Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyanza: Amaze Imyaka 23 Aba Mu Mwobo Kubera Jenoside Yakoze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyanza: Amaze Imyaka 23 Aba Mu Mwobo Kubera Jenoside Yakoze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 May 2024 12:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guhera mu mwaka wa 2001 umugabo w’imyaka 51 y’amavuko witwa Emmanuel Ntarindwa yabaga mu mwobo we n’umugore we w’imyaka 53 bacukuye mu nzu yabo. Yihishaga ko bamubona kubera uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umuvugizi w’Urwego rw’ubugenzacyaha, Dr. Thiery B. Murangira avuga ko Ntarindwa agifite irangamuntu iriho ubwoko yatangwaga mbere y’uko Inkotanyi zibohora u Rwanda.

Ikindi ngo ni uko usanga nta makuru afite ku bibera mu Rwanda kubera ko kuva icyo gihe kugeza ubwo yafatwaga taliki 16, Gicurasi, 2024 atasohokaga hanze.

Kugira ngo afatwe byagizwemo uruhare n’abagendaga muri urwo rugo baje gukeka ko yaba ari ho yihishe, amakuru aragenda aza kugera ku nzego nibwo afashwe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umuvugizi wa RIB avuga ko amakuru y’iperereza avuga ko Emmanuel Ntarindwa yakoze Jenoside aza guhunga u Rwanda nyuma y’uko Inkotanyi zirubohoye, ariko mu mwaka wa 2001 aza kurugarukamo.

Yagiye kwihisha kwa Eugenie Mukamana bahoze baturanye, baza no gukundana barabana nk’umugabo n’umugore baranabyarana.

Igitangaje n’uko kuva yagera muri urwo rugo atigeze asohoka mu nzu ahubwo we na Mukamana bacukuye mu nzu aho yabaye kuva icyo gihe kugeza afashwe.

RIB ivuga ko ubwo Ntarindwa yafatwaga, yabajijwe nawe yiyemerera ko yakoze Jenoside yakorewe Abatutsi kandi ko yishe Abatutsi benshi atibuka umubare mu cyahoze ari Komini Kigoma na Komini Nyabisindu, ubu aha ni mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana.

We na Mukamana bafungiwe kuri Station ya RIB ya Busasamana, bakaba bari gukorerwa amadosiye ngo agezwe mu bushinjacyaha.

- Advertisement -

Ubugenzacyaha bwo bumukurikiranyeho Jenoside kandi ingingo ya 92 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga kw’ihanwa ry’icyaha cya Jenoside, yerura ko umuntu wese ukoze jenoside nk’uko ngingo ya 91 y’iri tegeko ibiteganya aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu kidashobora kugabanywa kubera impamvu nyoroshyacyaha.

Ingingo ya kabir y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange isobanura ko icyitso ari umuntu wafashije uwakoze icyaha mu byagiteguye bigaragarira muri kimwe mu bikorwa bikurikira:

uwahishe uwakoze icyaha, umufatanyacyaha cyangwa uwahishe icyitso kugira ngo adafatwa, ataboneka umufasha kwihisha cyangwa gucika cyangwa umuha aho kwihisha cyangwa uwamufashije guhisha ibintu byakoreshejwe cyangwa byagenewe gukoreshwa icyaha.

Muri iyi nkuru, Mukamana Eugenie niwe ukurikiranyweho kuba icyitso.

Ingingo ya kane ivuga ku ihanwa ry’umufatanyacyaha n’iry’icyitso ivuga ko umufatanyacyaha cyangwa icyitso ahanwa hakurikijwe ibihano itegeko riteganyiriza uwakoze icyaha.

Umuvugizi wa RIB avuga asaba abantu kumenya ko bidakwiriye ko hari uhishira uwakoze icyaha cya Jenoside.

Bityo ngo birakwiye ko buri wese wamenya ko runaka akekwaho Jenoside abivuga kugira ngo akurikiranwe kuko n’ubundi Jenoside ni icyaha kidasaza.

 

TAGGED:BusasamanafeaturedJenosideMurangiraNyanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ishuri Ry’Ikoranabuhanga Rwanda Coding Academy Rigiye Kwagurwa
Next Article Abahinzi Bagiye Guhabwa Amafaranga Yo Kongera Umusaruro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?