Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyamasheke: Imbwa Z’Inyagasozi Zirica Amatungo Y’Abaturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Imbwa Z’Inyagasozi Zirica Amatungo Y’Abaturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 October 2024 12:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ihene z’umuturage witwa Jean Urayeneza zishwe n’imbwa z’inyagasozi zirirwa zibunga mu Midugudu irimo uwa Mutiti mu Kagari ka Murambi, Umurenge wa Cyato mu Karere ka Nyamasheke.

Izo mbwa zasanze izo hene ziziritse mu gisambu aho bari baziragiye zirazadukira zirazirya.

Zizisanze ziziritse ziri no kunyagirwa kuko hari mu mvura nyinshi.

Nyiri urugo ayo matungo yororewemo yagiye kureba aho abana bari bayahuye ngo ayacyure asanga yapfuye,  imbwa zayariye ibyo mu nda.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Cyato butangaza ko ikibazo cy’izo mbwa zirya amatungo y’abaturage atari gishya.

Jean Paul Harindintwari uyobora Umurenge wa Cyato yavuze ko atari ubwa mbere izo mbwa zirya amatungo y’abaturage mu Murenge ayobora.

Yabwiye Imvaho Nshya ati: “Ubundi ntibyemewe kuragira cyangwa kuzirika amatungo ku gasozi. Ariko nk’izo hene niba binakozwe nyira zo abe aziri iruhande cyangwa azicungire hafi, nabona imvura ikubye azicyure kuko nubwo zitanaribwa n’izo  mbwa zanibwa n’abajura cyangwa ibindi bikoko bikazirya”.

Yasabye abaturage kujya baba hafi y’amatungo yabo.

Harindintwari avuga ko hatangiye ubuvugizi kugira ngo izo mbwa zicwe aho kugira ngo zikomeze kurya amatungo y’abaturage.

Yaboneyeho no gusaba abaturanyi kujya batabarana, uwagize ibyago ihene ye igapfa, akaba yashumbushwa n’abaturanyi.

Mu rwego rwo kwirinda ko abaturage barya izo hene zishwe n’imbwa z’inyagasozi, ubuyobozi bwategetse ko zihambwa.

Kurya inyama z’itungo ryishwe n’imbwa y’inyagasozi bishobora guteza akaga ko kurwara indwara zitandukanye kuko ntawe uba uzi niba izo mbwa zitari zirwaye.

Si ubwa mbere mu Rwanda havuzwe ikibazo cy’inyamaswa z’agasozi zica amatungo y’abaturage kuko byigeze kubaho ubwo inyamaswa zicaga imitavu yorororwaga muri Gishwati.

Cyabaye ikibazo gikomeye kugeza ubwo Perezida Kagame yabikomozagaho ari mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda.

Cyahise gihagurukirwa ntibyatinda kiracyemuka…

TAGGED:CyatofeaturedIheneImbwaNyamasheke
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyaga Milton Wakuye Abanyamerika Umutima
Next Article Abana Bo Mu Mijyi Baratabarizwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?