Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Ntibavuga’ Gereza, ‘Bavuga’ Igororero: Icyo Itegeko Rishya Rigenga RCS Rivuga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

‘Ntibavuga’ Gereza, ‘Bavuga’ Igororero: Icyo Itegeko Rishya Rigenga RCS Rivuga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 October 2022 10:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu igazeti ya Leta iherutse gusohoka, harimo amategeko abiri  agena imikorere y’urwego rw’igihugu ushinzwe imfungwa n’abagororwa. Muri yo harimo n’uko amazina amwe nawe yahawe ubugorozi.

Itegeko rivuga ko icyari gisanzwe kitwa ‘Gereza’ kitazongera kwita gutyo ahubwo kizitwa ‘Igororero.’

Nta mufungwa uzongera kubaho ahubwo ngo ubu uwitwaga atyo ubu azajya yitwa ‘umuntu ufunzwe’, ni baba benshi bitwe ‘abantu bafunzwe.’

Itegeko no 022/2022 ryo ku wa 29/09/2022 rigenga ‘serivisi z’Igorora’ rigena ishyirwaho n’imicungire by’Igororero, serivisi z’Igorora, imicungire y’umuntu ufunzwe, uburenganzira bwe n’ibindi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Irindi tegeko ni Itegeko no 021/2022 ryo ku wa 29/09/2022 rigenga Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora.

Rigena intego, inshingano n’ububasha, inzego z’ubuyobozi, imiterere, imitunganyirize  n’imikorere bya RCS.

Aya mategeko yatowe nyuma y’uko Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yaherukaga guterana muri Kamena 2022, iyatora.

Iyo usomye ibikubiye mu ngingo ya 10 igena ububasha bw’uru rwego, usangamo ko uru rwego rufite uburenganzira bwo gushakisha no gufata umuntu wagerageje gutotoka cyangwa watorotse igororero.

Biri mu gace ka gatatu k’ingingo ya 10.

- Advertisement -

Ushingiye ku nyandiko iri mu igazeti, usanga nta hantu handitse ko muri uko gushakisha no gufata uwo muntu ko uwo muntu ‘araswa.’

Intego iba ari iy’uko uwo muntu ashyikirizwa urwego rubifitiye ububasha kugira ngo akurikiranwe.

Icyakora iri tegeko rivuga ko RCS ifite ububasha bwo  gutunga no gukoresha ibikoresho by’umutekano yifashisha mu gukora inshingano zayo.

Ndetse ngo ifite ububasha bwo gusuzuma ikosa ryakozwe n’umuntu ufunzwe, ryaba iryakorewe mu

igororero cyangwa iryakorewe hanze yaryo no ‘gutanga igihano’ ku myitwarire idakwiriye;

Ku bijyanye no kurasa umuntu utorotse, hari abavuga ko mbere yo kumurasa haba hagomba kurebwa niba nta bundi buryo bwakoreshwa ngo afatwe.

Uretse kuba isasu rihitana cyangwa rikamugaza urirashwe, rikura umutima n’abari hafi y’aho rivugiye.

Ikindi iyo urashwe apfuye, umugambi w’igorora ntuba ugeze ku ntego.

Hagati aho ariko, umuntu yakwibaza niba abantu bose bashobora kugororwa bigakunda cyane cyane ko burya igiti kigororwa kikiri gito!

TAGGED:featuredGerezaImfungwaItegekoRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ntabwo Ndamenya Iby’Uko u Burundi Bwafunguye Umupaka N’u Rwanda- Alain Mukuralinda
Next Article Abahinzi B’i Gatsibo Barataka Icyonnyi Kibasiye Imirenge Umunani
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?