Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyuma Yo Koroza Abaturage, Croix Rouge Igiye Gutera Inkunga Imishinga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyuma Yo Koroza Abaturage, Croix Rouge Igiye Gutera Inkunga Imishinga

admin
Last updated: 21 June 2021 1:02 pm
admin
Share
smart
SHARE

Croix Rouge y’u Rwanda ikomeje kugira uruhare mu guhindura ubuzima bw’abaturage, aho igiye gutanga 150.000 Frw ku miryango yatoranyijwe ngo ishyire mu bikorwa imishinga yahisemo, aherekezwa na 30.000 Frw yo gukemura ibibazo by’ibanze.

Ni igikorwa cyagenewe abaturage basaga 2500 bo mu Ntara y’Iburasirazuba, mu Turere twa Ngoma, Nyagatare, Kirehe na Kayonza. Kizatwara arenga miliyoni 450 Frw, hatabariwemo imirimo itandukanye y’abakorerabushake ba Croix Rouge.

Ni ibikorwa bigamije gufasha abaturage kwiteza imbere mu buryo burambye, bikubiye mu mushinga BAHIA (Belgian Alliance for Humanitarian International Action), Croix Rouge y’u Rwanda irimo gukora ku nkunga y’u Bubiligi na Croix Rouge y’icyo gihugu.

Hari byinshi Croix Rouge imaze gukora

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu Ntara y’Iburasirazuba bamaze igihe bakorana na Croix Rouge, urugero ni mu Mudugudu wa Gatoki, Akagari ka Shyogo mu Murenge wa Nyamirama, ni mu Karere ka Kayonza.

Aha hatanzwe inka mu mwaka wa 2007, zimaze guhindura imibereho y’abaturage mu buryo bugaragara. Hari n’ibikorwa byinshi byakozwe mu nzego zirimo isuku n’isukura, kurwanya imirire mibi no kurwanya ubukene.

Ngerageze Peterson wahawe inka, yavuze ko mbere yahingaha ntiyeze ariko ubu abona ifumbire yo gukoresha mu buhinzi bwe. Ahamya ko yabonye uburyo bumufasha kubona amafaranga akishyura mituweri n’ibikoresho by’ishuri by’abana be.

Yakomeje ati “Mbere uru rutoki rwari rumaze nabi rwose, hari ahantu h’urutare utatera insina ngo ize, ariko ubu hari insina nziza ifite igitoki kitabura ibilo 100, imirima narahingaga sineze ariko ubu mbasha kweza nkabona umusaruro, nkabasha gutunga umuryango mfite.”

Ni kimwe na Nsengiyumva Damien, ushimangira ko inka yahawe yamufashije kurwanya imirire mibi ku buryo nta mwana we ukirwara bwaki.

- Advertisement -

Ari “Bagiye badukorera ibikorwa byinshi, Croix Rouge yaduhaye amasuka, iduha ibyo kurya mu bihe byari bikomeye mu gihe cya COvid-19, byose byatugezeho kandi mu bufatanye bwa tugirana na Croix Rouge, n’ubu batubwiye koh byinshi bateganya kudukorera.”

“Mu Gatoki aha nta muturage waho udafite ubwiherero, baduhaye amabati twarasakaye, ibyo byose tubikesha Croix Rouge. Ntabwo yigeze ituba kure kandi natwe igihe cyose twiteguye gufatanya nayo.”

Avuga ko kuva Croix Rouge yamuha inka, iwe hatazongera kuba hatari amatungo.

Umuhuzabikorwa wa Croix Rouge y’u Rwanda mu Karere ka Kayonza na Rwamagana, Bwanakweli Murekezi Eugene, yavuze ko uyu mudugudu watoranyijwe ku bufatanye bw’ubuyobozi bwa Leta.

Habanje gukorwa isesengura ku bibazo bihari, biza kugaragara ko abaturage bafite ibibazo by’imirire mibi, ibijyanye n’isuku n’isukura n’ubukene muri rusange.

Ati “Mu bikorwa twakoze hano, icya mbere twatanze inka 97, muri izo nka buri muturage yabonye inka, abatarabashije kuzibona, abazibonye mbere bagiye baziturira abandi. Ubungubu hano hari ingo 112, buri muturage yahawe inka na Croix Rouge y’u Rwanda.”

“Mu bindi bikorwa byakozwe harimo kubaka ubwiherero mu baturage batari babufite, mu ngo 112 birumvikana hari abari babufite, ariko abatari babufite bangana na 89 bose Croix Rouge yabahaye amabati, ku buryo ku bufatanye na za nzego za leta n’abakorerabushake bacu bari ahangaha, bagiye bakora ibikorwa by’umuganda, abatishoboye bakabafasha mu kububakira, ndetse hari n’amabati yabahaye.”

Nyuma hakozwe imirimo yo kubaka uturima tw’igikoni, ku buryo iyo ugeze muri uriya mudugudu usanga abaturage bakungahaye ku mboga. Hubatswe na za kandagirukarabe.

Ubu ikigezweho ni imishinga

Binyuze muri BAHIA, abaturage batoranyijwe bagiye guhabwa inkunga yo kubafasha gushyira mu bikorwa imishinga yabo,

Ni imishinga igamije gufasha abaturage kurenga ingaruka z’icyorezo cya COVID-19, cyahungabanyije imirimo myinshi yari ibatunze.

Bwanakweli yagize ati “Bazahabwa amafaranga yabafasha mu bijyanye no kwiteza imbere, ariko bagahabwa amafaranga mu buryo bwo kuyohererezwa kuri Mobile Money, ku buryo umuturage ari we wenyine ugena ibikorwa agomba gukora, kurusha uko twebwe twamutekerereza.”

Imishinga yatekerejwe n’abaturage yiganjemo iy’ubworozi n’ubucuruzi.

Imiryango yatoranyijwe izahabwa 30.000 Frw yo gukemura ibibazo by’ibanze na 150.000 Frw yo gushyira mu mishinga.

Umuyobozi wa Croix Rouge mu Ntara y’Iburasirazuba, Muhawenimana Jeanne d’Arc, yavuze ko uretse abagenewe inkunga zo gukora imishinga, hari n’ibindi byiciro bizafashwa. Nk’abantu barwaje COVID-19 bagenewe inkunga ya 20.000 Frw.

Ati “Urumva harimo isukari, wa muntu warwajije cyangwa wasigaranye nk’ideni kwa muganga [yayifashisha]. Ni abantu 100 muri buri karere.”

Muri uwomushinga harimo na gahunda yo gufasha amakoperative abiri, kubaka ubukarabiro ku mashuri atanu muri buri karere bufite agaciro ka miliyoni 14 Frw, ndetse hari ibigo by’amashuri byagenewe ibikoresho by’isuku ku bakobwa barenga 200.

Ngerageze avuga ko inka yahawe yahinduye ubuzima bwe
Abaturage basigaye bafite uturima tw’igikoni tugezweho
Utu turima tw’igikoni twarwanyije imirire mibi muri aka gace
Croix Rouge yafashije abaturage kurwanya imirire mibi
Aba mbere 30.000 Frw byamaze kubageraho

 

 

TAGGED:Croix Rouge y’u RwandafeaturedKayonzaKireheNgomaNyagatare
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Cricket: Kenya Na Namibia Zageze Ku Mukino Wa Nyuma w’Irushanwa Ryo Kwibuka
Next Article Sulfo Rwanda Industries Yafunzwe Kubera COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?