Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ntabwo Ndi Mu Bakurikiza Icyo Abazungu Bavuze Cyose- Kagame Abwira CNN
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Ntabwo Ndi Mu Bakurikiza Icyo Abazungu Bavuze Cyose- Kagame Abwira CNN

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 February 2021 9:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Kagame yabwiye CNN ko atari mu bakurikiza ikivuzwe cyose ngo ni uko kivuye i Burayi cyangwa USA
SHARE

Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame yaraye abwiye umunyamakuru wa CNN witwa Richard Austin Quest  umaze igihe asura u Rwanda ko atari mu bantu bakurikiza ikivuzwe cyose n’Abazungu. Kuri we ntabwo abantu bagomba gufata ibivuzwe n’abo mu Burengerazuba bw’Isi nk’Ivanjili.

Perezida Kagame yavuze ko abo muri kariya gace k’isi bafite uko babayeho, ibyo bemera, ibyiza bakora kandi umuntu yakwigana bikagira icyo bimumarira ariko ngo nabo ntibabuze intege nke muribo nk’uko ziba n’ahandi ku isi.

Ku ngingo ya Demukarasi, Perezida Kagame yabwiye Quest ko Demukarasi itagomba gusobanurwa n’abo mu Burengerazuba bw’Isi.

Ati: “ Ntabwo Demukarasi igomba guhabwa ubusobanuro n’ab’i Burayi cyangwa muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika. Niba aribo basobanura Demukarasi uko iteye, kuki hari bamwe bahindukira bakarwanya abatowe n’abaturage nk’uko duherutse kubibona.”

Quest ni muntu ki?

Richard Austin Quest mu kiganiro na Perezida Kagame

Bwana Richard Austin Quest usanzwe ari umwe mu banditsi bakuru ba CNN ishami ry’ubucuruzi .

Tariki 06, Gashyantare, 2021 yanditse ko ari mu nzira aza mu Rwanda.

Ari  mu banyamakuru bakomeye  muri USA bakorera kandi bakoreye ibigo by’itangazamakuru bikomeye.

Richard Austin Quest yavutse tariki 09, Werurwe, 1962 akaba akomoka mu Bwongereza. Yakoreye ibinyamakuru bikomeye kandi abikora akiri kwimenyereza umurimo w’itangazamakuru.

Yimenyereje  umurimo w’itangazamakuru kuri BBC, icyo gihe hakaba hari muri 1985. Nyuma yaje kujya mu ishami rya BBC rikorera New York rikora ku bukungu .

Quest yatangiye gukorera CNN muri 2001 atangiza ikiganiro yise Business International, nyuma yaje kwaguka mu kazi ke akajya avuga no kuri Politiki cyane cyane iyerekeye amatora y’Umukuru w’Igihugu muri USA.

Kubera ko ari Umuyahudi yigeze kwanga akazi yari ahawe n’ubuyobozi bwa Al Jazeera bwamusabaga kuza kuyobora Ishami ryayo ry’Icyongereza.

Icyo gihe hari muri 2006.

Richard Austin Quest asanzwe kandi ari umukozi wa CNN ushinzwe gukora inkuru ku ngendo z’indege ndetse muri 2014 yakoze inkuru ndende ku izimira ry’indege y’ikigo Malaysia Airlines Flights 370( MH370).

Afite ikiganiro gihoraho kuri CNN yise QuestCNN.

TAGGED:DemukarasifeaturedKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Afrobasket 2021 Q : U Rwanda Rwatsinzwe Rugikubita
Next Article Burundi Na Tanzania Biyemeje Ubufatanye Mu By’Amabuye Y’Agaciro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

‘Gusaranganya Shisha Kibondo’ Ni Ruswa Nini Mu Rwego Rw’Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?