Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Ntibavuga’ Gereza, ‘Bavuga’ Igororero: Icyo Itegeko Rishya Rigenga RCS Rivuga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

‘Ntibavuga’ Gereza, ‘Bavuga’ Igororero: Icyo Itegeko Rishya Rigenga RCS Rivuga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 October 2022 10:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu igazeti ya Leta iherutse gusohoka, harimo amategeko abiri  agena imikorere y’urwego rw’igihugu ushinzwe imfungwa n’abagororwa. Muri yo harimo n’uko amazina amwe nawe yahawe ubugorozi.

Itegeko rivuga ko icyari gisanzwe kitwa ‘Gereza’ kitazongera kwita gutyo ahubwo kizitwa ‘Igororero.’

Nta mufungwa uzongera kubaho ahubwo ngo ubu uwitwaga atyo ubu azajya yitwa ‘umuntu ufunzwe’, ni baba benshi bitwe ‘abantu bafunzwe.’

Itegeko no 022/2022 ryo ku wa 29/09/2022 rigenga ‘serivisi z’Igorora’ rigena ishyirwaho n’imicungire by’Igororero, serivisi z’Igorora, imicungire y’umuntu ufunzwe, uburenganzira bwe n’ibindi.

Irindi tegeko ni Itegeko no 021/2022 ryo ku wa 29/09/2022 rigenga Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora.

Rigena intego, inshingano n’ububasha, inzego z’ubuyobozi, imiterere, imitunganyirize  n’imikorere bya RCS.

Aya mategeko yatowe nyuma y’uko Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yaherukaga guterana muri Kamena 2022, iyatora.

Iyo usomye ibikubiye mu ngingo ya 10 igena ububasha bw’uru rwego, usangamo ko uru rwego rufite uburenganzira bwo gushakisha no gufata umuntu wagerageje gutotoka cyangwa watorotse igororero.

Biri mu gace ka gatatu k’ingingo ya 10.

Ushingiye ku nyandiko iri mu igazeti, usanga nta hantu handitse ko muri uko gushakisha no gufata uwo muntu ko uwo muntu ‘araswa.’

Intego iba ari iy’uko uwo muntu ashyikirizwa urwego rubifitiye ububasha kugira ngo akurikiranwe.

Icyakora iri tegeko rivuga ko RCS ifite ububasha bwo  gutunga no gukoresha ibikoresho by’umutekano yifashisha mu gukora inshingano zayo.

Ndetse ngo ifite ububasha bwo gusuzuma ikosa ryakozwe n’umuntu ufunzwe, ryaba iryakorewe mu

igororero cyangwa iryakorewe hanze yaryo no ‘gutanga igihano’ ku myitwarire idakwiriye;

Ku bijyanye no kurasa umuntu utorotse, hari abavuga ko mbere yo kumurasa haba hagomba kurebwa niba nta bundi buryo bwakoreshwa ngo afatwe.

Uretse kuba isasu rihitana cyangwa rikamugaza urirashwe, rikura umutima n’abari hafi y’aho rivugiye.

Ikindi iyo urashwe apfuye, umugambi w’igorora ntuba ugeze ku ntego.

Hagati aho ariko, umuntu yakwibaza niba abantu bose bashobora kugororwa bigakunda cyane cyane ko burya igiti kigororwa kikiri gito!

TAGGED:featuredGerezaImfungwaItegekoRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ntabwo Ndamenya Iby’Uko u Burundi Bwafunguye Umupaka N’u Rwanda- Alain Mukuralinda
Next Article Abahinzi B’i Gatsibo Barataka Icyonnyi Kibasiye Imirenge Umunani
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?