Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyamasheke: Imbwa Z’Inyagasozi Zirica Amatungo Y’Abaturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Imbwa Z’Inyagasozi Zirica Amatungo Y’Abaturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 October 2024 12:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ihene z’umuturage witwa Jean Urayeneza zishwe n’imbwa z’inyagasozi zirirwa zibunga mu Midugudu irimo uwa Mutiti mu Kagari ka Murambi, Umurenge wa Cyato mu Karere ka Nyamasheke.

Izo mbwa zasanze izo hene ziziritse mu gisambu aho bari baziragiye zirazadukira zirazirya.

Zizisanze ziziritse ziri no kunyagirwa kuko hari mu mvura nyinshi.

Nyiri urugo ayo matungo yororewemo yagiye kureba aho abana bari bayahuye ngo ayacyure asanga yapfuye,  imbwa zayariye ibyo mu nda.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Cyato butangaza ko ikibazo cy’izo mbwa zirya amatungo y’abaturage atari gishya.

Jean Paul Harindintwari uyobora Umurenge wa Cyato yavuze ko atari ubwa mbere izo mbwa zirya amatungo y’abaturage mu Murenge ayobora.

Yabwiye Imvaho Nshya ati: “Ubundi ntibyemewe kuragira cyangwa kuzirika amatungo ku gasozi. Ariko nk’izo hene niba binakozwe nyira zo abe aziri iruhande cyangwa azicungire hafi, nabona imvura ikubye azicyure kuko nubwo zitanaribwa n’izo  mbwa zanibwa n’abajura cyangwa ibindi bikoko bikazirya”.

Yasabye abaturage kujya baba hafi y’amatungo yabo.

Harindintwari avuga ko hatangiye ubuvugizi kugira ngo izo mbwa zicwe aho kugira ngo zikomeze kurya amatungo y’abaturage.

Yaboneyeho no gusaba abaturanyi kujya batabarana, uwagize ibyago ihene ye igapfa, akaba yashumbushwa n’abaturanyi.

Mu rwego rwo kwirinda ko abaturage barya izo hene zishwe n’imbwa z’inyagasozi, ubuyobozi bwategetse ko zihambwa.

Kurya inyama z’itungo ryishwe n’imbwa y’inyagasozi bishobora guteza akaga ko kurwara indwara zitandukanye kuko ntawe uba uzi niba izo mbwa zitari zirwaye.

Si ubwa mbere mu Rwanda havuzwe ikibazo cy’inyamaswa z’agasozi zica amatungo y’abaturage kuko byigeze kubaho ubwo inyamaswa zicaga imitavu yorororwaga muri Gishwati.

Cyabaye ikibazo gikomeye kugeza ubwo Perezida Kagame yabikomozagaho ari mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda.

Cyahise gihagurukirwa ntibyatinda kiracyemuka…

TAGGED:CyatofeaturedIheneImbwaNyamasheke
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyaga Milton Wakuye Abanyamerika Umutima
Next Article Abana Bo Mu Mijyi Baratabarizwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?