Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyarugenge: Umwuzukuru Arakekwaho Kwica Nyirakuru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Umwuzukuru Arakekwaho Kwica Nyirakuru

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 November 2024 7:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umwuzukuru wo muri uru rugo aravugwaho kwica Nyirakuru(Credit:BTN)
SHARE

Mu Mudugudu wa Gakoni, Akagari ka Nyabugogo mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge haravugwa umukobwa ukurikiranyweho kwica Nyirakuru bapfa imitungo.

Abo mu muryangowa nyakwigendera witwaga Adela Mukantawera, batangarije itangazamakuru rya  BTN ko nta burwayi yari asanzwe afite nubwo yari ageze mu zabukuru.

Umukobwa wa Mukantawera atangaza ko  yamenye amakuru y’urupfu rwa nyina nyuma yuko mubyara we w’i Muhanga  amuhamagaye amubaza niba yaba yamenye ibyabaye.

Undi yamubajije ibyo ari byo,  amusubiza ko umukecuru bamusanze mu nzu yapfuye bagakeka ko bamwishe babanje kumuniga.

Nyuma yo kumva iyo nkuru mbi, yahise anyarukira mu rugo Nyina yabagamo ahageze asanga koko yapfuye, abajije musaza we amubwira ko nawe yabimenye ari uko yinjiye mu nzu agiye kwarura ibiryo atungurwa no kubona umukecuru aryamye hasi atagihumeka.

Ibi byago byabereye mu Murenge wa Kigali, Akagari ka Nyabugogo mu Karere ka Nyarugenge

Umuhungu wa nyakwigendera wamubonye bwa mbere yapfuye yabwiye itangazamakuru ko uwo abereye umwishywa witwa Nkurikiyumukiza Elia yari kumwe na ‘mukecuru’ ariko ko noneho bamushakishije ngo bamubaze niba hari icyo yaba akeka cyaba cyamwishe baramubura bituma bakeka ko ariwe wamwishe.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire yihanganishije umuryango wa nyakwigendera.

Yavuze ko iby’urwo rupfu yabyumvise kandi ko hatangiye iperereza ngo hamenyekane byinshi kuri rwo.

Ukekwaho kwica Nyirakuru nawe yari agishakishwa.

CIP Gahonzire ati: “ Mbere na mbere ndihanganisha umuryango wa nyakwigendera. Amakuru twayamenye, nyuma yuko abaturage bayatubwiye natwe tukihutira kuhagera tugasanga aribyo koko yapfuye. Iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko ashobora kuba yishwe anizwe”.

CIP Gahonzire yagiriye inama abaturage muri rusange ngo birinde kwishora mu makimbirane ahubwo bagane ubuyobozi igihe hari ufitanye ibibazo na mugenzi we kandi bakaba bananiwe kubyikemurira.

Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe mu Bitaro bya Kacyiru gukorerwa isuzumwa ngo hamenyekane icyamwishe.

Ubwumvikane buke ku mitungo ku bashakanye n’abafitanye isano ni imwe mu mpamvu zikomeye kenshi zitera ubwicanyi hagati yabo.

Nibwo mpamvu kandi nini ikunze guteza gatanya mu bashakanye.

TAGGED:NyarugengeUmukecuruUmwuzukuru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rayon Sports Yaraye Yishimiye Indi Ntsinzi
Next Article Minisitiri W’Ingabo Za Israel Yirukanywe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu Rwanda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?