Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi Wa Banki Ikomeye Muri Aziya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi Wa Banki Ikomeye Muri Aziya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 September 2024 6:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Paul Kagame yaraye aganiriye na Jin Liqun  uyobora Banki ya Aziya iteza imbere ishoramari mu bikorwa remezo yitwa mu Cyongereza Asian Infrastructure Investment Bank (AIIB).

Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda  Village Urugwiro bivuga ko Perezida Kagame na Jin Liqun baganiriye ku mikoranire ihari muri iki gihe no mu gihe kizaza  hagati y’u Rwanda n’iyi Banki.

Kugeza ubu imikoranire hagati y’u Rwanda n’iyi Banki ishingiye k’uguteza imbere ikoranabuhanga, kugera kuri serivisi z’imari no kunoza urwego rw’ingufu.

Ibiganiro bya mbere hagati ya Perezida Kagame n’ubuyobozi bw’iyi Banki byabereye muri Kenya ubwo yari mu Nama yari yateguwe na Banki Nyafurika y’Iterambere (AfDB).

Icyakora imikoranire y’u Rwanda n’iyi Banki yatangiye mu mwaka wa 2019 ubwo rwabaga umunyamuryango wayo, icyo gihe u Rwanda rukaba rwaremerejwe mu nama y’ubutegetsi ngarukamwaka ya kane y’iyo banki, yaberaga muri Luxembourg.

Ni nabwo Bénin na Djibouti nabyo byabaye umunyamuryango.

Gushingwa kw’iyi Banki kwabaye mu mwaka wa 2015 ku gitekerezo cy’Ubushinwa.

Ifite imari shingiro ya miliyari $100 ni ukuvuga kimwe cya kabiri cy’imari shingiro ya Banki y’Isi.

Ni Banki ikomeye cyane ku buryo ivugwaho kuba yahangana ku isoko ry’imari mpuzamahanga n’ibindi bigo nka Banki y’isi n’Ikigega mpuzamahanga cy’imari, IMF.

Jin Liqun

Kugeza muri uyu mwaka, iyi banki imaze gutanga inguzanyo zirenga miliyari $ 8.5 mu bihugu binyamuryango, ikaba ahanini ishorwa mu kubaka imishinga 46 y’ibikorwa remezo.

TAGGED:BankifeaturedImariKagameUbushinwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abagore B’I Shyogwe Bashyiriweho Isaha Batarenza Bari Mu Kabari
Next Article Polisi Irasaba Abamotari Kugira Isuku
1 Comment
  • Isma says:
    05 September 2024 at 8:16 am

    Ni byiza cyane ndizera ubutaha IMF nizindi zizagenda buhoro mu kudutegeka icyo tugomba gukora. Ntureba abandi bayobozi ureke babandi bagenda mundege badahinduye nibyi bavanye iwabo hafi amasaha 24hrs y’urugendo ukibaza icyabajyanye? Guhangana gusa bitagira umumaro nicyo baremewe.

    Reply

Leave a Reply to Isma Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?