Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 August 2025 7:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika yatangaje ko we n’umuryango we bamenye inkuru mbi ko Ambasaderi Dr. Aisa Kirabo Kacyira yitabye Imana kandi ko bifatanyije n’umuryango we n’Abanyarwanda bose muri rusange muri iki gihe cy’akababaro.

Iby’urupfu rwa Kirabo byamenyekanye kuwa 12, Kanama, 2025.

Yakoze byinshi mu Rwanda no mu mahanga akaba yarazize uburwayi yari amaranye igihe.

Yatabarutse afite imyaka 61 y’amavuko akaba yashyinguwe kuri uyu wa Kabiri Tariki 19, Kanama, 2025 mu irimbu rya Rusororo mu Karere ka Gasabo.

Ubwo yasezerwagaho bwa nyuma mu muhango wo kumusengera bwa nyuma wabereye mu Itorero rya Christian Life Assembly [CLA] yari abereye umunyamuryango, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi, Gasamagera Wellars nibwo yagejeje kubo mu muryango we ubutumwa bwa Perezida Kagame bw’uko umuryango we wababajwe n’urupfu rwa Kirabo.

Gasamagera ati: “Ku muryango wa nyakwigendera Dr. Aissa Kirabo Kacyira. Nyakubahwa Perezida wa Repubulika n’Umuryango we bamenye inkuru mbi ko Dr. Aissa Kirabo Kacyira yitabye Imana. Bifatanyije n’umuryango we n’Abanyarwanda bose muri rusange muri iki gihe cy’akababaro. Ubuzima bwa Dr. Aisa Kirabo Kacyira bwaranzwe n’ubutwari, umurimo unoze no gukunda igihugu”.

Ati: “Nk’umukozi wa Leta mu Rwanda ndetse no mu nshingano zitandukanye yagiye ahabwa mu ruhando mpuzamahanga, yakomeje kurangwa no guharanira agaciro n’imibereho myiza y’abaturage. Abanyarwanda bazahora bamwibukira ku kwitanga atizigama nk’umurage adusigiye.”

Yakomeje asoma agira ati “Nyakubakwa Perezida wa Repubulika n’Umuryango we bahumurije umuryango we wose muri ibi bihe bitoroshye. Babifurije gukomera no gukomeza kuvoma imbaraga mu bikorwa byiza byaranze ubuzima bwa Dr Kacyira. Imana imuhe iruhuko ridashira”.

Nyakwigendera yakoze mu bihugu bitandukanye birimo Benin, Togo, Sierra Leone, Côte d’Ivoire, Liberia na Somalia aho yaguye azize uburwayi.

Kuva mu mwaka wa 2023, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres yagize Kacyira Umuyobozi w’Ibiro by’uyu muryango bishinzwe gushyigikira ubutumwa bw’amahoro muri Somalia (UNSOS).

Ambasaderi Kacyira yari afite impamyabushobozi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza mu bijyanye na ’Veterinary Science in Animal Production and Economics’ yakuye muri Kaminuza ya James Cook muri Australia, n’iy’icyiciro cya kabiri mu buvuzi bwa ’Veterinary Medicine’ yakuye muri Kaminuza ya Makerere muri Uganda.

TAGGED:featuredKacyiraKagameKiraboKumushyinguraPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA
Next Article MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Nyuma Y’Imyaka Babana, Sonia Rolland Yakoze Ubukwe Ashagawe N’Abakobwa Be

Drone Y’Ingabo Za DRC Yagabye Igitero Ku Birindiro Bya AFC/M23

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Yabwiye UN Ko Igihe Kigeze Afurika Igahagararirwa Mu Kanama Kayo K’Umutekano

Ambasaderi Nyamvumba Yahaye Rayon Sports Umukoro

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

You Might Also Like

IbidukikijeMu mahangaUbumenyi N'Ubuhanga

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Hatangijwe Ihuriro Ry’Abashoramari Bo Mu Bwongereza Bakorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Ivuga Ko Isiganwa Rya UCI Ryasukuye Ikirere Cya Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukunguUmutekano

RIB Yavumbuye Amayeri Akomeye Bakoresha Biba Amadolari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?