Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyabihu: Abagabo Bafatanya N’Abagore Babo Gutekera Abana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyabihu: Abagabo Bafatanya N’Abagore Babo Gutekera Abana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 October 2022 9:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Akarere ka Nyabihu hahoze ari aka mbere gafite abana bagwingiye. Icyakora ubu kishimira ko kavuye kuri uyu mwanya, ukaba warasigawe n’Akarere ka Ngororero. Ngororero ifite ijanisha ry’abana bagwingiye rya 50.5% ( ni ukuvuga ½ cy’abana bayo bose) n’aho Nyabihu ikagira 46.7%.

Imwe mu ngamba bafashe zatumye abana bagabanuka ni uko abagabo basanze  ari ngombwa ko bagira uruhare rutaziguye mu mirire myiza y’abana babo.

Ubufatanye hagati yabo n’abagore babo bwagize uruhare mu kugabanuka kw’imvune abagore bagiraga bituma babona igihe cyo konsa abana, kubakorera isuku, kubaguyaguya bityo biba umusanzu mu mikurire yabo.

Kuba abagabo bagira uruhare mu gutekera abana babo indyo yuzuye bituma bumva ko iriya atari inshingano y’abagore gusa kandi bakungurana ibitekerezo by’uburyo indyo yuzuye yategurwa mu nyungu z’abana babo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Inzego z’ubuzima zo muri Nyabihu hamwe n’ubuyobozi  bw’ibanze zivuga ko kuba abagabo bagira uruhare mu mirire y’abana babo bifasha mu igabanuka ry’ikibazo cy’igwingira n’imirire mibi mu bana, icy’abagore batwite n’abonsa babayeho nabi kiragabanuka.

Uko igwingira rimeze muri iki gihe mu Turere tw’u Rwabda

Imibare itangwa n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu igaragaza ko mu myaka itanu ishize kugabanya igwingira byavuye kuri 59%  muri 2015 rigera kuri 46,7%  mu mwaka wa 2020.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu buvuga ko byagezweho k’ubufatanye bw’inzego zitandukanye harimo n’uruhare runini rw’abagabo.

Ngo mbere   guhashya igwingira biharirwaga abagore.

Umuyobozi wungurije ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Nyabihu Simpenzwe Pascal avuga ko  guhindura imyumvire y’abaturage byagize uruhare rugaragara mu igabanuka ry’igwingira kandi ngo hari icyizere cy’uko mu mwaka wa 2024 igwingira rizagabanuka rikagera kuri 19% cyangwa munsi yaho bagendeye ku mibare ya 12, 3%  bagabanyije igwingira muri iyo myaka itanu ishize.

- Advertisement -

Ibivugwa mu Karere ka Nyabihu ni urugero rwiza rw’ibyerekena ko ubukangurambaga bwakozwe mu itangazamakuru binyuze mu kiganiro kitwa ‘Itetero’ bwatanze umusaruro.

Mu kiganiro Itetero havugwamo uburyo abagabo bagomba kugira uruhare rutaziguye mu burere bw’abana babo.

Havugirwamo uko abagabo bagombye kumva ko umwana atari uwa Nyina gusa, ahubwo ari n’uw’ababyeyi bombi.

Haba mu rwego rw’ubuzima, uburezi n’imikurire y’abana, abagabo basabwa kuba abafatanyabikorwa n’abo bashakanye mu nyungu z’abana babo.

Leta y’u Rwanda ifite politiki yatangije imaze igihe yo gushyiraho ahantu abana bitabwaho iyo ababyeyi babo bahugiye mu miruho y’isi bashaka umugati.

Ni ahantu bita ‘irerero’.

Ni ahantu h’agaciro k’uburyo no mu Biro by’Umukuru w’igihugu bafite irerero ryo kwita ku bana bato b’abo bakozi.

TAGGED:AbanafeaturedImibareIrereroNyabihuRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mumbwire Icyagerwaho Nta Mahoro Arambye?- Jeannette Kagame Abaza Bagenzi Be
Next Article Prince Kid Mu Rukiko Yerekanye Inzitizi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?