Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: OMS/WHO Yasuye Labo YO Mu Bushinwa Ivugwaho Gukora COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

OMS/WHO Yasuye Labo YO Mu Bushinwa Ivugwaho Gukora COVID-19

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 February 2021 9:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abashakashatsi bo mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima ku isi batangiye akazi ko gusuzuma Laboratoire y’i Wuhan bivugwa ko ariyo yakorewemo coronavirus yaje kwitwa COVID-19.

Bari bamaze iminsi ibiri basura kandi bakusanya ibimenyetso bizabafasha gusuzuma niba COVID-19 ikomoka muri kariya gace nk’uko byavuzwe henshi cyane cyane muri USA yayoborwaga na Donald Trump.

Ibi u Bushinwa bwabyamaganiye kure, buvuga ko ntaho iriya Laboratoire ihuriye no kwaduka kwa COVID-19.

Mu minsi ishize akazi kabo bagakoreraga mu isoko riri muri Wuhan ahavugwa ko hashobora kuba haragaragaye umuntu wa mbere wanduye iriya ndwara nyuma yo kurya inyama z’inyamaswa ikekwaho ko yari yanduye coronavirus.

Iyo nyamaswa ikekwa ni agacurama.

Laboratoire ya Wuhan niyo ya mbere ikomeye mu Bushinwa ikora ubushakashatsi kuri za virus zo mu bwoko bwa corona.

Uyoboye ririya tsinda witwa Peter Daszak yabwiye abanyamakuru ko itsinda ayoboye ryiteguye gukora akazi karyo, rikabaza kandi rigasubizwa ibibazo byose rishaka.

Ubushinwa buri mu ihurizo ryo kwemeza OMS ko atari bwo bwaremye COVID-19 bityo bukerekana ko kuba yaratangiriye iwabo byatewe n’abayihazanye.

Ikibazo kizasigara ari ukumenya abo bantu abo ari bo n’icyo bari bagamije.

Ese OMS/WHO hari icyo ishobora kuzabona…

Ni ikibazo buri wese yakwibaza aramutse yibutse ko COVID-19 bivugwa ko yatangiriye mu Bushinwa mu mpera za 2019.

Marion Koopmans umwe mu bahanga ba OMS. Photo@Reuters

Nyuma gato Umunyamabanga wa World Health Organization Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus yashinjwe na USA ko akingira ikibaba u Bushinwa kuri kiriya kibazo!

Abahanga ba WHO bageze i Beijing tariki 14, Mutarama, 2021 kugira ngo bakorane na bagenzi babo bo mu Bushinwa guperereza kugira ngo hamenyekane inkomoka ya coronavirus yiswe COVID-19.

Aha tuributsa abasomyi ko hari andi moko ya coronavirus atari COVID-19 kuko iri ari izina bayise rivuga mu magambo arambuye CoronaVirus Disease 2019.

Byari bitaganyijwe ko abagize itsinda ry’impuguke za WHO bazagera i Beijing mu ntangiriro za Mutarama, 2021 ariko baza gutinzwa n’abategetsi b’i Beijing babasabye kuba baretse kuko ‘hari ibitari byatunganywa’.

Itsinda ry’abahanga b’Abashinwa rigize icyo bise National Health Commission niryo ryateguye uko ririya tsinda zizakora akazi karyo.

Abarigize ntibaratangaza mu buryo burambuye ibya ruriya ruzinduko, ngo rivuge uko bizakorwa n’ahazasurwa.

Ibyo bitari byatunganye nibyo umuntu yakwibaza ibyo ari byo nicyatumye bitinda gutungana.

Mu ntambara y’amagambo yakurikiye iyaduka rya COVID-19 ikaba hagati y’u Bushinwa na USA yaranzwe n’uko ubutegetsi bwa Perezida ucyuye igihe Donald Trump bwashinjaga u Bushinwa ko ari bwo bakoze iriya virus buyikoreye mu cyumba cy’ubutabire( Laboratoire Bio-Chimique) kiri i Wuhan mu Ntara ya Wubei.

Ubushinwa bwo bavugaga ko iriya virus yadutse mu bantu bariye inyama z’ibikoko bisanzwe biyifite mu mibiri yabyo.

Mu mpera z’Ukuboza, 2020 hari umwe mu bahanga mu binyabutabire wakoraga mu cyumba cy’ubutabire cya Wuhan wabwiye BBC ko yiteguye kuzatanga ubuhamya bw’uko iriya virus yacitse abahanga bari barayikoze bayibika muri kiriya cyumba, ibona uko ikwira mu bantu.

Prof Shi Zhengli yavuze ko amahanga agomba kumenya ukuri ku ikwirakwira ry’iriya virus yaje kuvamo icyorezo ubu kimaze kwica abantu babarirwa muri za miliyoni.

 

TAGGED:BushinwaCOVIDfeaturedOMSTedrosUSAWuhan
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Prof A. Lyambabaje Uzayobora Kaminuza Y’u Rwanda ‘Yavukiye I Bwami’
Next Article Minisitiri Soraya na Gatete Mu Ba Mbere RwandAir Yajyanye i Bangui
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?