiBurundiBwongerezaCHOGMfeaturedLomasRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Abafaransa Bashaka Gufasha U Rwanda Guca Abigana Amashusho Y’Abandi
Next Article Umuturage Wa Uganda ‘Yiyise Umunyarwanda’ Ngo Atekere Umutwe Ab’I Dubai
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?