Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yashyizeho Minisitiri Mushya Ushinzwe Umutekano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yashyizeho Minisitiri Mushya Ushinzwe Umutekano

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 December 2021 4:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itangazo rivuye mu Biro bya Minisitiri w’Intebe ritangaza ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu bubasha ahabwa n’Itegeko nshinga, yashyizeho Bwana Alfred Gasana nka Minisitiri mushya ushinzwe Umutekano mu Rwanda.

MInisiteri y’Umutekano yaherukaga kuyoborwa na Gen Patrick Nyamvumba, wakuweho na Perezida Paul Kagame ku wa 27 Mata 2020 nyuma y’amezi atanu gusa ayiyobora, kubera amakosa ajyanye n’inshingano ze yari arimo gukorwaho iperereza.

Yahise asubira gukorera ku Cyicaro Gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda.

Ni Minisiteri yasubijweho mu mwaka wa 2019 nyuma y’imyaka itatu yari imaze isheshwe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ku wa 4 Ukwakira 2016 ubwo Perezida Kagame yashyiragaho Guverinoma nshya, inshingano n’ububasha bya Minisiteri y’Umutekano byimuriwe muri Ministeri y’Ubutabera.

Mbere yayo iyi Minisiteri yayobowe na Sheikh Musa Fazil Harerimana, ubu ni visi Perezida w’Inteko ishinga amategeko umutwe w’Abadepite.

Ibyo twamenye kuri Alfred Gasana…

Alfred Gasana yigeze kuyobora Urwego rw’igihugu rw’iperereza n’umutekano rwitwa National Intelligence and Security Services ( NISS).

 Hari andi makuru avuga ko yigeze kuba Umudepite ndetse ashingwa kuyobora Komisiyo ya Politiki.

- Advertisement -

Abamuzi bavuga ko ari umugabo wicisha bugufi, kandi ugira urugwiro.

Kuba u Rwanda rufite Minisiteri y’umutekano muri iki gihe ni ikintu gikomeye.

Iyo urebye uko abenshi mu baturanyi barwo bafite abo babana nabo bashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda, usanga kugira Minisiteri nk’iyi ari ngombwa.

Perezida Paul Kagame yigeze kuvuga ko abantu banga u Rwanda bibeshya kuko rubafitemo amakuru ahagije.

Icyo gihe yari arimo asubiza umunyamakuru wamubajije niba u Rwanda rudakoresha Pegasus ngo runeke abanzi barwo.

Yavuze ko n’abo bashinja u Rwanda bishoboka ko amakuru bayabona mu kuneka, bityo ko kuneka ubwabyo nta kibazo kirimo.

Icyo gihe yagize ati “… Iyo bambaza ngo u Rwanda ruraneka, igisubizo barakizi ntabwo bagomba kumbaza, kuko bo ubwabo, inzego cyangwa abantu baraperereza, bagakurikirana abantu bakeneye kumenyaho ibyo bashaka kumenya, binyuze mu buryo butandukanye.”

“Icyo ni icya mbere, ariko niba urimo kuvuga ngo waba uperereza ukoresheje ubu buryo, igisubizo ni Oya nini, oya, mu nyuguti nkuru, twarabibabwiye.”

Perezida Kagame yabwiye abanyamakuru ko nta gihugu kidacyenera amakuru ku banzi bacyo

Perezida Kagame yanavuze ko u Rwanda rwasabye abo bashinja u Rwanda ko bajya kubaza abakoze buriya buryo, kuko bazababwira ababukoresha n’abatabukoresha.

Yavuze ko u Rwanda ruzakomeza gukora icyo rubona ko ari cyiza, rusobanure ibiruvugwaho bitari byo.

TAGGED:featuredGasanaKagameMinisitiriUmutakano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyarwanda Yarasiwe Muri Uganda Arapfa
Next Article Avuga Ko Bidakwiye Ko Ikinyabiziga Cy’Uwanyoye Inzoga Agatwara Gifungwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?