Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyamasheke: FUSO Yari Ipakiye Ingurube Yahitanye Shoferi, Hapfa Ingurube 12
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyamasheke: FUSO Yari Ipakiye Ingurube Yahitanye Shoferi, Hapfa Ingurube 12

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 November 2023 7:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu taliki 18, Ugushyingo, 2023,  FUSO yari igeze ahitwa Taba mu Kagari ka Gitwe, Umurenge wa Karambi mu Karere ka Nyamasheke yerenze umuhanda igwa mu mukingo shoferi ahasiga ubuzima. Mu ngurube 35 yari ipakiye, hapfuye 12 harokoka 23.

Amakuru umwe mu baturage bahuruye yatubwiye avuga ko hari abandi bantu icyenda bahakomerekeye.

Shoferi wapfuye yitwa Elias Tuyisenge akaba yari afite imyaka 30 y’amavuko, akaba Mwene Narcisse Ngwije na Marianne Nyirahishamunda.

Iyi kamyo yari igemuye ingurube mu Murenge wa Kirimbi mu Karere ka Nyamasheke

FUSO ifite pulake RAE 796T.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ikindi ni uko iriya modoka yavaga i Nyamagabe yerekeza mu Murenge wa Kirimbi nawo wo mu Karere ka Nyamasheke.

Fuso yari ivuye mu Murenge wa Karambi igana mu Krimbi igemuye ingurube

Abakomeretse boherejwe ku kwa muganga hafi aho ahitwa ku kigo nderabuzima cya Ngange.

Ubwo twandikaga iyi nkuru, twari tutaramenya icyateye iyi mpanuka.

Iyi mpanuka ibaye hashize umunsi umwe indi ibereye mu Mudugudu wa Kadasomwa, Umurenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi gaturanye n’Akarere ka Nyamasheke igahitana abantu batandatu.

Iyi FUSO yo yari itwaye inka izijyanye ku mupaka w’u Rwanda na DRC igwa mu mugezi.

- Advertisement -
TAGGED:FUSOImpanukaIngurubeInkaNyamashekeRusizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyamabanga Mukuru Wa APR FC Yavuye Mu Nshingano
Next Article Perezida Wa M23 Ati: ‘Ubutaka Twafashe ‘Tuzabushyiraho’ Ubutegetsi Bwigenga’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?