Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yasoje Manda Nk’Umuyobozi Wa EAC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Perezida Kagame Yasoje Manda Nk’Umuyobozi Wa EAC

taarifa@media
Last updated: 27 February 2021 10:23 pm
taarifa@media
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yasoje manda nk’umuyobozi w’inama y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, asimburwa na Perezida Uhuru Kenyatta uyobora Kenya.

Mu nama ya 21 yahuje abakuru b’ibihugu bya EAC mu buryo bw’ikoranabuhanga, byemejwe ko Kenya ariyo iyobora umuryango isimbuye u Rwanda, u Burundi bukaba umwanditsi, ari nabwo buzafata intebe y’ubuyobozi nyuma ya Kenya.

Muri iyo nama hemejwe Dr. Peter Mathuki wo muri Kenya nk’umunyamabanga mukuru mushya wa EAC, muri manda y’imyaka itanu idashobora kongerwa izatangira ku wa 25 Mata. Azasimbura Umurundi Liberat Mfumukeko usoje manda.

Mu ijambo Perezida Kagame yagejeje kuri bagenzi be, yabashimiye ubufatanye bamugaragarije mu gihe u Rwanda rwari ruyoboye umuryango. Ni umwaka wabayemo ingorane nyinshi, zishingiye ku cyorezo cya COVID-19.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yakomeje ati “Inzego zacu z’ubuzima zahuye n’ingorane kurusha uko byigeze kubaho mbere, haba ihungabana ry’ingendo n’ubucuruzi ku rwego rugaragara. Ibi byagize ingaruka ku mibereho myiza y’abaturage bacu.”

“Ariko nanone, ingero nziza z’ubufatanye twabonye binyuze mu nzego z’umuryango wacu wa Afurika y’Iburasirazuba zagize uruhare mu guhangana n’ingaruka z’icyorezo. Icyerekezo cyacu ubu gikwiye kuba kongera kwiyubaka kurusha uko byari bimeze mbere, hakabaho imikoranire ya hafi nk’akarere nk’inkingi ikomeye y’ukudaheranwa n’ibibazo n’uburumbuke bwacu.”

Iyo nama kandi yasuzumye raporo ku buryo bwo kwinjiza Sudani y’Epfo mu bikorwa byose by’umuryango, inanzura ko hihutishwa isuzumwa harebwa niba Somalia na yo yakwakirwa mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Umwanzuro wa munani wafatiwe muri iyo nama kandi uvuga ko yasuzumye ubusabe bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) yasabye kwinjira mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, isaba inama y’baminisitiri gusuzuma ibiteganywa n’amategeko ya EAC ku kwakira umunyamuryango mushya, ikazatanga raporo mu nama ya 22.”

Iyo nama yitabiriwe na Perezida Kagame, Uhuru Kenyatta wa Kenya, Évariste Ndayishimiye w’u Burundi, Salva Kiir Mayardit wa Sudani y’Epfo, Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda na Visi Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan wari uhagarariye Perezida Dr. John Pombe Joseph Magufuli.

- Advertisement -

Bashimiye Perezida Kagame ku byagezweho mu gihe amaze ayobora uyu muryango.

Perezida Kagame yayoboye inama ya nyuma nk’umuyobozi w’inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC

TAGGED:featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu Basaga 60 Bafashwe Batashye Ubukwe i Gatsibo
Next Article Muhumuza Richard Na Mugeni Bashyizwe Mu Bacamanza b’Urukiko Rwa EAC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?