Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yasabye Afurika Kuvuga Mu Ijwi Rimwe Ku Ikwirakwizwa ry’Inkingo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yasabye Afurika Kuvuga Mu Ijwi Rimwe Ku Ikwirakwizwa ry’Inkingo

taarifa@media
Last updated: 01 March 2021 7:16 pm
taarifa@media
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze umugabane wa Afurika ukwiye kuvuga mu ijwi rimwe ku bijyanye n’ikwirakwizwa riboneye ry’inkingo, mu gihe hakomeje kugaragara ibihugu bikize byiharira inkingo za COVID-19 zigenda ziboneka ku isoko.

Ni ubutumwa yatanze mu nama ya kabiri ya Aswan Forum, ihuriro rigamije amahoro arambye n’iterambere. Ni inama yateguwe n’igihugu cya Misiri, kuri iyi nshuro harebwa ku buryo bwo kurenga icyorezo cya COVID-19 n’ingaruka zacyo.

Perezida Kagame yavuze ko icyo cyorezo cyatumye hagaragara akamaro ko kugira uburyo bwo kwishakamo ubushobozi bugenewe inzego z’ubuzima nk’umugabane.

Yakomoje kuri raporo aheruka kugeza ku Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe nk’intumwa yashinzwe gukurikirana uburyo bwo kwishakamo ubushobozi, avuga ko iby’ingenzi bihari mu gufasha za guverinoma, bitari gusa mu gukoresha amafaranga ahagije, ahubwo no kuyakoresha neza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yagarutse ku kamaro k’ubufatanye bw’umugabane, atanga urugero ku buryo Ikigo Nyafurika Gishinzwe Ubuzima, Africa CDC, cyagaragaje umusaruro muri ibi bihe, gifasha mu kubona ibikoresho byo gupima COVID-19 no kubikwirakwiza.

Aho hiyongeraho n’uruhare kigira mu gushaka no kugura inkingo z’icyo cyorezo.

Yakomeje ati “Tugomba kurushaho kongerera imbaraga Africa CDC kugira ngo ibashe kugira ubwisanzure no gutanga umusaruro. Ndasaba kandi ibihugu binyamuryango gushyira umukono no kwemeza burundu amasezerano ashyiraho Ikigo Nyafurika Gishinzwe Imiti, kugira ngo gitangire gukora vuba bishoboka.”

“Icya gatatu, tugomba kongera imbaraga mu gushyira mu bikorwa gahunda y’isoko rusange rya Afurika nk’uburyo bw’ingenzi bwatuma twongera kwiyubaka neza.”

Perezida Kagame yavuze ko muri urwo rwego, gushyiraho uburyo bwakoroshya kugerwaho n’ibikorwa bijyanye n’ikorwa ry’imiti, ari ingenzi cyane ku hazaza h’urwego rw’ubuzima muri Afurika.

- Advertisement -

Yakomeje ati “Icya nyuma, Afurika ikwiye kuvuga mu ijwi rimwe ku kamaro k’uburinganire bukwiye kuba mu gukwirakwiza inkingo ku rwego rw’isi, haba muri iki gihe no mu kizaza.”

Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, WHO, Dr Tedros Ghebreyesus, aheruka gutangaza ko hari ibihugu bikize bigirana amasezerano n’inganda zikora inkingo za COVID-19, abangamira ayemejwe binyuze muri COVAX, gahunda igamije gufasha ibihugu bikennye kubona inkingo z’icyo cyorezo.

Ni igikorwa perezida Kagame yise uburyarya no kwikunda.

Mu gihe ibihugu byinshi byatangiye gukingira COVID-19, hari impungenge z’uko umubare munini w’inkingo ukomeje kwiharirwa n’ibihugu bikize. Ni mu gihe WHO yiyemeje ko gahunda yo gukingira abakozi bo mu nzego z’ubuzima n’abakuze, mu minsi 100 ya mbere y’uyu mwaka igomba kuba yatangiye mu bihugu byose.

Aswan Forum kuri iyi nshuro yatumiwemo abakuru b’ibihugu bitandukanye birimo u Rwanda, Sudani y’Epfo, Gabon, Senegal, Burkina Faso, Zimbabwe, Madagascar, Guinea-Bissau n’u Burundi.

TAGGED:featuredKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bartomeu Wahoze Ayobora FC Barcelone Yatawe Muri Yombi
Next Article Urukiko Rw’Ikirenga Rwimutse, Ubushinjacyaha Nibwo Butahiwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?