Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ntabwo Kugaruka Ku Igifaransa Mu Rwanda Ari Ikibazo Ku Bwongereza-Amb Lomas
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Ntabwo Kugaruka Ku Igifaransa Mu Rwanda Ari Ikibazo Ku Bwongereza-Amb Lomas

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 June 2021 1:05 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibi ni ibyemezwa na Ambasaderi w’u Bwongereza ucyuye igihe mu Rwanda Madamu Jo Lomas mu kiganiro yahaye abanyamakuru, agira ngo ababwire ibyo atashye akoreye igihugu cye mu Rwanda.

Ambasaderi  Jo Lomas yavuze ko mu myaka irenga itatu yari amaze ahagarariye igihugu cye, yakoze byinshi birimo ibikorwa by’iterambere, avuga ko kimwe mu byo yishimira ari uburyo u Bwongereza bwafashije u Rwanda kwitegura CHOGM n’ubwo itaraba kubera COVID-19.

Yavuze ko u Rwanda ari umufatanyabikorwa mwiza w’u Bwongereza haba mu iterambere cyangwa mu bindi bifitiye ibihugu byombi akamaro.

Muri byinshi yagarutseho yavuze u Bwongereza bwagizemo uruhare mu iterambere ry’u Rwanda harimo gufasha ubuhinzi, uburezi n’ibindi.

Ibice u Bwongereza bwateyemo u Rwanda inkunga

Ntabwo duhanganye n’u Bufaransa mu Rwanda…

Jo Lomas yabajijwe niba kuba u  Bufaransa bugarutse  mu Rwanda nta mpungenge bibateye, yavuze ko nta kibazo Abongereza bafitanye n’Abafaransa mu Rwanda ahubwo ngo ni akarusho ku Rwanda.

Kuri we, kuba u Rwanda ari igihugu kivuga Icyongereza n’Igifaransa ubwabyo ni akarusho kuko bizarufasha kwagura amarembo.

U Bufaransa bwiyemeje kongera kuba umufatanyabikorwa w’u Rwanda

Yatanze urugero rw’uko kuba Louise Mushikiwabo ayobora Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa ari iby’agaciro ku Rwanda kandi n’u Rwanda rukaba rusanzwe ruri muri Commonwealth.

Kuba BBC Itarakomerwa Ntibidushimisha…

 Madamu Jo Lomas yabajiijwe niba kuba BBC itarakomorerwa ngo yongere ikorere mu Rwanda atari ikibazo, yasubije ko ari kimwe mu bintu agiye bidatunganye ariko akemeza ko yasize hari ibiganiro kandi yizeye ko bizakomeza.

Radio BBC yahagaritswe mu Rwanda mu mwaka wa 2015 nyuma ya filimi mbarankuru yatumye havuka umwuka mubi hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza.

Leta y’u Rwanda kuva icyo gihe yahise ifata umwanzuro w’uko iriya Radio y’Abongereza itazongera kuvugira ku mirongo ya FM mu Rwanda.

 Dusize umubano w’u Rwanda n’u Burundi uri kuzamuka…

Indi ngingo yavuzeho ni iy’uko asize u Rwanda n’u Burundi bibanye neza n’ubwo hakiri ibitaranoga.

Madamu Lomas yari ahagarariye u Bwongereza mu Rwanda no mu Burundi.

Yavuze ko u Burundi buri gukora uko bushoboye ngo bujye mu murongo w’iterambere no ukubana neza n’abaturanyi, by’umwihariko u Rwanda, kandi ngo u Bwongereza buzakomeza gukorana n’ubuyobozi bw’ibihugu  byombi kugira ngo umubano w’ibihugu byombi urusheho kunoga.

Jo Lomas avuze ibi mu gihe hatarashira igihe kinini hari abantu bateye u Rwanda baturutse i Burundi nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda.

N’ubwo u Burundi bwabihakanye, ibikoresho byeretswe itangazamakuru byerekana ko hari imirambo y’abantu barashwa bava mu Burundi bateye u Rwanda ndetse hari n’ibikopo birimo ibiribwa byanditseho ko bisanzwe bigenewe ingabo z’u Burundi ndetse ko zabiguze mu Bushinwa.

Madamu Jo Lomas azasimburwa na Bwana Omar Daair.

TAGGED:AmbasaderiBurundiBwongerezaCHOGMfeaturedLomasRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Abafaransa Bashaka Gufasha U Rwanda Guca Abigana Amashusho Y’Abandi
Next Article Umuturage Wa Uganda ‘Yiyise Umunyarwanda’ Ngo Atekere Umutwe Ab’I Dubai
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?