Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyamasheke: Yishe Umugore We Utwite
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyamasheke: Yishe Umugore We Utwite

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 April 2024 12:55 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Cyato, Akagari ka Murambi mu Murenge wa Cyato muri Nyamasheke haravugwa inkuru ibabaje y’umugabo uvugwaho kwica umugore we wari utwite amuteye imigeri.

Mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru nibwo byabaye  mu masaha ashyira igicuku, ni ukuvuga saa saba z’ijoro.

Jean Paul Harindintwari uyobora uyu murenge yabwiye itangazamakuru ko uriya mugabo yari avuye mu kabari yasinze.

Ati: “ Ayo makuru niyo. Byabaye saa saba z’ijoro umugabo yari avuye mu kabari yasinze, umugore yari afite inda y’amezi arindwi. Uwo mugabo yitwa Antoine Ndayambaje w’imyaka 36 n’aho umugore yitwaga Clémentine Nsengimana we akaba  yari afite imyaka 42 y’amavuko”.

Uyu muyobozi avuga ko ubugenzacyaha bwahageze ngo butangire iperereza.

Byabereye mu Karere ka Nyamasheke

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge yakomeje avuga ko nubwo icyateye aya makimbirane yagejeje ku rupfu kitaramenyekana, rimwe na rimwe uyu muryango ngo wagaragazaga amakimbirane.

Yasabye abatuye Umurenge wa Cyato kujya bagaragariza ubuyobozi ibibazo biri mu muryango

Ati: “Rimwe na rimwe bagaragazaga amakimbirane ariko  mu mibanire n’abaturanyi nta kibazo cyari gihari. Abaturage turabasaba kwirinda ubusinzi n’abafite amakimbiranye kujya bayagaragaza nk’ubuyobozi tukabafasha kuyakemura”.

Uyu muryango wari ugizwe n’abantu umunani barimo abana batandatu,umugabo n’umugore.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenza RIB rukaba rwahageze ruri gukora iperereza ku cyateye ubu bugizi bwa nabi

TAGGED:IndaNyamashekeUmugoreUtwite
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tshisekedi i Paris Kuganira Ku Rwanda Na M23
Next Article U Rwanda Rugiye Kungukira Kuri Miliyoni $100 Zo Kuzahura Ubuhinzi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Tuzakomeza Gukorana N’u Rwanda No Mu Guhanga Udushya-Amb Wa Israel

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

You Might Also Like

Mu Rwanda

Nyarugenge: Polisi Yafashe Abanigaga Abantu Mu Ijoro Batashye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Abasirikare Ba Uganda Bicanye Bapfa Umugore

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kicukiro: Ikigo Kivura Indwara Z’Umutima Kiruzura Umwaka Utaha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Uruhare Rw’Abaturage Mu Bibakorerwa Nirwo Rwego Rwongereye Amanota Abaturage Baha Inzego

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?