Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyamagabe: Akurikiranyweho Kwica Umugore Waburaga Icyumweru Ngo Abyare
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyamagabe: Akurikiranyweho Kwica Umugore Waburaga Icyumweru Ngo Abyare

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 October 2022 11:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abaturage bo muri Runda bashimira ko ubu bacana.
SHARE

François Nizeyimana akurikiranyweho kwicisha umuhoro umugore witwa Chantal Nyinawumuntu yari yarateye inda. Amakuru twahawe n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze avuga ko uriya mugore yari yaragurije uwo mugabo Frw 300,000, bikaba bikekwa ko yamwishe yanga ko yazayamwishyuza bigasakuza.

Kuri ibi ariko, iperereza ry’ubugenzacyaha rirakomeje.

Taarifa yamenye ko ubu bwicanyi bwabereye mu Mudugudu wa Gisiza, Akagari ka Ngara, Umurenge wa Mbazi mu Karere ka Nyamagabe.

Nyinawumuntu yabanje kubura aho yari asanzwe atuye, abaturanyi be bakagira ngo yagiye kubyara kuko inda ye yari ikuriwe kandi abura nk’iminsi irindwi ngo yibaruke.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Baje gusanga umurambo we mu ishyamba riri hafi y’iwe ariko ritari kure y’aho Nizeyimana nawe atuye.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbazi witwa Valens Ndagijimana yabwiye Taarifa ko uriya mugabo yari asanzwe ari inshuti na Nyinawumuntu.

Igihe cyaje kugera amuguriza Frw 300,000.

Uyu muyobozi avuga ko amakuru bafite kugeza ubu avuga ko uriya mugabo yishe uriya mugore yari yarateye inda yanga ko yazamwishyuza ariya mafaranga bigatuma atakaza icyizere yari afitiwe mu baturanyi kuko yari afite undi mugore.

Nyinawumuntu we yari umupfakazi.

- Advertisement -

Ikindi kivugwa ni uko mbere yo kumwica yabanje kumusambanya.

Taarifa yamenye ko François Nizeyimana yishyuye ibyo yangije muri Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba yarahungutse avuye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu mwaka wa 2017.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbazi Valens Ndagijimana yasabye abaturage kumenya ko kwambura mugenzi wabo ubuzima bashaka guhisha ko yazabavamo ari icyaha kandi ko n’uwagikoze nawe bitamugwa amahoro.

Abasaba ko uwagira ikibazo yajya  akigeza ku bayobozi  bakagikemura.

TAGGED:featuredMbaziNyamashekeUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikinyamaswa Dinosaur Cyasuye Icyanya Cya Nyandungu
Next Article Mu Majyepfo Barasaba Ko Inkwano Ivaho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?