Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyanza: Afunzwe Azira Kuvuga Ko Intambara Igarutse ‘Nta Mututsi Wabacika’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyanza: Afunzwe Azira Kuvuga Ko Intambara Igarutse ‘Nta Mututsi Wabacika’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 April 2023 3:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubugenzacyaha bwo mu Karere ka Nyanza bwafunze umusore nyuma yo kuvuga amagambo menshi arimo ko ‘Abatutsi ari abagome.’ Bivugwa ko yunzemo ko intambara iramutse igarutse ‘nta Mututsi wabacika.’

Abumvise amagambo y’uyu musore bita Rusaku bavuga ko yeruye avuga ko mu mwaka wa 1994 bashyiriyemo imiyaga Abatutsi.

Gushyiramo imiyaga ni imvugo y’ubu ivuga ‘korohereza umuntu ingoyi’, ‘kutamubabaza’, ‘kumudohorera’ n’ibindi.

Uyu Rusaku ubusanzwe yitwa Ubareba Emmanuel akaba yari asanzwe atuye mu Kagari ka Nyanza, Umurenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza.

Umwe mu baturage b’aho uwo musore yavugiye biriya yabwiye itangazamakuru ko Rusaku yavuze ko Abatutsi ari abagome kubera ko bamuhombeje miliyoni Frw 8.

Mutwarasibo wo mu gace uwo Rusaku yari atuye mo nawe yagize ati: “Rusaku yahereye mu gitondo mbere y’uko afungwa avuga ko intambara igarutse nta Mututsi wabacika kuko bashyizemo imiyaga kandi Abatutsi baba barabitse amarira yabo none ubu mu kwa kane igihe cyageze cyo kurira”.

Kananura Musare Vincent de Paul, Perezida wa IBUKA mu Murenge wa Busasamana mu kiganiro cyihariye yahaye UMUSEKE yavuze ko uriya muturage ‘yari yasinze’.

Ati:“Bivugwa ko yari yasinze ariko ni urw’itwazo kuko yari yahereye kare avuga ko Abatutsi ari abagome.”

Ingengabitekerezo ya Jenoside ihanwa n’amategeko y’u Rwanda, akenshi ikunze kumvikana mu gihe cy’iminsi irindwi ni ukuvuga kuva taliki ya 07/04-13/04 buri mwaka, ibintu IBUKA ivuga ko bidakwiye bikwiye no kwirindwa kuko u Rwanda n’abarutuye bari mu nzira y’ubumwe n’ubwiyunge.

Rusaku w’imyaka 31 y’amavuko avuka mu karere ka Huye ariko akaba yarasanzwe akora umurimo wo kudoda inkweto.

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha rusaba abaturage kuzibukira ibikorwa bigize ingengabitekerezo ya Jenoside aho biva bikagera.

TAGGED:featuredIBUKAIngengabitekerezoJenosideNyanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Agiye Gusura Benin
Next Article Amerika Imaze Igihe Ineka Umuyobozi Wa UN
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?