Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyagatare: Imbangukiragutabara Yatwawe N’Umuvu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbuzima

Nyagatare: Imbangukiragutabara Yatwawe N’Umuvu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 October 2024 8:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Iyi mbangukiragutabara yahuye n'umuvu uyirusha ingufu: Credit@Igihe.
SHARE

Imbangukiragutabara  yari irimo umurwayi yageze ahitwa Rwabiharamba mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare ihura n’’umuvu w’amazi w’imvura iheramo. Abaturage batabaye bayikuramo n’abari bayirimo bavamo bameze neza.

Uwo muvu watewe n’amazi y’imvura nyinshi cyane yaguye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu taliki 16 Ukwakira 2024.

Ibyago iyi mbangukiragutabara yahuye nabyo byabereye mu Mudugudu w’Akayange mu Kagari ka Ndama mu Murenge wa Karangazi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karangazi, Mutesi Hope, yabwiye IGIHE ko iyi mbangukiragutabara yari yaheze mu mazi yatewe n’imvura  yaguye kumugoroba wo kuri uyu wa Gatatu.

Hope Mutesi yavuze ko iyo modoka yari irimo abantu batatu, ikaba ari ivuye kuzana umurwayi.

Shoferi yayikase nabi aboneza mu muvu imodoka iheramo.

Abaturage bitabajwe baraza bagerageza kuyikuramo birakunda kandi n’abari bayirimo bavamo amahoro.

Ati “Ntabwo haguye imvura nyinshi, yaguye ari nke ahubwo tubona umuvu w’amazi aje ari menshi. Imbangukiragutabara rero yari ihanyuze umushoferi acamo aziko amazi ari make birangira ihezemo”.

Abaturiye aho byabereye nibo batabaye bafatanya n’abandi bakora mu Mushinga Gabiro Agro business Hub bayikuramo.

Mutesi yasabye abaturage kuzirika ibisenge no gushyira imbuto mu butaka kugira ngo imvura nigwa neza bazeze.

TAGGED:featuredImbangukiragutabaraKarangaziNyagatareUmuvu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabo Z’u Rwanda Ziranyomoza Ihototera Zavuzweho Muri Centrafrique
Next Article Ibiribwa Bike Mu Ngo Bibangamira Uburenganzira Bwa Muntu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?