Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyanza: Afunzwe Azira Kuvuga Ko Intambara Igarutse ‘Nta Mututsi Wabacika’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyanza: Afunzwe Azira Kuvuga Ko Intambara Igarutse ‘Nta Mututsi Wabacika’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 April 2023 3:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubugenzacyaha bwo mu Karere ka Nyanza bwafunze umusore nyuma yo kuvuga amagambo menshi arimo ko ‘Abatutsi ari abagome.’ Bivugwa ko yunzemo ko intambara iramutse igarutse ‘nta Mututsi wabacika.’

Abumvise amagambo y’uyu musore bita Rusaku bavuga ko yeruye avuga ko mu mwaka wa 1994 bashyiriyemo imiyaga Abatutsi.

Gushyiramo imiyaga ni imvugo y’ubu ivuga ‘korohereza umuntu ingoyi’, ‘kutamubabaza’, ‘kumudohorera’ n’ibindi.

Uyu Rusaku ubusanzwe yitwa Ubareba Emmanuel akaba yari asanzwe atuye mu Kagari ka Nyanza, Umurenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza.

Umwe mu baturage b’aho uwo musore yavugiye biriya yabwiye itangazamakuru ko Rusaku yavuze ko Abatutsi ari abagome kubera ko bamuhombeje miliyoni Frw 8.

Mutwarasibo wo mu gace uwo Rusaku yari atuye mo nawe yagize ati: “Rusaku yahereye mu gitondo mbere y’uko afungwa avuga ko intambara igarutse nta Mututsi wabacika kuko bashyizemo imiyaga kandi Abatutsi baba barabitse amarira yabo none ubu mu kwa kane igihe cyageze cyo kurira”.

Kananura Musare Vincent de Paul, Perezida wa IBUKA mu Murenge wa Busasamana mu kiganiro cyihariye yahaye UMUSEKE yavuze ko uriya muturage ‘yari yasinze’.

Ati:“Bivugwa ko yari yasinze ariko ni urw’itwazo kuko yari yahereye kare avuga ko Abatutsi ari abagome.”

Ingengabitekerezo ya Jenoside ihanwa n’amategeko y’u Rwanda, akenshi ikunze kumvikana mu gihe cy’iminsi irindwi ni ukuvuga kuva taliki ya 07/04-13/04 buri mwaka, ibintu IBUKA ivuga ko bidakwiye bikwiye no kwirindwa kuko u Rwanda n’abarutuye bari mu nzira y’ubumwe n’ubwiyunge.

Rusaku w’imyaka 31 y’amavuko avuka mu karere ka Huye ariko akaba yarasanzwe akora umurimo wo kudoda inkweto.

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha rusaba abaturage kuzibukira ibikorwa bigize ingengabitekerezo ya Jenoside aho biva bikagera.

TAGGED:featuredIBUKAIngengabitekerezoJenosideNyanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Agiye Gusura Benin
Next Article Amerika Imaze Igihe Ineka Umuyobozi Wa UN
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?