Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyuma Ya Kanye West, Ikindi Cyamamare Muri Basket Kibasiye Abayahudi Bigikoraho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Nyuma Ya Kanye West, Ikindi Cyamamare Muri Basket Kibasiye Abayahudi Bigikoraho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 November 2022 10:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu bakinnyi beza ba Basket muri Amerika witwa Kyrie Irving yahagaritswe mu ikipe yakiniraga yitwa Brooklyn Nets nyuma yo gushyira amagambo ku rukuta rwa Amazon aho yashimagizaga ibyavuze kuri filimi yo mu  mwaka wa  2018 yiswe  ‘Hebrews to Negroes: Wake Up Black America’.

Iyi filimi ivugwaho gushaka kwangisha Abayahudi Abirabura bo muri Amerika.

Ni filimi yavuzweho kwerekana urwango ku Bayahudi.

Kuri uyu wa Kane taliki 03, Ugushyingo, 2022 nibwo ubuyobozi bw’ikipe Brooklyn Nets bwatangaje ko bubaye buhagaritse umukinnyi wayo ukomeye witwa Kyrie Erving kuko ngo ibyo yanditse bidakwiye.

Byunzemo ko n’undi byaba byarababaje nawe yamufatira umwanzuro ashaka.

Bidatinze ikigo gikora imyambaro ya siporo kitwa Nike nacyo cyatangaje ko gihagaritse imikoranire na Irving.

Ubuyobozi bw’ikipe y’uyu mugabo bwari buherutse kumubariza kuri Twitter niba yemera ko ibyo yanditse kuri ya paji twavuze haruguru yemera ko ari ukwibasira Abayahudi, ariko undi atinda gusubiza.

Muri ya Filimi igiye gucisha bugufi Irving hari aho abayikoze bavugaga ko hari bamwe mu bayobozi bakomeye mu Bayahudi basenga shitani, iyi ikaba ari interuro yababaje benshi mu Bayahudi.

Kuba Kyrie Irving yaragize icyo avuga kuri filimi itavugwaho rumwe kandi ikagira abo ikomeretsa, bishobora kuba ari byo byamukozeho.

Nyuma yo kubona ko ibintu bikomeye, Kyrie Irving yasabye imbabazi, avuga ko ababajwe cyane n’ibyo yakoze.

Umuyobozi w’Ikipe ye witwa Sean Marks yavuze ko gusaba imbabazi kwa Kyrie Irving ari intambwe nziza ariko ko idahagije.

Ngo ntibiri butume akomorerwa gukina kuko ataruzuza ibisabwa byose ngo asane ibyangijwe n’ibikorwa bye.

Yaharitswe kuzakina imikino itanu kandi ngo hagati aho nta mushahara azahabwa.

Ku rundi ruhande, ikigo Nike nacyo cyahagaritse imikoranire nawe.

Nk’ubu ibyo kumurika urukweto bise Kyrie 8 bari baramukoreye ngo arwamamaze byahagaritswe.

Imikoranire yari afitanye na Nike nayo yahagaze

Ibyo kwibasira Abayahudi bimuvuzweho nyuma y’uko ikindi cyamamare kitwa Kanye West nacyo gifungiwe amazi n’umuriro nyuma yo gutangaza ko Abayahudi ari bo nyirabayazana w’ubukene bwa benshi kubera ko ngo ari bo biganje mu bigo bikomeye bikora umuziki na siporo muri Amerika.

Mu gihe gito ibigo binini byari bifitanye nawe amasezerano afite agaciro ka Miliyari $1.5 byahise biyahagarika aba ahombye atyo!

Kanye West ari guhomba cyane
TAGGED:AbayahudiAmadolariBasketfeaturedKanyeKyrieUmukino
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Abayobora Amashuri Barasabwa Kuyabungabungira Umutungo
Next Article Amasomo Agiye Gusubukurwa Muri IPRC-Kigali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?