Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyarugenge: Hari Abumva Ko Gutumirana Kw’Abaturanyi Ntacyo Bitwaye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Nyarugenge: Hari Abumva Ko Gutumirana Kw’Abaturanyi Ntacyo Bitwaye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 January 2021 7:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abantu 27 baherutse gufatwa na Polisi bari mu rugo rw’umuntu wari wizihije umunsi w’ivuka rye bavuze ko batumiranye bumva ko nta kibazo kirimo kuko ari abaturanyi. Iyi myumvire ihabanye n’amabwiriza ya Minisiteri y’ubuzima ya Kigali Guma mu Rugo.

Polisi ikorera mu Karere ka Nyarugenge n’Akarere ka Gasabo kuri uyu wa Mbere tariki 25, Mutarama, 2021 yeretse abanyamakuru bariya bantu biganjemo urubyiruko.

Ivuga ko yabafashe bari mu isabukuru y’amavuko y’umwe muri bo.

16 muri bo Polisi yabafatiye mu rugo rw’umuturage ruri mu Kagari ka Mumena, Umurenge wa Nyamirambo, abandi  11 bafatirwa mu Murenge  wa Remera, mu Kagari ka Nyabisindu Umudugudu  wa Gihogere, mu Karere ka Gasabo.

Abo  mu Karere ka Nyarugenge, bafatiwe mu ngo  ebyiri zitandukanye, urugo  rumwe rwarimo abantu 6  urundi rurimo abantu 10.

Bivugwa ko bari mu birori banywa n’inzoga.

Umwe muri bo yemeye ko  yari yatumiye abantu bane  iwe mu rugo aho abana na mugenzi we ari naho bose uko ari 6 bafatiwe.

Mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Remera mu  Kagari ka Nyabisindu, Umudugudu wa Gihongere naho hafatiwe urubyiruko rw’abasore n’inkumi  11 bitabiriye ibirori bya mugenzi wabo   witwa Said.

Polisi yanditse ko nabo bafashwe basangira inzoga.

Said yemeye ko ibyo yakoze bidakwiriye.

Yagize ati  “Abenshi  bari abaturanyi banjye ariko  twari twarengeje umubare w’abantu bagomba kuba muri iyo nzu. Byongeye nta muntu wemerewe gusura undi muri iki gihe, twabirenzeho baradusura gusangira inzoga.”

Umuvugizi wungirije muri Polisi y’u Rwanda, Chief Superintendent of Police (CSP) Africa Sendahangarwa Apollo avuga ko kugira ngo bariya baturage bafatwe byatewe n’amakuru yatanzwe n’abaturanyi babo.

CSP Sendahangarwa Appollo

CSP Appolo ati: “Ab’i Nyamirambo  bafashwe  mu masaha ya saa mbiri z’umugoroba kuri iki Cyumweru tariki ya 24 Mutarama, 2021. N’ubwo batabisobanura ariko bariya bakobwa barimo kwizihiza isabukuru y’amavuko y’umwe muri bo kandi ibyo bintu ntabwo byemewe muri kigihe.”

Polisi ivuga ko bariya bantu icyo bahurizaho ari uko bumva ko kuba bari batumiye abaturanyi babo mu ngo zegeranye ‘nta kibazo kirimo’, bakavuga ko babifataga  nko gusurana nk’abaturanyi bisanzwe.

Ishimira abaturage cyane cyane abo muri Kigali bakora uko bashoboye kugira ngo bakurikize amabwiriza ya Guma mu Rugo, ikavuga ko bitanga icyizere ko Abanyarwanda bazahashya COVID-19

CSP Sendahangarwa yongeye gusaba abantu gusoma neza amabwiriza ari mu myanzuro y’inama y’Abaminisitiri yateranye tariki ya 18 Mutarama, abibutsa ko gusurana bitemewe.

Yavuze ko bariya  bantu bose  bacibwa amande ajyanye no kurenga ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 kandi banipimishe iki cyorezo ku kiguzi cyabo bwite.

TAGGED:featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article CHAN: Amavubi Ntari Bukinishe Bertrand Iradukunda, Yavunitse Imoso
Next Article Kamaro umukinyi wa Film yafatanywe na bagenzibe banywa inzoga barenze kumabwiriza yo kwirinda COVID_19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?