Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyuma Ya Kanye West, Ikindi Cyamamare Muri Basket Kibasiye Abayahudi Bigikoraho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Nyuma Ya Kanye West, Ikindi Cyamamare Muri Basket Kibasiye Abayahudi Bigikoraho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 November 2022 10:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu bakinnyi beza ba Basket muri Amerika witwa Kyrie Irving yahagaritswe mu ikipe yakiniraga yitwa Brooklyn Nets nyuma yo gushyira amagambo ku rukuta rwa Amazon aho yashimagizaga ibyavuze kuri filimi yo mu  mwaka wa  2018 yiswe  ‘Hebrews to Negroes: Wake Up Black America’.

Iyi filimi ivugwaho gushaka kwangisha Abayahudi Abirabura bo muri Amerika.

Ni filimi yavuzweho kwerekana urwango ku Bayahudi.

Kuri uyu wa Kane taliki 03, Ugushyingo, 2022 nibwo ubuyobozi bw’ikipe Brooklyn Nets bwatangaje ko bubaye buhagaritse umukinnyi wayo ukomeye witwa Kyrie Erving kuko ngo ibyo yanditse bidakwiye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Byunzemo ko n’undi byaba byarababaje nawe yamufatira umwanzuro ashaka.

Bidatinze ikigo gikora imyambaro ya siporo kitwa Nike nacyo cyatangaje ko gihagaritse imikoranire na Irving.

Ubuyobozi bw’ikipe y’uyu mugabo bwari buherutse kumubariza kuri Twitter niba yemera ko ibyo yanditse kuri ya paji twavuze haruguru yemera ko ari ukwibasira Abayahudi, ariko undi atinda gusubiza.

Muri ya Filimi igiye gucisha bugufi Irving hari aho abayikoze bavugaga ko hari bamwe mu bayobozi bakomeye mu Bayahudi basenga shitani, iyi ikaba ari interuro yababaje benshi mu Bayahudi.

Kuba Kyrie Irving yaragize icyo avuga kuri filimi itavugwaho rumwe kandi ikagira abo ikomeretsa, bishobora kuba ari byo byamukozeho.

- Advertisement -

Nyuma yo kubona ko ibintu bikomeye, Kyrie Irving yasabye imbabazi, avuga ko ababajwe cyane n’ibyo yakoze.

Umuyobozi w’Ikipe ye witwa Sean Marks yavuze ko gusaba imbabazi kwa Kyrie Irving ari intambwe nziza ariko ko idahagije.

Ngo ntibiri butume akomorerwa gukina kuko ataruzuza ibisabwa byose ngo asane ibyangijwe n’ibikorwa bye.

Yaharitswe kuzakina imikino itanu kandi ngo hagati aho nta mushahara azahabwa.

Ku rundi ruhande, ikigo Nike nacyo cyahagaritse imikoranire nawe.

Nk’ubu ibyo kumurika urukweto bise Kyrie 8 bari baramukoreye ngo arwamamaze byahagaritswe.

Imikoranire yari afitanye na Nike nayo yahagaze

Ibyo kwibasira Abayahudi bimuvuzweho nyuma y’uko ikindi cyamamare kitwa Kanye West nacyo gifungiwe amazi n’umuriro nyuma yo gutangaza ko Abayahudi ari bo nyirabayazana w’ubukene bwa benshi kubera ko ngo ari bo biganje mu bigo bikomeye bikora umuziki na siporo muri Amerika.

Mu gihe gito ibigo binini byari bifitanye nawe amasezerano afite agaciro ka Miliyari $1.5 byahise biyahagarika aba ahombye atyo!

Kanye West ari guhomba cyane
TAGGED:AbayahudiAmadolariBasketfeaturedKanyeKyrieUmukino
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Abayobora Amashuri Barasabwa Kuyabungabungira Umutungo
Next Article Amasomo Agiye Gusubukurwa Muri IPRC-Kigali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?