Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyanza: Bakanzwe No Kubona Uwo Bari Bazi Ko Bashyinguye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyanza: Bakanzwe No Kubona Uwo Bari Bazi Ko Bashyinguye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 May 2024 10:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Ruhango, mu Murenge wa Bweramana, Akagari ka Gitisi, batunguwe no kubona mu ruhame umugabo witwa Hakizimana Silas  kandi bari bazi  neza ko yari yaraye  ashyinguwe.

Bamwe mu bo mu muryango we babwiye BTN TV ko batunguwe n’ibyabaye kuko bazi neza ko bari bamushyinguye.

Umwe ati “ Twari dufite umugabo witwa Hakizimana, nari mu mayaga, yagiye gushaka amafaranga,dutangazwa yuko yagiye ku wa gatatu, imvura yari yaguye ku wa kane., ntitwamenya amakuru ye yaho yagiye,ku isabato (ku wa Gatandatu) batangira kutubwira ko umuntu yaguye mu mazi. Umugore we n’ababyeyi be bagiye kumuhiga, baramubura.”

Ku cyumweru nibwo bagiye kumushakisha, bavuga ngo bamubonye i Nyanza, bamujyanye mu buruhukiro mu Bitaro.

Birangira bahamagaye ngo bajye kumuzana ngo tumushyingure. Ejo (Ku wa mbere) twiriwe ducukura. Yari aje nka saa kumi n’ebyiri n’igice(18h30) ,umurambo barawushyingura. None muri iki gitondo, tubona umuntu araje nubu ari hano ku Kagari.”

Undi nawe ati “ Nagiye kuzana umurambo. Bamukoreye ibizamini byose bishoboka, mu gihe cyo kuduha umurambo, bawuduha nka saa kumi n’ebyiri(18h00) , twamushyinguye hafi saa moya(19h00). Ariko ikintangaje ni uko bavuga ngo yabonetse, n’ibyo narindimo binanira kubikora.”

Abaturage bavuga ko bikekwa ko bahawe umurambo  n’Ibitaro bya Nyanza, utari we akaba ari we ushyingurwa.

Umyobozi bw’Ibitaro by’Akarere ka Nyanza , SP Dr. Samuel Nkundibiza , avuga ko  kugeza ubu ahamya ko bahawe umurambo  kuko abo mu muryango babanje kwemeza ko ari uwabo.

Ati “ Umurambo waratoraguwe, uzanwa kuri morgue ku Bitaro,hageze aho haza umuryango usaba ko umurambo ari uwabo, haza abantu barindwi bo mu muryango w’uwapfuye, bemeza ko umurambo ari uwabo. Kugeza ubu nemeza ko ba nyiri umurambo ari abaje kuwusaba kuko bawuzanye ari umurambo utazwi, bemeza ko ari uwabo kandi turawubaha urashyingurwa.”

Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Ruhango ushinzwe imibereho myiza, Mukangenzi Alphonsine, avuga ko inzego zitandukanye zatangiye gukurikirana iki kibazo.

Ati:“Igihari ni uko inzego zatangiye gukurikirana kiriya kibazo.”

Abaturage baribaza niba barahawe umurambo utariwo cyangwa niba ari igitangaza cyabaye , uyu mugabo akaza kuzuka nyuma y’umunsi umwe apfuye.

TAGGED:featuredNyanzaUmurambo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugaba W’Ingabo Za Senegal Yaje Mu Rwanda
Next Article Airtel Igiye Gusubukura Gahunda Ya Connect Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Kabila Arasomerwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

You Might Also Like

IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Abageni Bwari Bucye Basezerana Bakubiswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Rulindo: Yafatanywe Ayo Kwishyura Abacukura Amabuye Mu Buryo Butemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?