Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Asanga EAC Ikwiye Kwihaza Ku Mari Yo Gushora Mu Mishinga Yayo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Asanga EAC Ikwiye Kwihaza Ku Mari Yo Gushora Mu Mishinga Yayo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 December 2022 7:52 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ijambo yagejeje ku bagize Inteko ishinga amategeko y’Umuryango w’Afurika y’i Burasirazuba, Perezida Kagame yavuze ko kuba uyu muryango udafite imari yawo wigengaho kandi ihagije, bikoma mu nkokora imishinga wihaye.

Avuga ko ibihugu bigize uyu Muryango bikeneye amafaranga ahagije kugira ngo bishobore gushyira mu bikorwa imishinga yabyo  bitabaye ngombwa ko bitegereza amafaranga y’abandi.

Ku rundi ruhande, Umukuru w’u Rwanda avuga ko ari ngomba ko n’amafaranga make ahari, ashorwa aho yagenewe, ntatagaguzwe.

Yagarutse no ku kibazo cy’uko imbogamizi ziterwa n’uko urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’i Burasirazuba rutaratungana.

Ngo biterwa n’uko hari ibitaratungana muri za gasutamo kandi bigira ingaruka ku bucuruzi muri rusange.

Perezida Kagame avuga ko kugira ngo ibintu bitarajya mu buryo mu byo ibihugu bigize aka karere byeremeranyijweho bizagerweho, ngo ni ngombwa ko habaho ubushake bwa Politiki kandi ibyemeranyijweho bigashyirwa mu bikorwa.

Iyo arebye imbere, Perezida Kagame asanga hatazabura ibibazo, ariko ko muri ibyo bibazo hatazabura ibisubizo bivamo.

Abadepite ba EAC bamaze igihe mu Rwanda mu rwego rwo kuhateranira nk’uko bisanzwe bigenwa n’imikorere y’iriya nteko kuko buri gihugu[igihe bishoboka] kiba kigomba kwakira inama

Ibi kandi ngo bigira ingaruka ku bucuruzi.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko ejo hazaza hazazana n’ibibazo by’aho ariko ngo ibyo bibazo ntibizabura no gutanga amahirwe y’ikindi cyangwa ibindi byakorwa ngo imibereho y’abatuye Afurika muri rusange n’abatuye u Rwanda by’umwihariko ibe myiza.

Abahagarariye Repubulika ya Demukarasi ya Congo ntibitabiriye imirimo y’iyi nama kubera ko, nk’uko Perezida wa EALA Hon Martin Ngoga yabitangaje, Inteko ya DRC ntiragena abayihagararira muri EALA.

Indi nkuru bifitanye isano wasoma:

Kutishyura Umusanzu Mu Ngengo Y’Imari Ya EAC Byabaye Amateka- Hon Martin Ngoga

TAGGED:EACEALAfeaturedImariKagameNgogaUmusanzu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibigo 51 Byasabye RDB Kubikura Ku Rutonde Rw’Ibikora Ubucuruzi
Next Article DRC: Abaturage Batwitse Imodoka Za MONUSCO
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abanya Israel Ba Mbere Batwawe Na Hamas Barekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Israel: Baritegura Kwakira Trump Nk’Umwami

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?